• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Inzego z’umutekano muri Uganda zakwirakwije ikinyoma cy’uko abasirikare b’u Rwanda barasiye abaturage ku butaka bwayo

Inzego z’umutekano muri Uganda zakwirakwije ikinyoma cy’uko abasirikare b’u Rwanda barasiye abaturage ku butaka bwayo

Editorial 26 May 2019 INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA

Inzego z’umutekano muri Uganda, itangazamakuru na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri icyo gihugu, ku wa Gatandatu byakwirakwije amakuru avuga ko abasirikare b’u Rwanda bambutse umupaka bakarasira abaturage ku butaka bwayo.

Ni igikorwa kigamije gusiga icyasha u Rwanda no kwenyegeza umuriro mu mubano utifashe neza hagati y’ibihugu byombi ku buryo amahanga arubona nk’urushotoranyi ku muturanyi.

Nk’Ikinyamakuru Daily Monitor cyanditse ko saa Mbili z’ijoro ryo ku wa Gatanu ari bwo aba baturage barasiwe mu Gasanteri ka Habusavu, kari muri metero 50 uvuye ku mupaka ugabanya u Rwanda na Uganda, akaba ari mu Karere ka Rukiga.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Uganda yo yari yatangaje ko ibyakozwe n’u Rwanda ari igikorwa cy’ubwicanyi ndetse ko biyihangayikishije cyane.

Yagaragazaga ko ubutaka bwa Uganda bwavogerewe n’Ingabo z’u Rwanda zakoreye ibikorwa by’ubwicanyi ku baturage b’abasivili badafite intwaro.

Gusa u Rwanda rwashyize umucyo ku byabaye, ruvuga ko bitabereye ku butaka bwa Uganda ndetse ko n’inzego z’umutekano z’ibihugu byombi zabyemeje.

Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko yababajwe n’urupfu rw’abantu babiri barimo umuturage warwo n’undi wa Uganda, barashwe binjiranye ibiyobyabwenge mu Rwanda banyuze ahatemewe; yongera gushimangira umuhate wayo mu mibanire myiza y’ibihugu byombi cyane mu baturiye imipaka.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yatangaje ko mu ijoro ryo ku wa Gatanu, mu Murenge wa Tabagwe, Akarere ka Nyagatare, inzego z’umutekano z’u Rwanda zari mu bugenzuzi zigahagarika uwakekwagaho gutwara magendu wari kuri moto yambutse aturutse muri Uganda, anyuze ahantu hatemewe.

Mu gusobanura uko byagenze, u Rwanda rwavuze ko yahagaritswe akanga ahubwo agatera amahane, bagenzi be bafite imihoro bagaba igitero ku bashinzwe umutekano b’u Rwanda, ubwo bashakaga gusubira muri Uganda bahunga, inzego z’umutekano zirasamo abantu babiri, umwe w’Umunyarwanda wahise apfa n’Umunya-Uganda washizemo umwuka nyuma.

Nyuma y’iri nsanganya, mu itangazamakuru rya Uganda hakwiriye amakuru ko abasirikare b’u Rwanda binjiye muri Uganda bakarasa abaturage.

Mu butumwa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda yashyikirije iya Uganda, yasubizaga ibaruwa iki gihugu cy’igituranyi cyanditse ku wa 25 Gicurasi 2019, yamaganye ibyavuzwe ko iri nsanganya ryabereye ahitwa Kiruhura mu gace ka Kamwezi mu Karere ka Rukiga ku wa 24 Gicurasi 2019.

2019-05-26
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda igiye gukora iperereza kuri bitugukwaha ivugwa kuri Minisitiri w’Ububanyinamahanga- Museveni

Uganda igiye gukora iperereza kuri bitugukwaha ivugwa kuri Minisitiri w’Ububanyinamahanga- Museveni

Editorial 12 Dec 2018
Kayumba Nyamwasa azabazwe n’urupfu rw’ umucuruzi Victor Bayingana n’Assiel Kabera

Kayumba Nyamwasa azabazwe n’urupfu rw’ umucuruzi Victor Bayingana n’Assiel Kabera

Editorial 06 Nov 2018
Perezida Museveni azatsinda bitanyuze mu mpapuro z’amatora ahubwo hamenwe amaraso

Perezida Museveni azatsinda bitanyuze mu mpapuro z’amatora ahubwo hamenwe amaraso

Editorial 31 Dec 2020
Ibyo muri ya ‘’guverinoma‘’ ya Padiri Nahimana imbwa zabirwaniyemo!

Ibyo muri ya ‘’guverinoma‘’ ya Padiri Nahimana imbwa zabirwaniyemo!

Editorial 28 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nkurunziza akomeje guhamagarira abayobozi muri leta ye kwikoma u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Nkurunziza akomeje guhamagarira abayobozi muri leta ye kwikoma u Rwanda

Editorial 13 Dec 2018
Leicester city ikomeje kwanikira abakeba mu nzira igana ku gikombe
IMIKINO

Leicester city ikomeje kwanikira abakeba mu nzira igana ku gikombe

Editorial 07 Mar 2016
Bimwe mu byo wamenya ku bahawe Impeta z’ishimwe [ Photos ]
HIRYA NO HINO

Bimwe mu byo wamenya ku bahawe Impeta z’ishimwe [ Photos ]

Editorial 20 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru