• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Rwanda rugeze he rwishyura miliyoni 400$ zirimo izubatse Kigali Convention Centre?

U Rwanda rugeze he rwishyura miliyoni 400$ zirimo izubatse Kigali Convention Centre?

Ubwanditsi 04 Apr 2019 UBUKUNGU

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko iri kwishyura neza inguzanyo ya miliyoni 400 z’amadolari yafashe mu 2013 ngo ishore mu mishinga y’iterambere, nko kubaka Kigali Convention Centre no kwagura Sosiyete ya RwandAir.

Iyo nguzanyo u Rwanda rwayifashe izishyurwa kugeza mu 2023.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana yabwiye Rwanda Today, ko nta kibazo kiri mu kwishyura uwo mwenda.

Yagize ati “Turi kwishyura neza cyane. Ntabwo twigeze twishyura nabi kandi abashoramari bacu barishimye. Twizeye ko tuzarangiza kwishyura mu gihe cyagenwe.”

Dr. Ndagijimana yavuze ko kuzura kwa Kigali Convention Centre no kuba ikomeje kwakira inama mpuzamahanga, byagize akamaro gakomeye ku kwishyura neza iryo deni.

Ati “Kuva yafungura imiryango ntabwo yigeze iba aho idafite ibikorwa biyiberamo. Twakira inama zisaga ijana buri mwaka.”

Zimwe mu nama zikomeye Kigali Convention Centre yakiriye harimo inama y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Transform Africa, Inama ya polisi mpuzamahanga Ishami rya Afurika n’Inama iherutse y’abayobozi b’ibigo muri Afurika, Africa CEO Forum.

Izo nama hamwe n’izindi zitandukanye zakuruye abashyitsi baturutse amahanga yose, bituma igihugu cyinjiza amafaranga menshi aturutse mu bukerarugendo bushingiye ku nama.

Uhereye mu Ukuboza umwaka ushize, mu Rwanda haje abashyitsi 30 000 bitabiriye inama mpuzamahanga, birwongerera icyizere nk’ahantu heza ho gukorera inama.

Kuva mu 2008 kugeza mu 2017, amafaranga ava mu bukerarugendo bushingiye ku nama yiyongereye ku kigero cya 180 % .

Mu mwaka wa 2017 u Rwanda rwinjije miliyoni 42 z’amadolari avuye mu bukerarugendo bushingiye ku nama, uyu mwaka rurateganya kwinjiza miliyoni 88 z’amadolari nk’uko byatangajwe n’Ikigo gishinzwe kumenyekanisha ubukerarugendo bushingiye ku nama (Rwanda Convention Bureau).

Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari, IMF gitangaza ko amadeni y’u Rwanda ageze kuri 40 % by’umusaruro mbumbe w’igihugu, ahanini kubera imishinga minini nka Kigali Concention Centre, kwagura RwandAir no kubaka ikibuga cy’indege cya Bugesera.

Ubukungu bw’u Rwanda bwitezweho kuzamuka ku gipimo cya 7.8 % uyu mwaka.

Src: IGIHE

2019-04-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Intego umunani muri 52 z’icyerekezo 2020 nizo zimaze gushyirwa mu bikorwa 100%

Intego umunani muri 52 z’icyerekezo 2020 nizo zimaze gushyirwa mu bikorwa 100%

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Perezida wa banki y’ Isi  yasesekaye mu Rwanda [ YAVUGURUWE ]

Perezida wa banki y’ Isi yasesekaye mu Rwanda [ YAVUGURUWE ]

Ubwanditsi 18 Mar 2017
BPR Atlas Mara yafunguye Ishami ry’Icyicaro gikuru i Kigali ryihariye kuri serivisi z’ikoranabuhanga

BPR Atlas Mara yafunguye Ishami ry’Icyicaro gikuru i Kigali ryihariye kuri serivisi z’ikoranabuhanga

Ubwanditsi 06 Mar 2020
Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim

Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim

Ubwanditsi 03 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yahaye imbabazi  Kizito Mihigo na Ingabire Victoire
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yahaye imbabazi Kizito Mihigo na Ingabire Victoire

Ubwanditsi 15 Sep 2018
Volleyball: Uko amakipe azahura mu mikino ya “Playoffs”
Mu Mahanga

Volleyball: Uko amakipe azahura mu mikino ya “Playoffs”

Ubwanditsi 28 Jun 2016
‘Kuba Amerika yavanye u Rwanda muri AGOA nta gikuba cyacitse’
UBUKUNGU

‘Kuba Amerika yavanye u Rwanda muri AGOA nta gikuba cyacitse’

Ubwanditsi 02 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru