• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Amasezerano ya Luanda azerekana isura nyayo ya Museveni, hashize imyaka 34 ashyize umukono ku masezerano yise “amasezerano y’urwenya”

Amasezerano ya Luanda azerekana isura nyayo ya Museveni, hashize imyaka 34 ashyize umukono ku masezerano yise “amasezerano y’urwenya”

Ubwanditsi 27 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Tariki ya 27 Nyakanga 1985, ingabo za Uganda zari ziyobowe na Olara Okello zakoreye Coup d’Etat Guverinoma ya Milton Obote, aho Olara Okello yayoboye igihugu nyuma haza Gen Tito Okello. Ni mugihe kandi inyeshyamba za Perezida Museveni zungukiraga muri ako kavuyo zikomeza gufata ibice binini by’igihugu kubera ingabo zari zacitse morale zigahungira muri NRA ya Museveni.

Tito Okello yahise asaba ibice byose bifite uruhare mu ntambara yabaga muri icyo gihugu kugira imishyikirano bose barayitabira usibye NRM/NRA ya Museveni. Okello yitabaje Nyerere ariko Museveni aranangira nyuma aza kwemera byo kurangiza umuhango ubwo umuhuza yari abaye Perezida wa Kenya, Daniel Arap Moi.

Igihe amasezerano yabaga , Museveni yarakwepaga kugirango iminsi yiyongere cyangwa akazana ibindi bibazo baganiraho kugirango imishyikirano itarangira ingabo ze zifate ubutegetsi. Amasezerano yamaze amezi ane, nuko arangira yemeje ko Kampala itagomba kubarizwamo ingabo kandi ko NRM/NRA ya Museveni ihagarika urugamba ingabo ze zikavangwa niza Leta. Igihe amasezerano yamaze kingana n’amezi ane nibwo Museveni yashakaga kugira isura mu mahanga abizi neza ko atazahagarika intambara. Yafashe ubutegetsi yanga kubugabana, bityo ayo masezerano yabereye Nairobi yitwa “amasezerano y’urwenya”.

Ikigaragara amasezerano yose Museveni ashyiraho umukono agamije kugura isura nziza imbere y’Umuryango Mpuzamahanga, naho kuyashyira mu bikorwa bikaba ibindi bindi.

Nyuma yaho u Rwanda rugaragaje ibibazo Abanyarwanda bagira iyo bari muri Uganda ndetse n’uburyo Uganda ifasha imitwe yose y’iterabwoba irwanya u Rwanda, abakuru b’ibihugu bya Angola na Repubulika Iharanarira Demokarasi ya Kongo bafashije kugera ku masezerano yasinywe tariki 22 Kanama 2019.

Abakurikiranira hafi ibya politiki hagati mu karere bishimiye ayo masezerano cyane ko ashingiye mu kubuza buri gihugu guhagarika ibikorwa byose byabangamira umutekano w’ikindi gihugu, akaba aricyo kibazo nyamukuru u Rwanda rufite.

Kugeza uyu munsi nta kimenyetso kigaragara ko Uganda izashyira mu bikorwa amasezerano Perezida wayo yashyizeho umukono kuko kugeza ubu mu Banyarwanda barenga 100 bafungiye muri gereza zitazwi muri Uganda batararekurwa. Ikindi kimenyetso nuko Ibinyamakuru bikorera kuri Internet byo mu Rwanda byafunzwe muri Uganda umunsi umwe nyuma yo gushyira amasezarano ho umukono.

Dusubije amaso inyuma tukareba andi masezerano Uganda yashyizeho umukono dusanga atarubahirijwe. Nyuma y’amasezerano ya Lusaka yashyizweho n’ibihugu byo mu karere ndetse no mu majyepfo y’Afurika agamije kugarura umutekano muri Kongo, hasinywe amasezerano hagati ya Uganda n’u Rwanda agamije kugarura icyizere mu ngabo; ayo masezerano yasinywe na ba Minisitiri b’Ingabo hagati y’ibihugu byombi agamije kubaka icyizere hagati y’inzego zose nk’imwe mu nzira zo gukuraho ubushyamirane bwari bumaze igihe hagati y’ibihugu byombi. Aya masezerano yasinywe mu 2002 i Kampala, Amama Mbabazi ariwe uhagarariye Uganda mu gihe ku ruhande rw’u Rwanda yari Brig Gen Emmanuel Habyarimana.

Aya y’i Kampala ajya gusinywa, yari akurikiye inama nyinshi z’abakuru b’ibihugu byombi zabereye mu Rwanda, Uganda ndetse no mu Bwongereza i Londres.

Ayo masezerano yatumye haza agahenge, ariko ntabwo yasubije ikibazo nyamukuru. Wenda amasezerano ya Luanda azatuma ibikorwa byo gufataa Abanyarwanda nyuma yayo bihagarara ariko abafashwe nta cyizere ko bazarekurwa.

Ikigararagara ibirego u Rwanda rwaregaga Uganda muri 2000 nibyo byisubiyemo kuko u Rwanda rwashinjaga Uganda gufasha abahungabanya umutekano mu Rwanda.

Kuva muri 2000 imikorere ya Museveni ntiyigeze ihinduka kuko I byaha ni bimwe.

Iyo usomye neza ibikubiye mu masezerano, usanga ari ibisubizo by’ibibazo byatanzwe n’u Rwanda, bireba ubuzima bw’Abanyarwanda ariko Uganda yo binyuze mu bitangazamakuru bya Leta cyangwa ibishyigikiye Leta bavuga ikibazo cy’umupaka gusa. Bigaragara ko ari ukujijisha Uganda itayashyira mu bikorwa kuko ntibyaba ari ubwa mbere cyangwa ubwa kabiri.

Ikigaragara abakuru b’ibihugu bitabiriye uyu muhango bazabona isura nyayo ya Perezida Museveni, aho ari ikibazo mu karere kurusha igisubizo.

2019-08-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwibuka25: Perezida Kagame na Madame bacanye urumuri rw’ikizere, aho Amahanga yakoraniye i Kigali  Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka25: Perezida Kagame na Madame bacanye urumuri rw’ikizere, aho Amahanga yakoraniye i Kigali Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 07 Apr 2019
Inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zamaze nazo gushyirwa mu murage w’Isi

Inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zamaze nazo gushyirwa mu murage w’Isi

Ubwanditsi 20 Sep 2023
Kandida Perezida Robert Kyagulanyi Uzwi nka Bobi Wine, yafashwe na Polisi arafungwa i Luuka ari mu bikorwa byo kwiyamamaza

Kandida Perezida Robert Kyagulanyi Uzwi nka Bobi Wine, yafashwe na Polisi arafungwa i Luuka ari mu bikorwa byo kwiyamamaza

Ubwanditsi 18 Nov 2020
Yoweri K.Museveni arasiga ibye bita imitemeri akajya gupfundikira iby’abandi

Yoweri K.Museveni arasiga ibye bita imitemeri akajya gupfundikira iby’abandi

Ubwanditsi 04 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abakozi ba leta ntibavuga rumwe ku mushinga wo kujya bishyurwa bubyizi
Mu Mahanga

Uganda: Abakozi ba leta ntibavuga rumwe ku mushinga wo kujya bishyurwa bubyizi

Ubwanditsi 24 May 2018
Philippe MPAYIMANA, Utavuga Rumwe na Leta y’U Rwanda,Aramagana Abiyita Abanyapolitiki Bafite Virusi y’Ubugome bwo Gushora Abanyarwanda mu Ntambara.
Amakuru

Philippe MPAYIMANA, Utavuga Rumwe na Leta y’U Rwanda,Aramagana Abiyita Abanyapolitiki Bafite Virusi y’Ubugome bwo Gushora Abanyarwanda mu Ntambara.

Ubwanditsi 21 Sep 2020
Batatu bafunzwe bazira ubujura bw’insinga z’amashanyarazi
Mu Mahanga

Batatu bafunzwe bazira ubujura bw’insinga z’amashanyarazi

Ubwanditsi 01 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru