• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Espérance de Tunis yegukana CAF Champions League

Espérance de Tunis yegukana CAF Champions League

Ubwanditsi 01 Jun 2019 IMIKINO

Espérance de Tunis yo muri Tunisia yegukanye igikombe cy’irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere ku mugabane wa Afurika, CAF Champions League, nyuma y’uko Wydad Casablanca yanze gusubira mu kibuga guhera ku munota wa 60 w’umukino kuko ikoranabuhanga rya VAR ritabashije gukemura ikibazo cy’igitego cyo kwishyura yari itsinze, umusifuzi akacyanga.

Iyi kipe yo muri Tunisia yari iyoboye umukino wo kwishyura ku gitego 1-0 cya Youcef Belaili ku munota wa 41 ndetse yari imbere n’ibitego 2-1 mu mikino yombi ubwo umukino wazagamo kidobya. Nyuma yo guhagarara iminota isaga 90, umusifuzi yavuze ko iyi kipe yari mu rugo itsinze, yegukana igikombe.

Itangazamakuru ryomuri Tunisia ryatangje ko abasifuzi bari babwiwe ko VAR itari gukora ariko abakinnyi bo basaga n’abatabizi.

Ni ku nshuro ya mbere muri iri rushanwa rimaze imyaka 55 ndetse byongeye rikaba rihuza amakipe akomeye, imikino yombi itabashije kurangira.

Wydad Casablanca yibwiraga ko ibonye igitego cyo kwishyura ku munota wa 59 ubwo Walid el Karti yatsindishaga umutwe ku mupira wari uvuye ibumoso, akawukoraho ukajya mu nshundura. Amashusho ya Televiziyo yagaragaraza ko uyu mukinnyi atari yaraririye, ariko bikekwa ko ashobora yakiniye nabi mugenzi we, ku rutugu.

Iyi kipe yo muri Maroc yinginze cyane bikomeye umusifuzi w’umunya-Gabon, Papa Bakary Gassama kujya kureba kuri VAR, bigaragara ko batari bazi ko iri koranabunaga rifite ikibazo.

Abasimbura ba Waydad n’umutoza wabo Faouzi Benzarti w’imyaka 69 bose binjiye muri izi mpaka mu gihe Polisi yarwanaga no gucunga umutekano ngo n’abafana batabyivangamo.

Amacupa arimo ibisukika bitandukanye yasakajwe ku bakinnyi n’abatoza ba Wydad Casablanca, bayaterwa n’abafana.

Byabaye ngombwa ko Perezida wa CAF, Ahmad Ahmad amanuka mu kibuga ari kumwe n’abayobozi b’amakipe yombi bagerageza kuvugisha abakinnyi, ariko ku ruhande rwa Wydad Casablanca bisubirira mu rwambariro, aho nyuma y’igihe kigera hafi ku masaha abiri, umusifuzi yasoje umukino.

Mu mukino ubanza wari wahuje amakipe yombi muri Maroc, VAR yagize akamaro gakomeye cyane dore ko umusifuzi w’umunya-Misiri, Gehad Grisha, yashinjwe kwitwara nabi muri uyu mukino, agahagarikwa amezi atandatu.

Gutsinda uyu mukino, byahesheje Espérance de Tunis kwegukana CAF Champions League ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ndetse iba ikipe ya kane ibigezeho nyuma ya Al Ahly yo mu Misiri, TP Mazembe yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Enyimba yo muri Nigeria.

Espérance de Tunis yari yakiriye Wydad Casablanca mu mukino wo kwishyura wabereye kuri Stade Olympique de Rades

Igitego cya Walid el Karti cyateje impaka zidashira muri Tunisia

VAR ntiyakoraga, Polisi yitambitse hacungwa umutekano wa Wydad Casablanca

Nyuma y’uko Wydad yanze kugaruka mu kibuga, Esperance de Tunis yahawe igikombe cya CAF Champions League

2019-06-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Djihad Bizimana yatandukanye n’ikipe ya Waasland Beveren yo mu Bubiligi.

Djihad Bizimana yatandukanye n’ikipe ya Waasland Beveren yo mu Bubiligi.

Ubwanditsi 25 May 2021
Uzayobora FIFA  aramenyekana uyu munsi

Uzayobora FIFA aramenyekana uyu munsi

Ubwanditsi 26 Feb 2016
Croatia yageze muri ¼ isezereye Denmark kuri penaliti isangayo u Burusiya

Croatia yageze muri ¼ isezereye Denmark kuri penaliti isangayo u Burusiya

Ubwanditsi 02 Jul 2018
Amakipe 23 arimo 7 yo mu kiciro cya kabiri niyo yiyandikishije kuzitabira imikino y’igikombe cy’amahoro 2022 kizasozwa hagati mu kwezi kwa Gicurasi

Amakipe 23 arimo 7 yo mu kiciro cya kabiri niyo yiyandikishije kuzitabira imikino y’igikombe cy’amahoro 2022 kizasozwa hagati mu kwezi kwa Gicurasi

Ubwanditsi 28 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amavubi yahagurukanye abakinnyi 18 yerekeje muri Madagascar  gukina imikino ibiri ya gicuti
Amakuru

Amavubi yahagurukanye abakinnyi 18 yerekeje muri Madagascar gukina imikino ibiri ya gicuti

Ubwanditsi 18 Mar 2024
Gasogi United yasezeye k’umunya Liberia Herron Berian wayikiniraga, mu kumuha icyubahiro nimero 5 yambaraga izabikwa imyaka itatu
Amakuru

Gasogi United yasezeye k’umunya Liberia Herron Berian wayikiniraga, mu kumuha icyubahiro nimero 5 yambaraga izabikwa imyaka itatu

Ubwanditsi 07 Jul 2022
Yvonne Makolo yatangiye inshingano nk’Umuyobozi Mukuru wa RwandAir
UBUKERARUGENDO

Yvonne Makolo yatangiye inshingano nk’Umuyobozi Mukuru wa RwandAir

Ubwanditsi 11 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru