• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yakomoje ku bufatanye bwagejeje u Rwanda ku kwakira impunzi zizava muri Libya

Perezida Kagame yakomoje ku bufatanye bwagejeje u Rwanda ku kwakira impunzi zizava muri Libya

Ubwanditsi 25 Sep 2019 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko Afurika n’Isi bikeneye guhuza imbaraga mu mikoranire igamije kongera imbaraga mu kubaka amahoro no kuyabungabunga birambye.

Ni ubutumwa yatangiye i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa 24 Nzeri 2019, mu ijambo yagejeje ku bakuru b’ibihugu na za guverinoma bitabiriye inama ya 74 y’Umuryango w’Abibumbye.

Inteko Rusange ya Loni ni inama ngari iganirirwamo ibibazo byugarije Isi. Muri uyu mwaka yahawe insanganyamatsiko yubakiye ku “Guhuza imbaraga mu kurandura ubukene, guharanira ireme ry’uburezi no guhangana n’ihindagurika ry’ibihe.’’

Perezida Kagame yavuze ko Afurika yifitemo ibisubizo by’ibibazo biyugarije birimo ibyo kugeza serivisi z’ubuvuzi kuri bose, iby’abimukira n’ibindi.

Yagaragaje ko imyaka ya 2020 izibukwa mu mateka nk’igihe gukorera hamwe kw’ibihugu kwabanje kwirengagizwa.

Yagize ati “Ku bw’amahirwe urugendo ruratanga icyizere. Ntibyigeze bibaho ko tugira ibikorwa binoze kandi bihuriweho biganisha ku iterambere, imihindagurikire y’ibihe n’ubuvuzi rusange ku Isi.’’

Umukuru w’Igihugu yanakomoje ku myiteguro y’u Rwanda yo kwakira impunzi z’Abanyafurika zizavanwa muri Libya.

Amasezerano areba impunzi z’Abanyafurika zaheze muri Libya zishaka kwerekeza i Burayi, yashyizweho umukono ku wa 10 Nzeri hagati y’u Rwanda, Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) n’Ishami rya Loni ryita ku Mpunzi, UNHCR.

Perezida Kagame yagize ati “Mu byumweru biri imbere, u Rwanda ruritegura kwakira no gufata neza impunzi n’abimukira bari mu nkambi muri Libya. Inkunga ya UNHCR na AU yabaye ingenzi cyane.’’

“Turasaba buri munyamuryango wa Loni gukomeza kubahiriza ibyo asabwa muri ubwo bufatanye. Iyi mikoranire ni ikimenyetso simusiga ko twakorana mu guhangana n’ibibazo by’ingutu.’’

Perezida Kagame kandi yashimye intambwe iterwa mu kwimakaza ihame ry’ubuvuzi kuri bose. Yibukije ko ari inshingano za Afurika zo kunoza imikorere igamije kwimakaza intego z’iterambere rirambye (SDGs) mu 2030.

Yagaragaje ko impinduka zose zikenewe mu guteza imbere Afurika zatangiye gukorwa zirimo ko muri Nyakanga 2020, umugabane uzatangira Isoko rusange rya Afurika (AfCTA). Isoko rusange rya Afurika ritaganyijwe guhuriza hamwe abaturage bagera kuri miliyari 1.2 batuye Afurika, n’ibihugu 55 bifite umusaruro mbumbe tiliyari 2.5 z’amadolari ya Amerika.

Biteganyijwe ko ku wa Kane aribwo icyiciro cya mbere cy’impunzi 500 u Rwanda rwemeye kwakira ku ikubitiro, zikazacumbikirwa by’agateganyo mu Nkambi ya Gashora mu Karere ka Bugesera.

Iyi nkambi isanzweho kuko yifashishijwe mu kwakira ibihumbi by’impunzi z’Abarundi mu 2015. Irimo ibyangombwa nk’ibibuga by’imikino, aho kurara n’ibindi nkenerwa, ubu irimo kongererwa ubushobozi kugira ngo izakire izo mpunzi. Nyuma yo kongererwa ubushobozi ntabwo izaba ikiri inkambi inyurwamo by’igihe gito, izaharirwa izi mpunzi mu buryo bw’igihe kirekire.

Mu cyumweru gishize byatangajwe ko u Rwanda rwamaze kwakira urutonde rw’impunzi 75 zitegereje kugezwa mu gihugu ku nshuro ya mbere.

Ibikubiye mu masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na AU ndetse na UNHCR, ni uko leta y’u Rwanda igomba gutanga uburinzi kuri izi mpunzi, UNHCR ikagira uruhare mu kuzibeshaho.

Umwanzuro wo kuvana izi mpunzi muri Libya wafashwe nyuma y’uko aho ziri hari hatangiye kuraswa, ikibazo cyatijwe umurindi n’uko Libya yugarijwe n’umutekano muke nyuma y’ihirikwa rya Muammar Gaddafi, ku buryo igihugu kidafite ubutegetsi buhamye ngo buzirengere.

Perezida Kagame atanga ikiganiro mu Nteko Rusange ya Loni iteraniye i New York muri Amerika

 

Inteko Rusange ya 74 y’Umuryango w’Abibumbye iteraniye mu Mujyi wa New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika

 

Perezida Kagame yavuze ko Umugabane wa Afurika wifitemo ibisubizo by’ibibazo biwugarije

 

2019-09-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi : Amwe mu mazina y’uzasimbura Nkurunziza  yatangiye kunuganugwa

Burundi : Amwe mu mazina y’uzasimbura Nkurunziza yatangiye kunuganugwa

Ubwanditsi 13 Jan 2020
Umunyamerika wimenyereza umwuga yigize inzobere ku kibazo cy’u Rwanda na Uganda

Umunyamerika wimenyereza umwuga yigize inzobere ku kibazo cy’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 02 Dec 2019
Isano iri hagati y’ibigabiro by’umwami Rwabugiri n’umuganura, Umuganura usobanuye iki?

Isano iri hagati y’ibigabiro by’umwami Rwabugiri n’umuganura, Umuganura usobanuye iki?

Ubwanditsi 31 Jul 2025
Kenya yapfushije umukuru w’igihugu mu mahoro naho mu Rwanda no mu Burundi biba agahomamunwa

Kenya yapfushije umukuru w’igihugu mu mahoro naho mu Rwanda no mu Burundi biba agahomamunwa

Ubwanditsi 28 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwasabye iperereza ku muturage warwo wishwe n’isasu riturutse muri Congo
Mu Rwanda

U Rwanda rwasabye iperereza ku muturage warwo wishwe n’isasu riturutse muri Congo

Ubwanditsi 17 Sep 2017
Perezida Kagame yabwiye urubyiruko ko amahirwe atajya ku rugi rw’umuntu ngo akomange
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko ko amahirwe atajya ku rugi rw’umuntu ngo akomange

Ubwanditsi 09 Oct 2019
Rayon Sports yatsindiye Gor Mahia muri Kenya, yigarurira icyizere cyo kurenga amatsinda
IMIKINO

Rayon Sports yatsindiye Gor Mahia muri Kenya, yigarurira icyizere cyo kurenga amatsinda

Ubwanditsi 20 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru