• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umunyamakuru Mugabe Robert, aracyagudagurana n’ubutabera ku byaha byo gusambanya abana

Umunyamakuru Mugabe Robert, aracyagudagurana n’ubutabera ku byaha byo gusambanya abana

Ubwanditsi 24 May 2019 INKURU NYAMUKURU

Umunyamakuru Mugabe Robert yajuririye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge icyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Kagarama cyo kumufunga iminsi 30 y’agateganyo.

Mugabe akurikiranyweho ibyaha byo gusambanya umwana w’imyaka 17 y’amavuko no gusambanya ku ngufu umukobwa w’imyaka 19 akamutera inda, ndetse n’Ubwinjiracyaha mu kumushakira imiti yo gukuramo inda.

Yatawe muri yombi muri Nzeri 2018 ariko aza gufungurwa by’agateganyo n’icyemezo cy’Urukiko rw’ibanze rwa Kagarama mu Ukwakira 2018.

Iki cyemezo cyaje kujuririrwa mu Rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge mu Ugushyingo rutegeka ko agomba kuburana afunzwe by’agateganyo.

Muri Gashyantare 2019 Urukiko rw’Ibanze rwa Kagarama rwanzuye ko yongererwa igihe cyo gufungwa by’agateganyo kuko iperereza rigikorwa, ahita ajurira na none mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rutesha agaciro ubusabe bwe ku wa 1 Mata akomeza gufungwa.

Ku wa 25 Mata 2019, Urukiko rw’Ibanze rwa Kagarama rwamukatiye indi minsi 30 y’igifungo ndetse rutegeka ko yemera gufatwa ibizamini bya ADN. Ku nshuro ya gatatu yahise ajurira mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Kuri uyu wa Kane, Mugabe yitabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge arugezaho impamvu zamuteye kujurira n’ingingo ashingiraho ajururira icyemezo cy’ Urukiko rw’Ibanze rwa Kagarama asaba ko giteshwa agaciro akarekurwa ndetse ntanafatwe ibindi bizamini bya ADN.

Mugabe wari waje mu rubanza adafite umwunganira mu mategeko yabwiye umucamanza ko afite ingingo ebyiri zirimo kubogama k’urukiko ndetse no kuba urukiko rwarahaye umugisha ibyo ubushinjacyaha buvuga kandi butagaragaza ibyavuye mu iperereza bwakoze.

Yasobanuye ko impamvu avuga ko urukiko rwabogamye ari uko Umucamanza yemeza ko afungwa by’agateganyo yavuze ko agira ngo bahereze umwanya ubushinjacyaha bukore iperereza.

Kuri Mugabe ngo kuba amaze amezi arindwi muri gereza n’amezi icyenda akurikiranwa, yibaza impamvu ntawe ubaza ubushinjacyaha aho bugeze bukora iperereza.

Mugabe yakomeje avuga ko “Ibyo mvuga muri ibi bihe byose mbona bidahabwa agaciro kandi n’ingingo z’amategeko ntanga ntabwo zihabwa agaciro.”

Icyo kuba Urukiko rwarahaye umugisha ibyo ubushinjacyaha buvuga kandi nta kigaragaza icyo iryo iperereza riri gukorwa rigezeho.

Yakomeje avuga ko “Ubushinjacyaha bwasabye urukiko ko nakongera gukorerwa ibizamini bya kabiri. Ingingo yanjye ikaba ko ntakwemera gukorerwa ibindi bizamini kandi n’ibya mbere bataragaragaje icyo byavuyemo.”

Umushinjacyaha yahawe umwanya avuga ko nta kintu Mugabe yanenze ku cyemezo cyo kumufunga indi minsi 30 y’agateganyo.

Abwira umucamanza ati “Muze gusoma icyemezo hari impamvu urukiko rwashingiyeho rumwongerera igifungo. Icyo dusaba tumaze igihe tumusaba ni uko yakoreshwa ibizamini bya ADN.”

Yakomeje avuga ko “Kugeza uyu munsi yanze kubyemera avuga ngo ni ugutekinika. Ibindi birimo agasuzuguro ni uko tumukorera inyandiko zimwemerera kuva muri gereza akajya gukorwa ibizamini akabyanga. N’ubu n’ejo twari twayikoze anasuzugura ubuyobozi bwa gereza yanga gusohoka.”

“Nk’uko twabisobanuye ni uko hari ibizamini twakoresheje mu Rwanda ariko twasobanuye ko hari n’ibindi mu Rwanda batabasha gupima tuzajyana mu Budage.”

Uwo akekwaho gutera inda yarabyabye

Umushinjacyaha yabwiye Urukiko ko n’ubwo basaba Mugabe kwemera gufatwa ibizamini bya kabiri ariko hari n’ibindi bizakenerwa kubera ko umukobwa yateye inda yamaze kubyara kandi hakenewe gupima uwo mwana na Mugabe bakamupima kugira ngo hamenyekane niba ari we Se.

Yakomeje asobanura ko “umukobwa Mugabe ashinjwa gufata ku ngufu yarabyaye rero dukeneye no kureba niba uwo mwana wavutse ari uwa Mugabe. Dukeneye ibindi bizamini tuzajyana mu Budage ndetse n’ibindi tuzakorera mu Rwanda.”

Umushinjacyaha yavuze ko ibisubizo byose bizava mu bizamini bizagaragazwa mu iburanisha mu mizi.

Yasabye urukiko gutesha agaciro ubujurire bwe ku gufungwa kw’agateganyo ndetse akanategekwa kwemera gutanga ibizamini bya ADN.

Ubushinjacyaha kandi bwagaragaje ko amategeko abwemerera ko aribwo bufite uburenganzira kuri dosiye kandi bugomba kugena uburyo iperereza rikorwamo, bityo Mugabe adashobora gutegeka uko iperereza rikorwa.

Nyuma yo kumva impande zombi, umucamanza wari uyoboye iburanisha yavuze ko umwanzuro w’urukiko uzasomwa ku wa 27 Gicurasi 2019 saa cyenda z’umugoroba.

2019-05-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

I Kabale, Museveni yagerageje kweza Kayumba, amugaragaza nk’umunyapolitiki wari ufite imyumvire itandukanye n’iy’ubuyobozi mu Rwanda.

I Kabale, Museveni yagerageje kweza Kayumba, amugaragaza nk’umunyapolitiki wari ufite imyumvire itandukanye n’iy’ubuyobozi mu Rwanda.

Ubwanditsi 11 Mar 2020
Jean Paul Turayishimye yabuze byose nk’ingata imenye, menya ibyo yategetswe na Kayumba Nyamwasa ngo asubire muri RNC

Jean Paul Turayishimye yabuze byose nk’ingata imenye, menya ibyo yategetswe na Kayumba Nyamwasa ngo asubire muri RNC

Ubwanditsi 13 May 2020
Inama ya P5 platform y’igitaraganya mu buvumo mu Bwongereza, RNC yacitse igikuba nyuma yo kumva ko Ingabire yari  yaragize uburisho atagishaka kumva iryo zina

Inama ya P5 platform y’igitaraganya mu buvumo mu Bwongereza, RNC yacitse igikuba nyuma yo kumva ko Ingabire yari  yaragize uburisho atagishaka kumva iryo zina

Ubwanditsi 11 Nov 2019
Kenya yambuye Abakongomani amahirwe yo kwinjira muri icyo gihugu badasabye visa.

Kenya yambuye Abakongomani amahirwe yo kwinjira muri icyo gihugu badasabye visa.

Ubwanditsi 29 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwakubise Mowzey Radio bikamuviramo urupfu yagejejwe mu rukiko
INKURU NYAMUKURU

Uwakubise Mowzey Radio bikamuviramo urupfu yagejejwe mu rukiko

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Uko Umunyamakuru Phocas Ndayizera,  yavuganaga na Ntamuhanga Cassien ibyo kugaba ibitero mu Rwanda
ITOHOZA

Uko Umunyamakuru Phocas Ndayizera, yavuganaga na Ntamuhanga Cassien ibyo kugaba ibitero mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Dec 2018
Kofi Annan wari utegerejwe mu Rwanda yitabye Imana ku myaka 80
INKURU NYAMUKURU

Kofi Annan wari utegerejwe mu Rwanda yitabye Imana ku myaka 80

Ubwanditsi 19 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru