• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kampala : Undi munyarwanda uri mu mitwe y’iterabwoba yabonanye na Museveni n’umuhungu we Muhoozi Kainerugaba nyuma bamufasha gutoroka (Interpol)

Kampala : Undi munyarwanda uri mu mitwe y’iterabwoba yabonanye na Museveni n’umuhungu we Muhoozi Kainerugaba nyuma bamufasha gutoroka (Interpol)

Editorial 02 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Nyuma y’amakuru agaragaza ko  Mukankusi Charlotte, intumwa nkuru ya RNC, na Eugene Gasana bagiranye inama na Museveni mu  rugo iwe, kandi ko banahawe impapuro z’inzira z’igihugu cya Uganda kugirango bakomeze kuzajya bajya gushakira RNC amaboko n ‘inkunga.

Uganda kuri uyu wa Gatatu, hatahuwe uko uwahamijwe Jenoside yafatiwe muri Uganda ubuyobozi bukamurekura bukamwohereza mu Bubiligi.

Amakuru yizewe ava munzego z’ubutasi za Museveni avuga ko abayobozi ba Uganda babanje kugirana  ibiganiro n’umunyarwanda Anastase Munyandekwe ubwo yari  I kampala yabanje gufashwa guhura na Perezida Museveni nyuma yo kwakirwa muri State House n’umuhungu we Muhoozi Kainerugaba, umujyanama wa Perezida mu by’Umutekano [ Senior presidential  advise on Security].

Kugeza ubu impamvu zajyanye Munyandekwe muri Uganda guhura na Perezida Museveni ntabwo ziragaragara ariko na mbere yagiye agirira ingendo nyinshi muri iki gihugu n’ubwo ari ku rutonde rw’abashakishwa.

Amakuru ajyanye n’ingendo ze agaragaza ko yageze ku kibuga cy’indege cya Entebbe, mu rugendo rwe ruheruka kuwa 9 Mutarama 2019 saa 10:31 z’ijoro akoresheje pasiporo y’u Bubiligi No. EN736469. Yari aherutse gusura Kampala kuwa 12 Nzeri 2018, ahava kuwa 28 Ukwakira 2018.

Munyandekwe akigera Kampala yabanje kujya kwimenyekanisha muri Perezidansi ya Uganda  nk’umwe mu bakorana bya hafi n’abayobozi bakuru ba FDLR mu Bubiligi, akaba yari ufite ubutumwa bwihutirwa bugenewe Perezida Museveni ubwe.  Aya makuru y’ibanga twahawe n’umuntu wizewe ukora mu biro bya Perezida Museveni, avuga ko abashinzwe umutekano wa Perezida babanje kubwira umuhungu we Muhoozi Kainerugaba, ko hari umunyarwanda ukomeye  uri ku muryango, ahagenewe kwakira abashyitsi ko kandi avuga ko afite ubutumwa bwihutirwa bwa Perezida Museveni, nyuma Muhoozi Kainerugaba yaje guhura akanya  gato na Anastase Munyandekwe mu biro Entebbe state House nyuma  basohotse bajyana mu modoka imwe  bajya guhura na Museveni iwe murugo.

Amakuru yizewe avuga ko  nyuma yo guhura n’aba bayobozi bakuru mu byumweru bishize, Munyandekwe yatawe muri yombi i Kampala na Interpol, kubera uruhare rwe muri Jenoside mu Rwanda, abayobozi ba Uganda barimo Muhoozi Kainerugaba bamurwanaho ararekurwa.

Icyo gihe uwatanze amakuru yavuze ko “Munyandekwe azava i Kampala nk’uko yarwanyweho na mbere”.

Avuga ko hanyuma abayobozi ba Uganda bafashije ukekwaho jenoside kuva mu gihugu gituranyi asubira mu Bubiligi kuwa Gatatu w’iki Cyumweru.

Amakuru y’ingendo zose Munyandekwe amaze gukorera muri Uganda

The New Times yahamije  ko mu bucukumbuzi yakoze yasanze abayobozi ba Uganda barabanje kugira uruhare mu irekurwa rya Anastase Munyandekwe ubwo yari yafatiwe na Polisi Mpuzamahanga (Interpol), i Kampala.

Interpol yamufashe igendeye ku mpapuro zo kumuta muri yombi yahawe, gusa abayobozi ba Uganda baritambitse nyuma bamufasha gusubira mu Bubiligi.

Amakuru yizewe ni uko yuririye ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Entebbe mu ijoro ryakeye kuri uyu wa kane. Munyandekwe yahamijwe na Gacaca uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, amaze hafi imyaka 12 ku rutonde rw’abo Interpol igomba gufata.

Munyandekwe yavutse mu 1950 mu Kagari ka Mburi, Umurenge wa Rwamweru mu yahoze ari Komini Kinyamakara muri Perefegitura ya Gikongoro. Yari umwe mu bahezanguni bakomeye b’ishyaka MDR-Power.

Yari umuyobozi wa MDR-Power mu yahoze ari Gikongoro ariko mu gihe cya Jenoside yabaga mu Kagari ka Rugunga, Umurenge wa Biryogo muri Kigali.

Ubuhamya bw’abayobozi b’imitwe y’iterabwoba batawe muri yombi barimo uwari umuvugizi wa FDLR, Ignace Nkaka, alias LaForge Fils Bazeye n’uwari ukuriye ubutasi, Lt Col Jean Pierre Nsekanabo, bugaragaza ko Uganda ifasha ibiganiro hagati ya RNC, FDLR n’indi mitwe irwanya u Rwanda, igamije kwishyira hamwe ngo iruhungabanye.

2019-08-02
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame ategerejwe  bidasanzwe muri Cote D’Ivoire

Perezida Kagame ategerejwe bidasanzwe muri Cote D’Ivoire

Editorial 18 Dec 2018
Police Kill 3 People believed to be robbers not extremists

Police Kill 3 People believed to be robbers not extremists

Editorial 23 Aug 2016
U Burundi bwikomye Leta y’u Rwanda kubera urupfu rwa Perezida Ntaryamira Cyprien

U Burundi bwikomye Leta y’u Rwanda kubera urupfu rwa Perezida Ntaryamira Cyprien

Editorial 06 Apr 2018
Hakuzimana Rashid yahamwe n’ibyaha byose aregwa, akatirwa gufungwa imyaka irindwi.

Hakuzimana Rashid yahamwe n’ibyaha byose aregwa, akatirwa gufungwa imyaka irindwi.

Editorial 08 Oct 2024
Perezida Kagame ategerejwe  bidasanzwe muri Cote D’Ivoire

Perezida Kagame ategerejwe bidasanzwe muri Cote D’Ivoire

Editorial 18 Dec 2018
Police Kill 3 People believed to be robbers not extremists

Police Kill 3 People believed to be robbers not extremists

Editorial 23 Aug 2016
U Burundi bwikomye Leta y’u Rwanda kubera urupfu rwa Perezida Ntaryamira Cyprien

U Burundi bwikomye Leta y’u Rwanda kubera urupfu rwa Perezida Ntaryamira Cyprien

Editorial 06 Apr 2018
Hakuzimana Rashid yahamwe n’ibyaha byose aregwa, akatirwa gufungwa imyaka irindwi.

Hakuzimana Rashid yahamwe n’ibyaha byose aregwa, akatirwa gufungwa imyaka irindwi.

Editorial 08 Oct 2024
Perezida Kagame ategerejwe  bidasanzwe muri Cote D’Ivoire

Perezida Kagame ategerejwe bidasanzwe muri Cote D’Ivoire

Editorial 18 Dec 2018
Police Kill 3 People believed to be robbers not extremists

Police Kill 3 People believed to be robbers not extremists

Editorial 23 Aug 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru