• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda Airlines na politiki zishaje za Museveni

Uganda Airlines na politiki zishaje za Museveni

Editorial 28 Apr 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, yakundaga kuvuga ku bamubanjirije nk’abagaragaje imikorere ishaje, nta mahame afatika bagiraga bagenderaho.

Inyandiko ya James Matsiko mu kinyamakuru Virunga Post ivuga ko umuntu wakurikiye imyaka 33 ya Museveni ku butegetsi guhera mu 1986, yibaza niba uko yagiye afata abandi atari ko nawe akwiye gufatwa kuko agerageza guhishahisha ukuri igihe hari ibibazo bimureba.

Mu mvugo ze yagiye ashyira imbere ko ari umuntu ushyize Afurika imbere, ariko imikorere ikagenda imusanisha na Mobutu Sese Seko wayoboye Zaire.

Imvugo ze zo kwigaragaza neza agamije guhisha ukuri iyo hari ibibazo bishobora kumugonga, yongeye kuzigaragaza muri iki cyumweru ubwo ku kibuga cy’indege cya Entebbe hakirwaga indege ebyiri za Bombadier CRJ900 za Uganda Airlines, zavuye muri Canada.

Ni ijambo ryasaga n’aho arimo kwakira indege z’intambara aho kuba iz’ubucuruzi zitwara abagenzi. Yagize ati “Hari abantu bakunda gutira; ntabwo nshaka kubavuga.”

Museveni yakoresheje iryo jambo avuga igihugu akunze kwibasira iyo hari ibibazo bimwugarije, niba hari uwibuka ubwo yakoreshaga “imungu” cyangwa “amavunja.”

Yongeye kuzamura ibyo gukunda igihugu ashaka guhunga ibibazo uruhuri bikomeje kugaruka kuri Uganda Airlines, akoresha umwanya munini avuga kuri abo “banzi”.

Urugero nko mu nteko ishinga amategeko hamaze iminsi impaka ku igurwa ry’izo ndege ritasubije ikibazo kuri nyirazo, ubwo byari bimaze kujya hanze ko imigabane leta ifitemo iri munsi ya rimwe ku ijana, 99% ikaba iy’abantu ku giti cyabo.

Igitutu cy’abaturage n’abadepite bakomeje gusaba ko ba nyiri iki kigo batangazwa, inkuru yahindutse ko Uganda Airlines ari iya leta.

Ibitekerezo bya Museveni kuri uwo muturanyi yita umwanzi byari bigamije gucecekesha abanya-Uganda n’abadepite babo, bafite ibibazo bakeneye kubaza perezida. Nk’urugero, muri iryo jambo Museveni yagerageje kumvikanisha ko indege yaguze zihariye, ngo ahindure ibitekerezo by’abafata ko yananiwe gusohoza isezerano rye.

Nyamara nta kidasanzwe kuri izo ndege kuko igihugu akoresha umwanya we munini mu guharabika gifite izo ndege hamwe n’izindi zirenzeho, zifite n’ubushobozi bwo gutwara abagenzi benshi kandi mu ntera ndende.

Amayeri ye ntiyabujije abanya-Uganda kujya mu magambo we yibwiraga ko acitse. Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga yagize ati “indege ya mbere y’abagenzi ya Uganda Airlines mu myaka ya 1970 yari Boeing 707-320c 5X-UAC yashoboraga gutwara abari hagati ya 140-219. Imyaka 32 nyuma yaho, mu 2019 turimo guha ikaze Bombadier CRJ 900 ishobora gutwara abagenzi 71-96.”

Bakomeje gukoresha amagambo yagereranyaga ibyagezweho na Museveni n’iby’abo apinga bamubanjirije, ko Museveni yakoze nabi kubarenza bitandukanye n’ibyo avuga ko ubu “Uganda ari igihugu gifite ubukungu buciriritse.”

Undi ati “Ubutegetsi [bwa Museveni] bwasanze Uganda ifite indege 27 n’ikigo cy’indege gikora neza ariko barazibye… ikibuga cy’indege n’izina ry’ikigo cy’indege ubwacyo. Imyaka 33 nyuma yaho, buguze indege ebyiri none burashaka ko tubibyinira.”

Museveni ngo aba ushaka kwiyitirira ikintu cyose cyagenze neza maze ibyapfuye akabihirikira ku bandi, ariko kuri iyi nshuro nta buryo yari kwiyitirira ishema ryo kubyutsa Uganda Airlines ngo yitarutse igisebo ku cyatumye irunduka.

Abonye ntaho yahisha ukuri, ati “Imyumvire yanjye ni uko dushobora kugira ikigo cy’indege cya Afurika y’Iburasirazuba turamutse duhuje ibigo byacu. Imwe mu mpamvu natinze kubyutsa iki kigo ni uko natekerezaga ko dushobora gusangira ibigo by’indege.”

Mu buryo bwo kwigaragaza nk’urengera inyungu z’abaturage basanzwe, yakoresheje imvugo y’uko ibigo by’indege bihari “byavanguraga abagenzi b’abanya-Uganda.”

Umwanditsi yakomeje ati “Ibyo ni ugukunda igihugu kubakiye ku busa: Nta kimenyetso cyerekana ko hari ikigo cy’indege mu karere cyigeze cyishyuza umurengera abanya-Uganda. Ahubwo mu bihe bitandukanye, Museveni yagiye yima abanya-Uganda amahirwe yo kugenda mu ndege badahenzwe.”

Mu myaka ishize nibwo British Airways yafashe icyemezo cyo guhagarika ingendo Entebbe-London ku mpamvu zitatangajwe nubwo iyo nzira yaririmo inyungu. Icyo kigo cyasabye u Rwanda gufata icyo cyerekezo rwanifuzaga nk’uko amakuru abivuga.

U Rwanda rwumvikanye n’u Bwongereza rwibwira ko Uganda “nk’abavandimwe” izabyumva vuba. U Bwongereza bwahaye ikaze RwandAir, ariko ibyabaye ku rundi ruhande byatunguye benshi, cyane cyane Abongereza.

Ubuyobozi bwa Uganda bwanze ko RwandAir ifata abagenzi ku kibuga cya Entebbe bajya mu Bwongereza nubwo nta ndege yakoraga urwo rugendo nta handi ihagaze.

Igitangaje, ubuyobozi bwa Uganda bwahaye ibigo bitandukanye bw’i Burayi uburenganzira bwimye RwandAir, bigakora ingendo zihuza Entebbe n’u Burayi byisanzuye. Nyamara abanya-Uganda bagasabwa kwishyura amafaranga menshi bakanyura ku bibuga bindi by’indege i Burayi, bakabona kugera mu Bwongereza.

Mu yandi magambo, Museveni yarengeraga abanyaburayi ngo badahatana ku isoko n’u Rwanda, akabikora ahungabanya inyungu z’abanya-Uganda basabwa kwishyura ibiciro biri hejuru, bamwe bahagarika kujya mu Bwongereza.

Bamwe mu Bongereza batabyumvaga banashatse kuganiriza Uganda, ariko iti “mutureke tuzabyikemurira n’u Rwanda.” Byatumye RwandAir isaba uburyo bworoshye bwatuma ijyana abagenzi mu Bwonereza kuko Uganda yasobanuraga ko izabyutsa indege yayo “vuba”.

Nubwo Museveni yabyukije Uganda Airlines, urugendo rugana mu Bwongereza ruzakomeza gukorwa n’abanyaburayi kuko indege zaguzwe ari nto cyane ku buryo zitakora ingendo ndende.

Ibyo ngo bikagaragaza ko nubwo yitwaza ibyo gushyira imbere Afurika, Museveni ahubwo akora ibihabanye nabyo anangiza inyungu z’abanya-Uganda, ku buryo ahubwo imikorere ye iri ku rwego rumwe n’urwa Mobutu.

2019-04-28
Editorial

IZINDI NKURU

Martin Ngoga yatorewe kuyobora EALA, Abatanzania n’Abarundi ntibatoye

Martin Ngoga yatorewe kuyobora EALA, Abatanzania n’Abarundi ntibatoye

Editorial 20 Dec 2017
Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Editorial 07 Aug 2020
Umuryango Twubake Ubumwe wongeye Guha Umuganda uwacitse ku icumu rya Jenoside mu Ruhango

Umuryango Twubake Ubumwe wongeye Guha Umuganda uwacitse ku icumu rya Jenoside mu Ruhango

Editorial 23 Nov 2022
Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda

Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda

Editorial 21 Aug 2019
Martin Ngoga yatorewe kuyobora EALA, Abatanzania n’Abarundi ntibatoye

Martin Ngoga yatorewe kuyobora EALA, Abatanzania n’Abarundi ntibatoye

Editorial 20 Dec 2017
Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Editorial 07 Aug 2020
Umuryango Twubake Ubumwe wongeye Guha Umuganda uwacitse ku icumu rya Jenoside mu Ruhango

Umuryango Twubake Ubumwe wongeye Guha Umuganda uwacitse ku icumu rya Jenoside mu Ruhango

Editorial 23 Nov 2022
Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda

Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda

Editorial 21 Aug 2019
Martin Ngoga yatorewe kuyobora EALA, Abatanzania n’Abarundi ntibatoye

Martin Ngoga yatorewe kuyobora EALA, Abatanzania n’Abarundi ntibatoye

Editorial 20 Dec 2017
Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Editorial 07 Aug 2020
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru