• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BNR yashyize kuri 5% inyungu fatizo banki z’ubucuruzi ziherwaho inguzanyo

BNR yashyize kuri 5% inyungu fatizo banki z’ubucuruzi ziherwaho inguzanyo

Editorial 07 May 2019 UBUKUNGU

Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yagabanyije inyungu ku nguzanyo ihabwa amabanki ivanwa kuri 5.5% igezwa kuri 5%, hagamijwe korohereza iterambere ry’ubukungu bw’igihugu.

Byatangajwe na Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, John Rwangombwa, kuri uyu wa Mbere ubwo hamurikwaga imyanzuro y’akanama ka Komite ishinzwe politiki y’ifaranga.

Kugabanyuka kw’iyi nyungu ni ubutumwa buba buhabwa amabanki n’ibigo by’imari ko nabyo bigomba kumanura inyungu bitangiraho inguzanyo ku bakiliya babyo.

Rwangombwa yavuze ko bidasobanuye ko inyungu ku nguzanyo zihita zihinduka ako kanya kubera ibindi amabanki agenderaho atanga inguzanyo, gusa yizeza ko ari ho biba biganisha.

Yavuze ko inyungu yagabanyijwe mu gushyigikira ko amabanki akomeza gutanga inguzanyo ku bikorera kugira ngo ibikorwa by’iterambere byiyongere.

Ati “Dushaka gukomeza gushyigikira amabanki ngo yongere imyenda atanga ku bikorera kugira ngo hongerwe izamuka ry’ubukungu bw’igihugu, n’umuvuduko w’ibiciro ku masoko wari hasi cyane.”

Yavuze ko icyifuzo ari uko umuvuduko w’ibiciro ku masoko wava kuri 1 % byariho muri Werurwe uyu mwaka bikagera kuri 3 % mu mpera z’uyu mwaka.

Mu gihembwe cya mbere cya 2019, BNR itangaza ko ubwinshi bw’inguzanyo zitangwa n’amabanki bwiyongereye ku kigero cya 24.9 % , by’umwihariko inguzanyo zahawe abikorera zazamutse ku kigero cya 16.2 % ugereranyije n’izamuka rya 7.3 % mu gihembwe cya mbere cya 2018.

Rwangombwa yavuze ko ibimenyetso babona bigaragaza ko ubukungu bwazamutse mu mezi atatu ya mbere ya 2019, aho biri ku kigero cya 12.2%, igikenewe akaba ari ukongera inguzanyo mu bikorera kugira ngo ubukungu burusheho gutera imbere.

Yagize ati “Kugabanya urwunguko rwa BNR twabonye bifasha kongera ubwinshi bw’inguzanyo zitangwa. Iyo tugabanyije uru rwunguko bitanga ubutumwa ku mabanki bigatuma uko dukorana n’amabanki n’uko tugenga amafaranga ari mu mabanki bigendana n’urwunguko tuba twashyizeho.”

Yongeyeho ati “ Ariko bifata igihe ntabwo ari ibintu tuvuga ngo twagabanyije igiciro uyu munsi ngo nabo ejo baragabanya ibiciro kuko ntabwo ari twe bakuraho amafaranga yo kuguriza ababagana. Amafaranga bayakura muri abo babagana n’ubundi.”

Iyi nyungu yagabanyijwe ikoreshwa cyane ku mafaranga y’igihe gito BNR igura mu mabanki ndetse n’igihe amabanki agurizanya hagati yayo.

Hari hashize umwaka urenga inyungu fatizo BNR iheraho amabanki inguzanyo ivanywe kuri 6% igera kuri 5.5 %.

U Rwanda rwiteze ko ubukungu bwarwo buzazamuka ku kigero cya 7.8% bivuye ku 8.6 % bwazamutseho mu 2018.

Inkuru ya IGIHE

2019-05-07
Editorial

IZINDI NKURU

Qatar yegukanye 60% mu mushinga wa miliyari $1.3 wo kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera

Qatar yegukanye 60% mu mushinga wa miliyari $1.3 wo kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera

Editorial 10 Dec 2019
Perezida Kagame yagaragaje ko isoko rusange rya Afurika ryahoze mu bitekerezo by’Abanyafurika

Perezida Kagame yagaragaje ko isoko rusange rya Afurika ryahoze mu bitekerezo by’Abanyafurika

Editorial 21 Jan 2020
Abanyarwanda 38.2% ntibatungwa n’ibihumbi 159Frw ku mwaka

Abanyarwanda 38.2% ntibatungwa n’ibihumbi 159Frw ku mwaka

Editorial 06 Dec 2018
Kigali yemerewe kwakira inama ikomeye y’ubukungu muri Afurika yaberaga i Genève mu Busuwisi

Kigali yemerewe kwakira inama ikomeye y’ubukungu muri Afurika yaberaga i Genève mu Busuwisi

Editorial 17 Aug 2018
Qatar yegukanye 60% mu mushinga wa miliyari $1.3 wo kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera

Qatar yegukanye 60% mu mushinga wa miliyari $1.3 wo kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera

Editorial 10 Dec 2019
Perezida Kagame yagaragaje ko isoko rusange rya Afurika ryahoze mu bitekerezo by’Abanyafurika

Perezida Kagame yagaragaje ko isoko rusange rya Afurika ryahoze mu bitekerezo by’Abanyafurika

Editorial 21 Jan 2020
Abanyarwanda 38.2% ntibatungwa n’ibihumbi 159Frw ku mwaka

Abanyarwanda 38.2% ntibatungwa n’ibihumbi 159Frw ku mwaka

Editorial 06 Dec 2018
Kigali yemerewe kwakira inama ikomeye y’ubukungu muri Afurika yaberaga i Genève mu Busuwisi

Kigali yemerewe kwakira inama ikomeye y’ubukungu muri Afurika yaberaga i Genève mu Busuwisi

Editorial 17 Aug 2018
Qatar yegukanye 60% mu mushinga wa miliyari $1.3 wo kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera

Qatar yegukanye 60% mu mushinga wa miliyari $1.3 wo kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera

Editorial 10 Dec 2019
Perezida Kagame yagaragaje ko isoko rusange rya Afurika ryahoze mu bitekerezo by’Abanyafurika

Perezida Kagame yagaragaje ko isoko rusange rya Afurika ryahoze mu bitekerezo by’Abanyafurika

Editorial 21 Jan 2020
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru