• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»FIBA Africa U-16 Zone V: U Rwanda ruratangirira kuri Tanzania

FIBA Africa U-16 Zone V: U Rwanda ruratangirira kuri Tanzania

Ubwanditsi 10 Jun 2019 HIRYA NO HINO, IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abangavu batarengeje imyaka 16 iratangira icakirana n’iya Tanzania mu mikino y’abatarengeje imyaka 16 mu karere ka gatanu, igamije gushaka itike y’igikombe cya Afurika ( FIBA AFRICA U16) kizabera mu Rwanda muri Kanama uyu mwaka.

U Rwanda rwakiriye iyi mikino y’akarere ka gatanu guhera kuri uyu wa Mbere tariki ya 10 kugeza ku wa Gatandatu tariki ya 15 Kamena 2019 mu bangavu no mu cyiciro cy’ingimbi.

Mu cyiciro cy’ingimbi, iri rushanwa ryitabiriwe n’ibihugu bibiri aribyo u Rwanda rwayakiriye ndetse na Uganda mu gihe mu bangavu hitabiriye u Rwanda, Tanzania na Uganda.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere nibwo habaye inama tekinike yemeza ko umukino ubimburira iyindi uza guhuza u Rwanda na Tanzania mu bangavu kuri uyu wa Mbere guhera saa 18:00 muri Petit Stade Amahoro.

Mu ngimbi, u Rwanda ruzakina na Uganda ku wa Gatatu ndetse bakine undi mukino ku wa Gatandatu bahataniye itike yo kujya mu mikino ya nyuma ya FIBA Africa U-16 izabera muri Cap Vert.

Mu bangavu, buri gihugu kizahura n’ikindi mu mikino ibiri harebwe uko azaba yakurikiranye ku rutonde ukuyemo u Rwanda kuko ruzakira imikino ya nyuma izaba muri Kanama, aho Uganda na Tanzania ari zo zigomba kwishakamo ibona itike.

Umutoza w’ikipe y’igihugu y’ingimbi, Murenzi Yves, yavuze ko biteguye neza aya marushanwa, aho bafite intego yo gushimisha abanyarwanda.

Ati” Gahunda ni ugushimisha abanyarwanda kandi abanyarwanda bakunda intsinzi. Niba ubushize twaratwaye igikombe ubu ntabwo aribwo twasubira inyuma.”

Mushumba Charles utoza abangavu yavuze ko ikipe yiteguye neza ndetse izifashisha iyi mikino mu rwego rwo kwitegura igikombe cya Afurika izakira muri Kanama.

Aya makipe y’u Rwanda agizwe n’abanyeshuri, yatangiye imyiteguro y’aya marushanwa mu Ukuboza 2018, aho bahurijwe hamwe, bigira hamwe mu rwego rwo kubasha kubakurikirana, aho bamwe biga muri Ecole Notre Dame de la Providance i Huye abandi muri Lycée de Kigali mu gihe bahurizwa hamwe mu mpera z’icyumweru no mu biruhuko.

Abakinnyi bagize ikipe y’igihugu y’ingimbi (U-16): Niyomugabo Augustin, Ntayomba Emmanuel, Izere Rutsindura Brillant Brave, Karenzi Brian, Nubaha Ghislain, Cyusa Ntaganira Emmanuel, Ishema Kevin, Muhizi Ngoga Bonheur, Mutabazi Pacifique, Kizito Murenzi Romain, Iratubona Ulysse, Irakoze Jules, Rutatika Dick Sano na Muhigira Tristan.

Abakinnyi 12 bagize ikipe y’Abangavu: Usanase Stacy Charlene, Tumukunde Oliviette, Dusingizumuremyi Stella Matutina, Munezero Lamla, Umuhamya Ange Promesse, Uwimpuhwe Violette, Kariza Karenzi Arlette, Burasa Ishimwe Naomie, Nyiramugisha Hope, Umubyeyi Amelie Ella, Hahirwa Raissa na Teta Allya Meghan.

Uko amakipe azahura muri iyi mikino

Kuwa Mbere tariki ya 10 Kamena 2019

18.00 – Rwanda vs Tanzania (Girls)

Kuwa Kabiri tariki 11 Kamena

18.00 – Tanzania vs Uganda (Girls)

Kuwa Gatatu tariki 12 Kamena 2019

17.00 – Uganda vs Rwanda (Girls) 
19.00 – Rwanda vs Uganda (Boys)


Kuwa Kane tariki 13 Kamena 2019

18.00 – Tanzania vs Rwanda (Girls)

Kuwa Gatanu tariki 14 Kamena 2019

18.00 – Uganda vs Tanzania (Girls)

Kuwa Gatandatu tariki 15 Kamena 2019

17.00 – Rwanda vs Uganda (Girls) 
19.00 – Uganda vs Rwanda (Boys)

 

Ikipe y’igihugu y’abangavu izakina Zone V na FIBA Africa U-16 muri Kanama

 

 

2019-06-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abafana ba Rayon Sports bahawe umukoro imbere ya Costa do Sol

Abafana ba Rayon Sports bahawe umukoro imbere ya Costa do Sol

Ubwanditsi 05 Apr 2018
Abanyapolitiki bifuza kuyobora bakazitirwa n’intege nke bafite

Abanyapolitiki bifuza kuyobora bakazitirwa n’intege nke bafite

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Ahantu 6 abahanzi n’ibyamamare bazizihiririza St Valentin

Ahantu 6 abahanzi n’ibyamamare bazizihiririza St Valentin

Ubwanditsi 12 Feb 2016
Ikipe ya PSG yo mu Bufaransa ndetse na Arsenal yo mu Bwongereza bifatanyije n’u Rwanda Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994

Ikipe ya PSG yo mu Bufaransa ndetse na Arsenal yo mu Bwongereza bifatanyije n’u Rwanda Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994

Ubwanditsi 07 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’amezi 13 gusa, Umutoza w’umunyarwanda Andre Cassa Mbungo yatandukanye na Bandari FC yo muri Kenya azira umusaruro muke
Amakuru

Nyuma y’amezi 13 gusa, Umutoza w’umunyarwanda Andre Cassa Mbungo yatandukanye na Bandari FC yo muri Kenya azira umusaruro muke

Ubwanditsi 21 Feb 2022
Maj. Dr Rugombwa ushinjwa kwica, yateye utwatsi ubuhamya bw’umugore we
ITOHOZA

Maj. Dr Rugombwa ushinjwa kwica, yateye utwatsi ubuhamya bw’umugore we

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Minisiteri ya Siporo yagaragaje amabwiriza mashya yemerera shampiyona y’u Rwanda gusubukurwa
Amakuru

Minisiteri ya Siporo yagaragaje amabwiriza mashya yemerera shampiyona y’u Rwanda gusubukurwa

Ubwanditsi 08 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru