• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»“Abashimuta kandi bakica abantu bari iruhande rwa Museveni” Umushakashatsi Yusuf Serunkuma

“Abashimuta kandi bakica abantu bari iruhande rwa Museveni” Umushakashatsi Yusuf Serunkuma

Ubwanditsi 12 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Ubwicanyi bukomeje gukaza umurego mu gihugu cya Uganda. Mu mpera z’ukwezi kwa Kanama, umudamu witwa Nagirinya n’umushoferi we Ronald Kitayimbwa barashimuswe nyuma baricwa. Tariki ya 6 Nzeli 2019, abantu babiri aribo Merina Tumukunde na Joshua Ntireho Ruhegyera biciwe ku muhanda munini uva Entebbe werekeza mu mugi wa Kampala

Abantu benshi bagarutse kuri ubu bwicanyi bumaze igihe muri Uganda bemeza ko butashoboka inzego z’umutekano zitabirimo urebye abantu bicwa uko baba bakomeye ndetse n’uburyo bikorwamo, bigaragara ko bikorwa nababa barabikoreye imyitozo.

Mbere yuko yicwa , Tumukunde n’umugabo we bari bitabiriye umuhango wo gushyingura uwahoze ari umukuru w’urukiko rw’ikirenga, Alfred Karokora yavuzeko yabwiwe ko ariwe uzicwa atungurwa no kubona umugore we ariwe bishe.

Umushakashatsi muri Kaminuza ya Makarere Yusuf Serunkuma Kajura, yabwiye Television yo muri Uganda NTV ati “Urebye uburyo ubwicanyi bukorwa, bigaragara ko inzego z’umutekano zananiwe inshingano cyangwa se akaba aribo babiri inyuma. Afande Kirumira mbere yuko yicwa yarabivugaga ati mu minsi mike nzicwa, Major Kigundu nawe ni uko, urebye amasasu yarashwe Afande Kawesi n’uburyo byakozwemo, ubona atari ibyakorwa n’abantu basanzwe, ni abantu bari hafi n’ubutegetsi kandi tubana nabo. Bazi neza uko umutekano wa Perezida Museveni uteye, bashobora kumviriza telephone, uhamagara Perezida utabaza nyuma ukazamahagarwa ntuzongere guhamagara Perezida ukundi, uwabikora ntabwo ari kure ya Perezida ari iruhande rwe. Abashimuta bakanica abantu ni abari mu imbere y’ubutegetsi”

Kubijyanye n’ubwicanyi bubera muri Uganda, Perezida Museveni yabwiye inteko ishinga amategeko tariki ya 18 Ukwakira 2018 ko igisubizo cyabonetse kuko bagiye gushyira cameras ahantu hose ku buryo ntawe uzaba acyitegembya ngo akore icyaha yigendere. Ibi byatwaye akayabo k’amafaranga kangana na miliyari 380 z’amashiringi ariko ntibyabuza ubwicanyi gukomeza. Hashize umunsi umwe Museveni asabye ko abashinzwe izo Cameras bakwirukanwa.

Museveni asuzuma camera zikoreshwa mu mihanda ya Kampala ahavugwa ubwicanyi ndenga kamere

Ikibazo si abashinzwe Cameras kuko niba abaregwa ubwicanyi ari abantu bamuri iruhande ntakabuza nta kizabihagarika. Igihe cyari kigeze ngo ubwicanyi muri Uganda buhagarare, ndetse na Uganda ihagarike gushyigikira imitwe y’iterabwoba iba ishaka gukora ibikorwa by’iterabwoma mu Rwanda cyane cyane RNC na FDLR.

2019-09-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyarwandakazi wa mbere  yambitswe ikamba rya gikomando mu ngabo z’ Amerika zirwanira mu kirere

Umunyarwandakazi wa mbere yambitswe ikamba rya gikomando mu ngabo z’ Amerika zirwanira mu kirere

Ubwanditsi 31 May 2017
“Nta ngabo z’u Rwanda ziri Maputo” Brig Gen Rwivanga

“Nta ngabo z’u Rwanda ziri Maputo” Brig Gen Rwivanga

Ubwanditsi 04 Nov 2024
Uko Uburundi bwinjije abarwanyi ba FDLR mu gisirikare kirinda umukuru w’igihugu

Uko Uburundi bwinjije abarwanyi ba FDLR mu gisirikare kirinda umukuru w’igihugu

Ubwanditsi 26 Apr 2019
Abanzi b’Igihugu bikomye bikomeye Ikinyamakuru Rushyashya n’umuyobozi wacyo

Abanzi b’Igihugu bikomye bikomeye Ikinyamakuru Rushyashya n’umuyobozi wacyo

Ubwanditsi 12 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda yijeje gukurikirana urupfu rw’Umunyarwanda witabye Imana kubera iyicarubozo
Mu Mahanga

Uganda yijeje gukurikirana urupfu rw’Umunyarwanda witabye Imana kubera iyicarubozo

Ubwanditsi 19 Sep 2019
Umutekamutwe Kasinge Nadine yongeye gutuburira abamukurikira bujiji.
Amakuru

Umutekamutwe Kasinge Nadine yongeye gutuburira abamukurikira bujiji.

Ubwanditsi 26 Nov 2023
Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda
Amakuru

Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda

RUSHYASHYA 24 Apr 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru