• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nyuma ya Sankara hari n’abandi bari mu nzira

Nyuma ya Sankara hari n’abandi bari mu nzira

Editorial 01 May 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Richard Sezibera, yatangaje ko nyuma yo kugarura mu Rwanda Maj. Sankara Callixte Nsabimana, ngo akurikiranweho ibyo amaze igihe yigamba byo guhungabanya umutekano warwo, hari n’abandi bari mu nzira bazaza mu minsi iri imbere.

Sankara avuga ko ari umuvugizi w’umutwe wa politiki, MRCD, udahwema kwigamba ibikorwa by’ubugizi bwa nabi nk’igitero cyagabwe umwaka ushize i Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru, n’icya Kitabi byose byahitanye ubuzima bw’abaturage ndetse imodoka zigatwikwa.

Minisitiri Dr Sezibera yavuze ko Sankara wiyemerera ko akorana n’indi mitwe y’iterabwoba nka FDLR igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda, agiye gushyikirizwa ubutabera agakurikiranwaho ibyaha akekwaho.

Min. Dr. Ricard Sezibera

Mu kiganiro n’abanyamakuru nyuma yo guhura n’abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, Sezibera yavuze ko uko iminsi ihita ibikorwa by’abantu bashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda birushaho kumenyekana no kumvikana, bityo uretse Sankara n’abandi babikora bazafatwa.

Ati “Hari n’abandi bari mu nzira, buriya nabo bazaza mu minsi iri imbere. Turakorana n’ibi bihugu byose kugira ngo abantu bayoboye iyi mitwe ishaka kwica abanyarwanda nabo begukomeza uyu mugambi mubi wo kwica abanyarwanda no kudindiza iterambere ry’u Rwanda”.

“Ntabwo ari we gusa [Sankara] n’abandi bakiri hanze bagamije kwica abanyarwanda, guhungabanya umutekano w’u Rwanda, na bo amaherezo bazabibazwa n’u Rwanda ndetse turasaba n’abandi, abo dukorana, ibihugu by’inshuti […] abo bantu bagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ibyo bikorwa bihagarare”.

U Rwanda kandi rwanasabye abahagarariye ibihugu byabo gukurikirana bamwe mu bayobozi b’imitwe yitwara gisirikare bamaze iminsi bigamba ko bagiye gutera u Rwanda, ko muri za Nyungwe badashaka ko abakerarugendo bajyayo, bamwe banabeshya ko bafashe ibice by’u Rwanda bimwe muri Nyungwe n’ahandi.

Abo barimo Rusesabagina Paul uri mu Bubiligi rimwe na rimwe akaba muri Amerika, hari Maj. Ntilikina Faustin uri mu Bufaransa, Kayumba Nyamwasa muri Afurika y’Epfo, Himbara David uba muri Canada n’abandi.

Minisitiri Sezibera ati “Twumva bidakwiriye ko umuntu yaba ari hanze aho, yica abanyarwanda cyangwa afatanya n’abica abanyarwanda, afatanya na FDLR n’abandi, ntibimugireho ingaruka aho ari, twumva ari inshingano z’ibyo bihugu kubakurikirana. Batabakurikirana u Rwanda rukabikurikiranira”.

Sankara afashwe nyuma y’uko Nkaka Ignace alias La Forge Fils Bazeye na Nsekanabo Jean Pierre Alias Abega bari abayobozi bakuru mu mutwe w’abarwanyi wa FDLR, nabo bafashwe bakoherezwa mu Rwanda.

Urukiko rw’ibanze rwa Gasabo ruheruka gutegeka ko bafungwa by’agateganyo nyuma y’uko urukiko rusanze hari impamvu zikomeye zituma bakekwaho ibyaha by’iterabwoba baregwa.

Bashinjwa kuba mu mutwe w’iterabwoba wa FDLR, kugira uruhare mu bikorwa bya FDLR, kugambana no gushishikariza abandi gukora ibikorwa by’iterabwoba, kugirana umubano na leta y’amahanga bigamije gushoza intambara, icengezamatwara ryo kwangisha leta y’u Rwanda mu mahanga no kurema umutwe w’ingabo utemewe.

Src : IGIHE

2019-05-01
Editorial

IZINDI NKURU

Ikinyoma cya Polisi y’uBurundi ku mpunzi za Zebiya zabaga mu Rwanda

Ikinyoma cya Polisi y’uBurundi ku mpunzi za Zebiya zabaga mu Rwanda

Editorial 02 Apr 2018
Icyegeranyo : URwanda rwifashe ku birenaba n’amahoro mu gihe Uganda ikomeje umurego mu gucudika na RNC

Icyegeranyo : URwanda rwifashe ku birenaba n’amahoro mu gihe Uganda ikomeje umurego mu gucudika na RNC

Editorial 11 Dec 2019
Vincent Karega: “M23 ntabwo ari u Rwanda kandi Ntabwo irengera inyungu z’u Rwanda ”

Vincent Karega: “M23 ntabwo ari u Rwanda kandi Ntabwo irengera inyungu z’u Rwanda ”

Editorial 09 Jun 2022
Cassien Ntamuhanga wacitse inzego z’ubutabera mu Rwanda niwe ugiye gusimbura Jean Paul Turayishimye ku buvugizi bw’umutwe w’iterabwoba wa RNC

Cassien Ntamuhanga wacitse inzego z’ubutabera mu Rwanda niwe ugiye gusimbura Jean Paul Turayishimye ku buvugizi bw’umutwe w’iterabwoba wa RNC

Editorial 02 Nov 2019

3 Ibitekerezo

  1. Isomere
    May 1, 201911:19 am -

    Ubu bagiye kubaho bihisha kuko ari byo bahisemo. Ushaka kubafasha uwo mutwaro nawe azabasange. Udashobora kuwikorera azabakwepe. Ubwenge nabwo ni bwiza.

    Subiza
    • baziyumva
      May 1, 201911:30 am -

      Icyo gitekerezo nicyo, kuko udashobora kujya kurambagiriza mu bitaro, muri gereza cyangwa mu giterane cy’indaya.

      Zaburi: 1, 1-6
      1.Hahirwa umuntu udakurikiza imigambi y’ababi, Ntahagarare mu nzira
      y’abanyabyaha, Ntiyicarane n’abakobanyi.
      2.Ahubwo amategeko y’Uwiteka ni yo yishimira, Kandi amategeko ye ni yo
      yibwira ku manywa na nijoro.
      3.Uwo azahwana n’igiti cyatewe hafi y’umugezi, Cyera imbuto zacyo igihe
      cyacyo. Ibibabi byacyo ntibyuma, Icyo azakora cyose kizamubera cyiza.
      4.Ababi ntibamera batyo, Ahubwo bahwana n’umurama utumurwa n’umuyaga.
      5.Ni cyo gituma ababi bazatsindwa ku munsi w’amateka, N’abanyabyaha
      bazatsindirwa mu iteraniro ry’abakiranutsi.
      6.Kuko Uwiteka azi inzira y’abakiranutsi, Ariko inzira y’ababi izarimbuka.

      Subiza
  2. Bararengana Jean Berchmans
    May 1, 20195:44 pm -

    Ni byiza kwibutsa abanyarwanda ko abagizibanabi bose bazabazwa ibyo bakoze. Rwose Minisitiri Sezibera akomeze umurego atabogamye maze abanzi b’abanyarwanda harimo n’abo yahagazeho muri Kanama n’ahandi bose bazabilyozwe. Ubwo bagambiriye guha ubutabera abanyanyaruguru, harimo batatu bahasize ubuzima, nibibuke n’abaguye i Kibeho n’ahandi yuko nabo bari abanyarwanda.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zari akomeje kwibasirwa bikomeye n’umuryango wa Ivan nyuma y’urupfu rwe
Mu Rwanda

Zari akomeje kwibasirwa bikomeye n’umuryango wa Ivan nyuma y’urupfu rwe

Editorial 08 Jun 2017
Urukiko rw’Ubujurire rwanzuye ko itegeko ryo gutererana Abatutsi muri ETO ritatanzwe n’u Bubiligi
INKURU NYAMUKURU

Urukiko rw’Ubujurire rwanzuye ko itegeko ryo gutererana Abatutsi muri ETO ritatanzwe n’u Bubiligi

Editorial 16 Jun 2018
General Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi ba APR FC intsinzi kuko nta rwitwazo ruhari rwo kudatsinda
Amakuru

General Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi ba APR FC intsinzi kuko nta rwitwazo ruhari rwo kudatsinda

Editorial 25 Nov 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru