• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Tumenye Gideon Rukundo Rugari n’impamvu yirirwa atuka u Rwanda ngo Museveni amufashe mu mugambi we wo kuba umudepite

Tumenye Gideon Rukundo Rugari n’impamvu yirirwa atuka u Rwanda ngo Museveni amufashe mu mugambi we wo kuba umudepite

Ubwanditsi 27 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Gideon Rugali Rukundo, ukunda kwigaragaza ko akunda NRM akaba ashaka no kuba umunyapolitiki wiyamamariza kuba umudepite uhagararaiye akarere ka Ndorwa, ahora ku mbuga nkoranyambaga arwanya u Rwanda. Ari kurutonde rw’abayobozi ba RNC muri Uganda hamwe na Sulah Wakabiligi Nuwamanya n’umukobwa w’inshuti ye Prossy Bonabaaana. Rugari ntabwo ajya asiba inama zihuza ubuyobozi bwa RNC i Kampala.

Yavukiye kandi akurira I Rubaya mu karere ka Kabale muri 1974, ni umuhungu wa Rugali na Makulata. Makulata ni Umunyarwanda utuye muri Uganda ukomoka mu karere ka Musanze. Rukundo Rugali ni imfura mu muryango w’abana barindwi, afite abagore babiri akaba yarize ubuganga  muri Kaminuza ya Makerere mu ishami ryo kubaga akaba akora mu bitaro bya Mulago.

Sulah Wakabiligi Nuwamanya

Amateka ya Rukundo Rugali ateye inkeke;  muri 2003, Rugali yahungiye mu Rwanda aho ibiro bya gisirikari bya Uganda (CMI) byamuhigaga bukware kubera guha imiti umutwe witwara gisirikari warwanyaga Uganda witwa  Popular Resistance Army (PRA). Byasabye ko Minisitiri w’ibikorwa by’imbere mu gihugu icyo gihe akaba ubu ari Minisitiri w’Intebe, Dr Ruhakana Rugunda amusaba guhinduka nuko kuburyo butunguranye ahindurwa umwere. Kuva icyo gihe yiyumvise kuba umunyembaranga n’indakorwaho.

Mukazi ke yatangiye kugaragaza ikinyabupfura gikeya no kwiyenza kugeza aho umunsi umwe, umuyobozi we Dr Diane Twine (ubu akaba ari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubuzima) yumvishe bikabije maze aramwirukana.

Gideon Rugali Rukundo

Nyuma yo kwirukanwa, Rugari yugarijwe n’ubukene aho byamugoye kubona ibitunga mu buzima bwa buri munsi ingo ze ebyiri aho rumwe rubarizwa Nalya muri Kampala urundi muri Kabale.

Buri gihe aba yiyegereza abakomeye ngo bamufashe mu nzozi ze za politiki, byaramufashije kuko abafite inkomoko mu Rwanda bakorera Museveni ubutaruhuka. Minisitiri w’umutekano mu gihugu Gen Elly Tumwine niwe wahaye akazi Rukundo kugirango afashe urwego rushinzwe iperereza mu gihugu ISO mu mugambi wayo wo kubeshya amakuru ku Rwanda nyuma yo kubona ko yamenya gutukana ku mbuga nkoranyambaga. Rugari yafashijwe kuko nubundi yirirwaga azenguruka mu bayobozi asaba ubufasha aha twavuga nka Gen Muzeyi Sabiti, Umukuru wungirije wa Polisi ya Uganda.

Muri iki gihe Rukundo arashaka kwitwaza imibanire itari myiza hagati ya Uganda n’u Rwanda kugirango agaragare nk’umuntu ukunda igihugu kugirango abasirikari bakuru bazamufashe mu mugambi we wa politiki. Ubu bakaba bamuhembera gutuka u Rwanda ku mbuga nkoranyambaga amafaranga azifashisha yiyamamaza.

Gusa Rukundo yakwibaza impamvu abo basirikari bakuru batigeze bamufasha igihe Umunyamabanga Uhoraho Diane Twine yamwirukanaga. Baramufasha kubera atuka u Rwanda bakaba bazamwihakana igihe bazabona ntacyo azageraho.

Abasesenguzi ba politiki bemeza ko kumufasha mu matora y’abadepite bizaterwa n’uburyo Museveni azabona ubushobozi rwe mu kurwanya u Rwanda, gusa muri iki gihe ibintu ntibimeze neza kuri Rugali. Niba mu myaka 25 ishize, Museveni yaragerageje kurwanya u Rwanda bikamupfira ubusa, ubu ni Rugali uzabishobora?

Nkubu afite urubanza mu nkiko aho bigaragara ko ruzamuteza ubukene. Gusa yiyemeza ibyo atazashobora, nibyo Museveni yananiwe gukora. Icyabera cyiza Rugari nuko umuntu yamugira inama akisubirira mu kazi ke k’umwuga ko kuvura

2019-09-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Inzego Z’ubutasi Za Uganda Zikomeje Gahunda Yo Guharabika U Rwanda, Zifashishije Chimpreports”

“Inzego Z’ubutasi Za Uganda Zikomeje Gahunda Yo Guharabika U Rwanda, Zifashishije Chimpreports”

Ubwanditsi 10 Aug 2018
Umunyekongo Patrick MBEKO yahawe gasopo, asabwa kureka kugoreka amateka y’Abanyarwanda yiyita “umunyabwenge”

Umunyekongo Patrick MBEKO yahawe gasopo, asabwa kureka kugoreka amateka y’Abanyarwanda yiyita “umunyabwenge”

Ubwanditsi 29 Mar 2021
“U Rwanda ntirwafashe impunzi z’Abarundi bugwate, n’abaturage basanzwe baje mu Rwanda igihugu cyabo cyabangiye ko basubirayo” Min Biruta

“U Rwanda ntirwafashe impunzi z’Abarundi bugwate, n’abaturage basanzwe baje mu Rwanda igihugu cyabo cyabangiye ko basubirayo” Min Biruta

Ubwanditsi 12 Aug 2020
Tumenye  bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 5)

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 5)

Ubwanditsi 17 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RwandAir igiye gufungura ibyerekezo bishya bitanu mu mwaka umwe
UBUKERARUGENDO

RwandAir igiye gufungura ibyerekezo bishya bitanu mu mwaka umwe

Ubwanditsi 10 Aug 2018
APR FC yatsinze Rayon Sports, ikoza imitwe y’intoki ku gikombe
IMIKINO

APR FC yatsinze Rayon Sports, ikoza imitwe y’intoki ku gikombe

Ubwanditsi 16 Jun 2018
Urukiko rwa ICC rwagiyeho rushyiriweho Isi yose ariko byarangiye rubaye urwa Afurika gusa- Perezida Kagame
POLITIKI

Urukiko rwa ICC rwagiyeho rushyiriweho Isi yose ariko byarangiye rubaye urwa Afurika gusa- Perezida Kagame

Ubwanditsi 29 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru