• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nunu Johnson, indi nzirakarengane yazize iyicarubozo rya CMI yapfiriye Ntungamo

Nunu Johnson, indi nzirakarengane yazize iyicarubozo rya CMI yapfiriye Ntungamo

Editorial 21 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Umugande ufite inkomoko yo mu Rwanda wabeshyewe ko ari intasi y ‘uRwanda yazize iyicarubozo yakorewe mu buroko mu gihe kingana n’umwaka, nyuma yuko arekuwe, iri yicarubozo akaba yararikorewe umusubizo, mbere y’uko arekurwa.

Nunu Johnson, wari umucuruzi mu Karere ka Ntungamo akaba yitabye Imana afite imyaka 60, ku wa Gatandatu  taliki ya  17 Kanama 2019.

Nkuko abo mu muryango we babitangaza, ngo mu gihe yari muri gereza ya CMI, abari baramufunze bamwangiraga kwivuza indwara ya diyabete .

Bityo nyakwigendera arazahara, ku buryo atongeye kugira agahenge nkuko yabaga ameze, mbere y’uko afungwa, nyuma y’igihe gito afunguwe ahitanwa na kanseri y’umwijima.

Ubusanzwe, kanseri y’umwijima iravurwa, umurwayi akoroherwa, ariko uburwayi bwa Nunu bwakomejwe nuko CMI yamukoreye iyicarubozo, harimo no kumwangira gufata imiti ya diyabete.

 ” Yishwe na CMI,” ibivugwa n’umwe mu bagize umuryango we.

Ku wa 19 Ukuboza 2017, intasi za CMI zamukuye mu rugo iwe Ntungamo zimujyana Mbuya mu Kigo cya gisirikare aho yafungiwe igihe gikabakaba amezi 6.

Johnson yari umuntu w’ikirangirire muri Mpororo yose, bityo RNC imubonamo kuba umuntu w’ingirakamaro, bityo bashaka kumugira umunyamuryango wabo,  nkuko amakuru atugeraho abigaragaza.

Nyuma yuko arekurwa, Johnson yavuze ko Pasiteri Deo Nyirigira, wo mu Itorero AGAPE muri Mbarara n’Umuhuzabikorwa wa RNC ku rwego rw’Akarere bari baramwegereye bamusaba ko yababera umunyamuryango, akajya anabafasha gushishikariza urubyiruko kwinjira muri RNC, no kubafasha kugirango Abanyarwanda babacuruzi bajye batanga imisanzu muri uyu mutwe w’iterabwoba.

Johnson yakomeje gukurira Nyirigira inzira ku murima.

Ariko Nyirigira-ufite umuhungu witwa Mwizerwa wahoze ari umwe mu bakuru babarwanyi ba RNC muri Kivu y’Amajyepfo, mbere yuko zihura n’uva gusenya, bityo bigatuma amuvanayo akamujyana Mbarara, akaba atarigeze ava ku izima, kuko aba bagabo bombi bari basanzwe baziranye.

Bityo Johnson akaba yarasubijweyo kubera igitutu n’ibikangisho ariko we yabonaga ko ntashingiro byari bifite.

” Ugomba kutubera umunyamuryango, bitaba ibyo, ukazirengera ingaruka zizakubaho. Ntutume nkora ibizakurikira” Pasiteri Nyirigira aburira Johnson.

Kayumba Nyamwasa nyirabayazana

Ariko kandi Johnson yabonaga kuba umunyamuryango wa  RNC bidahwitse. Umunsi mwe, Nyirigira yaje gushyira mu bikorwa ibikangisho bye, aho yamwoherereje intasi za RNC.

Izo ntasi zabaga zirimo kuzenguruka Mbarara hamwe n’umuhungu wa Nyirigira  Mwizerwa, ndetse na Sam Ruvuma,  mwenenyina wa Koloneri Gideon Katinda ukora mu Rukiko rw’igisirikare cya UPDF, mu migambi yabo yo gushakira RNC abayoboke.

Igitangaje, yaba Ruvuma cyangwa se Mwizerwa bari aho 46 bari bagiye kwinjira muri RNC bafatiwe ku mupaka wa Kikagati, bajya muri DRC aho bari kunyura iBurundi

Abari bagiye kwinjira muri RNC bakaba baravuze ko CMI yari yaborohereje kubona ibyangombwa by’inzira by’ibihimbano, nyuma yuko bahaswe ibibazo n’inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka.

Nunu yimwe imiti

Ubwo yari mu buroko mu kigo cya gisirikare cya Mbuya, Nunu Johnson yingize abamufashe ngo bareke umuryango we umuzanire imiti y’uburwayi bwe ariko baranga, ahubwo bakarushaho kumutoteza amanywa n’ijoro.

Undi mucuruzi uturuka Mbarara, Fred Turatsinze na we yafungiwe ku kigo cya gisirikare cya Mbuya. Aho yahahuriye n’abanyarwanda benshi bahafungiye barimo na Nunu Johnson.

Nyuma y’igihe bahambiriwe ibitambaro mu maso, babikurwagamo nijoro ari nabwo bemererwaga kujya ku musarani. Turatsinze yibuka ko umunsi umwe yabajije Johnson impamvu bamuzanye aho, bose basanga batazi impamvu bafungiwe aho.

Turatsinze waje kurekurwa akajugunywa ku mupaka wa Gatuna yagize ati “Ubwo abarinzi batwumvaga tuvuga, bahise badutandukanya batujyana mu byumba bitandukanye.”

Uburwayi bwa Nunu bwakomeje gukomera kubera kwimwa uburenganzira bwo gufata imiti. Impyiko ze zarushijeho kurwara ari mu buroko ku buryo ubwo yarekurwaga yasaga n’uwamaze gupfa.

Johnson akirekurwa yatangiye gusezera umuryango n’inshuti, avuga ko umubiri ufite intege nke ku buryo yumva nta gihe kinini asigaje.

Na nyuma yo kurekurwa Nunu ntiyigeze ahabwa agahenge, yari yarategetswe kujya yitaba ku biro bikuru bya CMI.

Nunu Johnson yashyinguwe kuwa Kabiri tariki 20 Kanama 2019. Asize abana 16.

2019-08-21
Editorial

IZINDI NKURU

FDU-Inkingi ya Ingabire Victoire ikomeje kwerekana ko ari impanga ya FDLR.

FDU-Inkingi ya Ingabire Victoire ikomeje kwerekana ko ari impanga ya FDLR.

Editorial 05 Nov 2022
Perezida Kagame yatanze umukoro ku kibazo cy’Abanyafurika barohama mu Nyanja bajya i Burayi

Perezida Kagame yatanze umukoro ku kibazo cy’Abanyafurika barohama mu Nyanja bajya i Burayi

Editorial 06 Oct 2018
Umunyamakuru wo mu gihugu cya Canada witwa Judi Rever, akwiye kwamaganwa

Umunyamakuru wo mu gihugu cya Canada witwa Judi Rever, akwiye kwamaganwa

Editorial 02 May 2018
Abagaragu ba Rujugiro Triibert mu mazi abira kubera ubugome,ubujura n’ubugambanyi.

Abagaragu ba Rujugiro Triibert mu mazi abira kubera ubugome,ubujura n’ubugambanyi.

Editorial 14 Jul 2020
FDU-Inkingi ya Ingabire Victoire ikomeje kwerekana ko ari impanga ya FDLR.

FDU-Inkingi ya Ingabire Victoire ikomeje kwerekana ko ari impanga ya FDLR.

Editorial 05 Nov 2022
Perezida Kagame yatanze umukoro ku kibazo cy’Abanyafurika barohama mu Nyanja bajya i Burayi

Perezida Kagame yatanze umukoro ku kibazo cy’Abanyafurika barohama mu Nyanja bajya i Burayi

Editorial 06 Oct 2018
Umunyamakuru wo mu gihugu cya Canada witwa Judi Rever, akwiye kwamaganwa

Umunyamakuru wo mu gihugu cya Canada witwa Judi Rever, akwiye kwamaganwa

Editorial 02 May 2018
Abagaragu ba Rujugiro Triibert mu mazi abira kubera ubugome,ubujura n’ubugambanyi.

Abagaragu ba Rujugiro Triibert mu mazi abira kubera ubugome,ubujura n’ubugambanyi.

Editorial 14 Jul 2020
FDU-Inkingi ya Ingabire Victoire ikomeje kwerekana ko ari impanga ya FDLR.

FDU-Inkingi ya Ingabire Victoire ikomeje kwerekana ko ari impanga ya FDLR.

Editorial 05 Nov 2022
Perezida Kagame yatanze umukoro ku kibazo cy’Abanyafurika barohama mu Nyanja bajya i Burayi

Perezida Kagame yatanze umukoro ku kibazo cy’Abanyafurika barohama mu Nyanja bajya i Burayi

Editorial 06 Oct 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru