• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Mukura Victory Sport yatwaye igikombe  Agaciro Cup 2019, itsinze Rayon Sports

Mukura Victory Sport yatwaye igikombe  Agaciro Cup 2019, itsinze Rayon Sports

Ubwanditsi 16 Sep 2019 IMIKINO

Ikipe ya Mukura Victory Sport yatwaye igikombe cy’Agaciro 2019 itsinze Rayon Sports ibitego 2-1 ku mukino wa nyuma wakinwe kuri iki Cyumweru cya tariki 15 Nzeli 2019 kuri sitade Amahoro.

Mukura VS yafunguye amazamu ku munota wa 50’ kuri penaliti yatewe neza na Samuel Chukwudi mbere y’uko Ndizeye Innocent yongeramo ikindi ku munota wa 53’ w’umukino ubwo yazamukanaga umupira agaca kuri Eric Rutanga Alba akananyura kuri Saidi Iragire wari usigaye, agahita anyuza umupira iburyo bwa Kimenyi Yves wari mu izamu rya Rayon Sports.

Igitego cy’impozamarira cya Rayon Sports cyatsinzwe na Sarpong Michael ku munota wa 62’ kuri penaliti.

Uyu mukino wabonetsemo amakarita abiri atukura arimo iyahawe Eric Rutanga Alba kapiteni wa Rayon Sports ku munota wa 70’ n’iyahawe Ndizeye Innocent ku munota wa 80’ w’umukino.

Tuyishime Eric Congolais wahoze muri APR FC akaba yafashije MVS muri uyu mukino yashimwe cyane n’abayobozi bakuru mu ikipe ya APR FC ndetse na Bamporiki Edouard umuyobozi w’itorero ry’igihugu

Mu itangwa ry’ibihembo, Mukura VS yahawe igikombe na sheki ya miliyoni eshatu z’amafaranga y’u Rwanda (3,000,000 FRW), Rayon Sports nk’ikipe ya kabiri ihabwa miliyoni imwe n’igice (1,500,000 FRW) mu gihe Police FC ikipe yasoje ku mwanya wa gatatu yafashe ibihumbi magana atanu (500,000 FRW).

Ibihembo by’abakinnyi ku giti cyabo, Samuel Chukwudi wa Mukura VS yahawe igihembo cy’uwatsinze ibitego byinshi kuko yatsinze ibitego bibiri (2) ahita ahabwa ibihumbi ijana by’amafaranga y’u Rwanda.

Munyakazi Yussuf Lule ukina hagati muri Police FC ni we wahembwe nk’umukinnyi wahize abandi muri iri rushanwa rya 2019. Mu 2018 igihembo cyahawe Muhire Kevin wahoze ari umukinnyi wa Rayon Sports.

Rayon Sports yari yageze ku mukino wa nyuma ikuyemo Police FC mu gihe Mukura VS yatsinze APR FC muri ½ cy’irangiza.

Dore uko amakipe yagiye atwara Agaciro Cup kuva mu 2015:

2015: Police FC

2017: Rayon Sports

2018: Rayon Sports

2019: Mukura Victory Sport

 

2019-09-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tour du Rwanda: Rugg yegukanye agace kabanza

Tour du Rwanda: Rugg yegukanye agace kabanza

Ubwanditsi 13 Nov 2016
Umutoza wari uwa Rayon Sport yerekeje muri Kenya

Umutoza wari uwa Rayon Sport yerekeje muri Kenya

Ubwanditsi 25 Feb 2016
Guy Bukasa watoje Rayon Sports na Gasogi United yatangajwe nk’umutoza mushya wa AS Kigali

Guy Bukasa watoje Rayon Sports na Gasogi United yatangajwe nk’umutoza mushya wa AS Kigali

Ubwanditsi 29 Dec 2023
Hakizimana Muhadjir yafashije AS Kigali gutsinda KCCA, Ikaba izerekeza mu cyiciro cya 3 kibanziriza kwinjira mu matsinda

Hakizimana Muhadjir yafashije AS Kigali gutsinda KCCA, Ikaba izerekeza mu cyiciro cya 3 kibanziriza kwinjira mu matsinda

Ubwanditsi 06 Jan 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mbere yo kwerekeza mu birwa bya Comoros kwa AS Kigali, iyi kipe yabanje kwerekana Niyonzima Olivier Sefu nk’umukinnyi wayo mushya mu myaka ibiri iri imbere
Amakuru

Mbere yo kwerekeza mu birwa bya Comoros kwa AS Kigali, iyi kipe yabanje kwerekana Niyonzima Olivier Sefu nk’umukinnyi wayo mushya mu myaka ibiri iri imbere

Ubwanditsi 07 Sep 2021
Byemejwe ko Umuherwe wa Leicester City yaguye mu mpanuka y’indege
IMIKINO

Byemejwe ko Umuherwe wa Leicester City yaguye mu mpanuka y’indege

Ubwanditsi 29 Oct 2018
Ababyeyi n’abayobozi b’Ibigo by’amashuri barasabwa gukurikirana umutekano w’abana mu modoka zibajyana ku ishuri zikanabacyura
Mu Mahanga

Ababyeyi n’abayobozi b’Ibigo by’amashuri barasabwa gukurikirana umutekano w’abana mu modoka zibajyana ku ishuri zikanabacyura

Ubwanditsi 28 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru