• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Museveni yariye indimi ubwo yasubizaga umuturage wamubajije ku kwica urubozo Abanyarwanda baba muri Uganda no gutera inkunga Kayumba

Perezida Museveni yariye indimi ubwo yasubizaga umuturage wamubajije ku kwica urubozo Abanyarwanda baba muri Uganda no gutera inkunga Kayumba

Editorial 27 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Iyo witegereje amashusho y’igikorwa cyabereye Luanda kuwa Gatatu tariki 21 Kanama 2019 ndetse ukanareba inyandiko yahasinyiwe n’abakuru b’ibihugu batanu bakabyishimira bafatanye ikiganza mu kindi,  Museveni ari kure cyane ya Perezida Kagame ushatse wahita ukeka ikizava muri ayo masezerano benshi bahamya ko ari nkamwe y’Arusha.

Ushobora  kandi gukeka ko uyu munsi wari uw’amateka mu mibanire y’u Rwanda na Uganda nk’uko na benshi mu basesenguzi babigarukaho, ariko byinshi biri guca amarenga ku kuba urwishe ya nka rukiyirimo.

Mu masaha macye mbere y’isinywa ry’amasezerano ya Luanda,  Umunyarwanda witwa Nunu Johnson wari umaze iminsi ari mu ibohero rya CMI yapfuye azize iyicarubozo yakorewe.

Uyu Nunu ni umwe muri benshi bamaze kwicwa hakoreshejwe uburyo bw’iyicarubozo ndengakamere. Abandi amagana barimo  Rutagungira  Rene,  bafungiye hirya no hino mu mabohero ya CMI  muri Uganda, nta kugezwa imbere y’ubutabera cyangwa ngo bemererwe gusurwa no guhura n’abunganizi mu by’amategeko.

Iyicarubozo bakorerwa ni ndengakamere kuko hari nk’abagore b’abanyarwanda bakuyemo amada bakubiswe bambuwe ubusa, badubikwa mu mazi  bacuramye ndetse banafatishwa umuriro w’amashanyarazi mu bitsina. Abandi bakoreshwa imirimo y’uburetwa ikiboko kirisha n’ibindi bikorwa ndengakamere byinshi.

Mu gihe abasesenguzi barimo guhishura andi makuru y’ukuntu Museveni yokejwe igitutu na bagenzi be barimo    Perezida wa Angola João Lourenço  wari watumije inama, akanayihagarikira ndetse na Denis sasou Nguesso  wa Congo Brazzaville wabijemo ku munota wa nyuma kuko Museveni, yari yananiranye, atifuzaga gusinyira ibirego ashinjwa n’u Rwanda, ariko ku munota wanyuma akaza kwemera kubisinya bya nyirarureshwa kubera kotswa igitutu n’abakuru bibihugu bagenzi be.

Ari naho abasesenguzi bahera bavuga ko Museveni atazashyira mubikorwa ibyayo masezerano kuko ibiyakubiyemo atabyemera.

Mugihe bigitegerejwe ko ariya masezerano ashyirwa mu bikorwa, ibimenyetso by’ibanze byahise byigaragaza biteye inkene.

Amasaha macye nyuma y’isinywa ry’amasazerano, Uganda yatangije igisa n’intambara ku bitangazamakuru byo mu Rwanda bikorera kuri internet, itegeka amasosiyete y’itumanaho yose akorera muri icyo gihugu kuniga imbuga nyinshi zirimo Igihe.com , The New Times, Rushyashya na Virungapost, ariko u Rwanda ruza gutabara mu gukemura iki kibazo n’ikimwaro kinshi Museveni ategeka  ko izo mbuga za internet zigenga zo mu Rwanda zifungurwa.

Ku mugoroba wo kuri uyu wambere taliki ya 26 Kanama 2019 nibwo Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni yafashe umwanya asubiza ibibazo  yabajijwe ku mbuga nkoranyambaga ze akoresha Facebook&twitter,…) arangije atangaza ibisubizo ku bibazo byose yari yabajijwe harimo n’ikimubaza ku iyicwa rubuzo rikorerwa abanyarwanda babarizwa mu Gihugu ayoboye n’imikoraniye ye na Kayumba Nyamwasa utavuga rumwe na leta y’u Rwanda.

Faustin Kayumba Nyamwasa

Perezida Museveni mu gusubiza  umuturage wamubajije ku iyica rubozo rikorerwa Abanyarwanda muri Uganda no kuba igihugu ayoboye gifasha imitwe ishaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda nka RNC ya Kayumba Nyamwasa, ariko  yirinda kugira icyo abivugaho gusa avuga ko ari ikibazo cyaganiriweho  n’abakuru bibihugu bitandukanye birimo abo mu Karere n’abandi.

Perezida Museveni asubiza EriRwanda wamubarije iki kibazo  kuri twitter yagize ati:

“ N’ibitutsi byinshi uwitwa EriRwanda, yanshinjije kwica urubozo Abanyarwanda baba muri Uganda no gutera inkunga Kayumba. Ibi byose twabiganiriyeho  n’abandi bakuru b’Ibihugu batari Prezida Kagame gusa  ahubwo n’abandi ba Perezida bo mu Karere barimo Perezida Kenyatta (Kenya), Lorenco(Angola), Tshisekedi (RDC), Magufuli (Tanzania) na Sassou Nguesso (Congo ). Nanze kuganira ibibazo biri hagati y’Ibihugu mu itangazamakuru no ku mbugankoranyambaga.”

Igisubizo cya Perezida Museveni

Si ubwambere Perezida Museveni yanze gusubiza abamubajije ibibazo bya politiki biri hagati y’u Rwanda na Uganda mu ruhame kuko no mu mezi ashize umwe mu baturage ba Uganda yamubarije i Kabale nabwo ikibazo gisa n’iki asubiza ko ibibazo bihari atari ibyo kuganirira mu bitangazamakuru.

Urwanda na Uganda  n’ubwo biherutse gusinyana amasezerano yo gukemura ibazo bafitanye, aya maseszerano yasinyiwe  mu gihugu cya Angola kuwa 21 Kanama 2019 ariko, arakemangwa kuko kuva  ayo masezerano yasinywa nta tandukaniro umuturage w’ibihugu byombi arabona kuva aho asinyiwe na mbere yuko asinywa. Nta Munyarwanda wemerewe kwambuka umupaka ngo ajye muri Uganda.

Ibi byatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda Amb Olivier Nduhungirehe yabwiye Itangazamakuru  ko n’ubwo u Rwanda na Uganda byasinye amasezerano arimo ingingo y’uko ibihugu byombi bisubukura guhahirana, ngo ntibivuze ko Abanyarwanda bagomba gutangira kujyayo. Ngo babe baretse abahafungiwe bitanyuze mu mategeko babanze bafungurwe.

Ati: “None se twabwira Abanyarwanda gusubira Uganda kandi abafashwe ku buryo butemewe n’amategeko batarafungurwa? Nibabanze babafungure, ibindi bizakurikira.”

Amb Nduhungirehe avuga ko  ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda atari icy’umupaka ahubwo ari icy’umutekano w’u Rwanda n’Abanyarwanda batuye muri Uganda.

Yagize ati: “ Ariko ikibazo ntitukakigire icy’umupaka . Ikibazo mbere na mbere n’icy’umutekano w’u Rwanda n’Abanyarwanda batuye Uganda. Icyo kibazo nigikemuka, n’ibindi bizakemuka.”

Olivier Nduhungirehe avuga ko ibikubiye mu masezerano yasinyiwe Luanda muri Angola kuri uyu wa Gatatu bisobanutse kandi ko abayasinye buri ruhande rufite icyo rusabwa.

Ngo nibyubahirizwa bigashyirwa mu bikorwa cyane cyane ibikubiye mu ngingo ya a), b) na c), umubano uzagaruka mu nzira nziza.

Ingingo ya mbere agaka ka ‘a’ kagira gati: “buri gihugu kigomba kubaha imipaka n’ubusugire bw’ikindi kandi hakirindwa guhungabanya ubusugire bw’ibihugu bituranyi”

Agaka ka ‘b’ kagira gati: “buri gihugu kigomba kwirinda ibikorwa byahungabanya umutekano w’ikindi cyangwa icyo bituranye, kikirinda ibintu byose byatuma kigaragara mu ishusho yo guhungabanya ikindi, kandi kikirinda gutera inkunga y’amafaranga, ibikoresho…umutwe cyangwa imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya ikindi bihuriye kuri aya masezerano.”

Agaka ka ‘c’ k’iyi ngingo kavuga ko buri gihugu kigomba kubahiriza uburenganzira bw’abaturage b’ikindi gihugu ariko bakibamo cyangwa bagikoreramo imirimo runaka bagataha iwabo, bagahabwa uburenganzira hashingiwe ku mategeko agenga igihugu batuyemo cyangwa bakoreramo.

2019-08-27
Editorial

IZINDI NKURU

Ibirenge biva muri “Edeni” bijya muri Kongo, ko tutabibona bigaruka aho ni ubuhoro? 

Ibirenge biva muri “Edeni” bijya muri Kongo, ko tutabibona bigaruka aho ni ubuhoro? 

Editorial 22 Jan 2025
Afrika y’Epfo : Kayumba Nyamwasa ashobora gukurikiranwa n’ubutabera mpuzamahanga cyangwa se akaba yagarurwa mu Rwanda

Afrika y’Epfo : Kayumba Nyamwasa ashobora gukurikiranwa n’ubutabera mpuzamahanga cyangwa se akaba yagarurwa mu Rwanda

Editorial 01 Jun 2017
Ndayishimiye mu mayira abiri ku ngabo ze ziri muri Congo nyuma yuko Rubaya ifashwe

Ndayishimiye mu mayira abiri ku ngabo ze ziri muri Congo nyuma yuko Rubaya ifashwe

Editorial 24 May 2024
Ukuri kuraryana, abonse amashereka y’ingengabitekerezo ya jenoside bibumbiye mu gatsiko “JAMBO ASBL”, ubu baravuza iyabahanda , bikoma ababashyize ku Karubanda

Ukuri kuraryana, abonse amashereka y’ingengabitekerezo ya jenoside bibumbiye mu gatsiko “JAMBO ASBL”, ubu baravuza iyabahanda , bikoma ababashyize ku Karubanda

Editorial 01 Aug 2020

Igitekerezo kimwe

  1. Beatrice Bongwa
    August 29, 20194:34 pm -

    Fora: Mu bihugu byombi Urwanda na Uganda, ni ikihe gihugu cyahungabanyije umutekano w’ibindi bihugu kurusha ikindi?

    Subiza

Leave a Reply to Beatrice Bongwa Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Umufaransa w’umucanshuro Bob Denard yakoranye na Guverinoma yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi
INKURU NYAMUKURU

Uko Umufaransa w’umucanshuro Bob Denard yakoranye na Guverinoma yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 02 Feb 2018
Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umucongomani  imodoka ye yariganyijwe n’uwayimugurishije
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umucongomani imodoka ye yariganyijwe n’uwayimugurishije

Editorial 23 Dec 2016
Nyabihu: Abamotari basabwe  kuba mu bashinzwe  gukumira ibyaha hagamijwe impinduka nziza
Mu Mahanga

Nyabihu: Abamotari basabwe kuba mu bashinzwe gukumira ibyaha hagamijwe impinduka nziza

Editorial 28 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru