• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Museveni yariye indimi ubwo yasubizaga umuturage wamubajije ku kwica urubozo Abanyarwanda baba muri Uganda no gutera inkunga Kayumba

Perezida Museveni yariye indimi ubwo yasubizaga umuturage wamubajije ku kwica urubozo Abanyarwanda baba muri Uganda no gutera inkunga Kayumba

Ubwanditsi 27 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Iyo witegereje amashusho y’igikorwa cyabereye Luanda kuwa Gatatu tariki 21 Kanama 2019 ndetse ukanareba inyandiko yahasinyiwe n’abakuru b’ibihugu batanu bakabyishimira bafatanye ikiganza mu kindi,  Museveni ari kure cyane ya Perezida Kagame ushatse wahita ukeka ikizava muri ayo masezerano benshi bahamya ko ari nkamwe y’Arusha.

Ushobora  kandi gukeka ko uyu munsi wari uw’amateka mu mibanire y’u Rwanda na Uganda nk’uko na benshi mu basesenguzi babigarukaho, ariko byinshi biri guca amarenga ku kuba urwishe ya nka rukiyirimo.

Mu masaha macye mbere y’isinywa ry’amasezerano ya Luanda,  Umunyarwanda witwa Nunu Johnson wari umaze iminsi ari mu ibohero rya CMI yapfuye azize iyicarubozo yakorewe.

Uyu Nunu ni umwe muri benshi bamaze kwicwa hakoreshejwe uburyo bw’iyicarubozo ndengakamere. Abandi amagana barimo  Rutagungira  Rene,  bafungiye hirya no hino mu mabohero ya CMI  muri Uganda, nta kugezwa imbere y’ubutabera cyangwa ngo bemererwe gusurwa no guhura n’abunganizi mu by’amategeko.

Iyicarubozo bakorerwa ni ndengakamere kuko hari nk’abagore b’abanyarwanda bakuyemo amada bakubiswe bambuwe ubusa, badubikwa mu mazi  bacuramye ndetse banafatishwa umuriro w’amashanyarazi mu bitsina. Abandi bakoreshwa imirimo y’uburetwa ikiboko kirisha n’ibindi bikorwa ndengakamere byinshi.

Mu gihe abasesenguzi barimo guhishura andi makuru y’ukuntu Museveni yokejwe igitutu na bagenzi be barimo    Perezida wa Angola João Lourenço  wari watumije inama, akanayihagarikira ndetse na Denis sasou Nguesso  wa Congo Brazzaville wabijemo ku munota wa nyuma kuko Museveni, yari yananiranye, atifuzaga gusinyira ibirego ashinjwa n’u Rwanda, ariko ku munota wanyuma akaza kwemera kubisinya bya nyirarureshwa kubera kotswa igitutu n’abakuru bibihugu bagenzi be.

Ari naho abasesenguzi bahera bavuga ko Museveni atazashyira mubikorwa ibyayo masezerano kuko ibiyakubiyemo atabyemera.

Mugihe bigitegerejwe ko ariya masezerano ashyirwa mu bikorwa, ibimenyetso by’ibanze byahise byigaragaza biteye inkene.

Amasaha macye nyuma y’isinywa ry’amasazerano, Uganda yatangije igisa n’intambara ku bitangazamakuru byo mu Rwanda bikorera kuri internet, itegeka amasosiyete y’itumanaho yose akorera muri icyo gihugu kuniga imbuga nyinshi zirimo Igihe.com , The New Times, Rushyashya na Virungapost, ariko u Rwanda ruza gutabara mu gukemura iki kibazo n’ikimwaro kinshi Museveni ategeka  ko izo mbuga za internet zigenga zo mu Rwanda zifungurwa.

Ku mugoroba wo kuri uyu wambere taliki ya 26 Kanama 2019 nibwo Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni yafashe umwanya asubiza ibibazo  yabajijwe ku mbuga nkoranyambaga ze akoresha Facebook&twitter,…) arangije atangaza ibisubizo ku bibazo byose yari yabajijwe harimo n’ikimubaza ku iyicwa rubuzo rikorerwa abanyarwanda babarizwa mu Gihugu ayoboye n’imikoraniye ye na Kayumba Nyamwasa utavuga rumwe na leta y’u Rwanda.

Faustin Kayumba Nyamwasa

Perezida Museveni mu gusubiza  umuturage wamubajije ku iyica rubozo rikorerwa Abanyarwanda muri Uganda no kuba igihugu ayoboye gifasha imitwe ishaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda nka RNC ya Kayumba Nyamwasa, ariko  yirinda kugira icyo abivugaho gusa avuga ko ari ikibazo cyaganiriweho  n’abakuru bibihugu bitandukanye birimo abo mu Karere n’abandi.

Perezida Museveni asubiza EriRwanda wamubarije iki kibazo  kuri twitter yagize ati:

“ N’ibitutsi byinshi uwitwa EriRwanda, yanshinjije kwica urubozo Abanyarwanda baba muri Uganda no gutera inkunga Kayumba. Ibi byose twabiganiriyeho  n’abandi bakuru b’Ibihugu batari Prezida Kagame gusa  ahubwo n’abandi ba Perezida bo mu Karere barimo Perezida Kenyatta (Kenya), Lorenco(Angola), Tshisekedi (RDC), Magufuli (Tanzania) na Sassou Nguesso (Congo ). Nanze kuganira ibibazo biri hagati y’Ibihugu mu itangazamakuru no ku mbugankoranyambaga.”

Igisubizo cya Perezida Museveni

Si ubwambere Perezida Museveni yanze gusubiza abamubajije ibibazo bya politiki biri hagati y’u Rwanda na Uganda mu ruhame kuko no mu mezi ashize umwe mu baturage ba Uganda yamubarije i Kabale nabwo ikibazo gisa n’iki asubiza ko ibibazo bihari atari ibyo kuganirira mu bitangazamakuru.

Urwanda na Uganda  n’ubwo biherutse gusinyana amasezerano yo gukemura ibazo bafitanye, aya maseszerano yasinyiwe  mu gihugu cya Angola kuwa 21 Kanama 2019 ariko, arakemangwa kuko kuva  ayo masezerano yasinywa nta tandukaniro umuturage w’ibihugu byombi arabona kuva aho asinyiwe na mbere yuko asinywa. Nta Munyarwanda wemerewe kwambuka umupaka ngo ajye muri Uganda.

Ibi byatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda Amb Olivier Nduhungirehe yabwiye Itangazamakuru  ko n’ubwo u Rwanda na Uganda byasinye amasezerano arimo ingingo y’uko ibihugu byombi bisubukura guhahirana, ngo ntibivuze ko Abanyarwanda bagomba gutangira kujyayo. Ngo babe baretse abahafungiwe bitanyuze mu mategeko babanze bafungurwe.

Ati: “None se twabwira Abanyarwanda gusubira Uganda kandi abafashwe ku buryo butemewe n’amategeko batarafungurwa? Nibabanze babafungure, ibindi bizakurikira.”

Amb Nduhungirehe avuga ko  ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda atari icy’umupaka ahubwo ari icy’umutekano w’u Rwanda n’Abanyarwanda batuye muri Uganda.

Yagize ati: “ Ariko ikibazo ntitukakigire icy’umupaka . Ikibazo mbere na mbere n’icy’umutekano w’u Rwanda n’Abanyarwanda batuye Uganda. Icyo kibazo nigikemuka, n’ibindi bizakemuka.”

Olivier Nduhungirehe avuga ko ibikubiye mu masezerano yasinyiwe Luanda muri Angola kuri uyu wa Gatatu bisobanutse kandi ko abayasinye buri ruhande rufite icyo rusabwa.

Ngo nibyubahirizwa bigashyirwa mu bikorwa cyane cyane ibikubiye mu ngingo ya a), b) na c), umubano uzagaruka mu nzira nziza.

Ingingo ya mbere agaka ka ‘a’ kagira gati: “buri gihugu kigomba kubaha imipaka n’ubusugire bw’ikindi kandi hakirindwa guhungabanya ubusugire bw’ibihugu bituranyi”

Agaka ka ‘b’ kagira gati: “buri gihugu kigomba kwirinda ibikorwa byahungabanya umutekano w’ikindi cyangwa icyo bituranye, kikirinda ibintu byose byatuma kigaragara mu ishusho yo guhungabanya ikindi, kandi kikirinda gutera inkunga y’amafaranga, ibikoresho…umutwe cyangwa imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya ikindi bihuriye kuri aya masezerano.”

Agaka ka ‘c’ k’iyi ngingo kavuga ko buri gihugu kigomba kubahiriza uburenganzira bw’abaturage b’ikindi gihugu ariko bakibamo cyangwa bagikoreramo imirimo runaka bagataha iwabo, bagahabwa uburenganzira hashingiwe ku mategeko agenga igihugu batuyemo cyangwa bakoreramo.

2019-08-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi-Cibitoke: Habonwe imirambo y’abantu 14 bishwe bari kungoyi

Burundi-Cibitoke: Habonwe imirambo y’abantu 14 bishwe bari kungoyi

Ubwanditsi 03 Sep 2019
Yozefu Matata yamaganwe n’abakomoka ku Banyapolitiki bishwe na Habyarimana ubwo yafataga ubutegetsi muri 1973

Yozefu Matata yamaganwe n’abakomoka ku Banyapolitiki bishwe na Habyarimana ubwo yafataga ubutegetsi muri 1973

Ubwanditsi 10 Jul 2020
Jean Paul Turayishimye yabuze byose nk’ingata imenye, menya ibyo yategetswe na Kayumba Nyamwasa ngo asubire muri RNC

Jean Paul Turayishimye yabuze byose nk’ingata imenye, menya ibyo yategetswe na Kayumba Nyamwasa ngo asubire muri RNC

Ubwanditsi 13 May 2020
Umunyarwanda arashinja Umubiligi kumukorera irondaruhu

Umunyarwanda arashinja Umubiligi kumukorera irondaruhu

Ubwanditsi 06 Jun 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Beatrice Bongwa
    August 29, 20194:34 pm -

    Fora: Mu bihugu byombi Urwanda na Uganda, ni ikihe gihugu cyahungabanyije umutekano w’ibindi bihugu kurusha ikindi?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

# OIF: Canada yateye umugongo umukandida wayo, Himbara arasebye
INKURU NYAMUKURU

# OIF: Canada yateye umugongo umukandida wayo, Himbara arasebye

Ubwanditsi 10 Oct 2018
Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryafashe amakarito arenga 600 y’inzoga zidasorewe
Mu Rwanda

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryafashe amakarito arenga 600 y’inzoga zidasorewe

Ubwanditsi 02 Mar 2017
FDLR iracyari ihurizo rikomeye ku mutekano w’u Rwanda
Amakuru

FDLR iracyari ihurizo rikomeye ku mutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 17 Jun 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru