• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umunyarwandakazi wafunzwe mbere yo kwirukanwa muri Uganda arasaba kubona uruhinja rwe yambuwe

Umunyarwandakazi wafunzwe mbere yo kwirukanwa muri Uganda arasaba kubona uruhinja rwe yambuwe

Ubwanditsi 30 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umunyarwandakazi Julienne Kayirere, watawe muri yombi agafungwa binyuranyije n’amategeko ndetse agatandukanywa n’uruhinja rwe rw’ukwezi mbere yo kujugunywa ku mupaka w’u Rwanda na Uganda, arasaba ubufasha ngo yongere kubonana n’uruhinja rwe.

Uyu yasobanuriye itangazamakuru akaga yahuye nako kuri iki Cyumweru. Yavuze ko yagiye muri Uganda mu 2017 agiye mu rugendo rwa business.

“Polisi yaramfashe iramfunga. Nari mfite uruhinja rw’ukwezi batwaye. Umucamanza yarandekuye ariko ngiye gufata indangamuntu yanjye, telephone n’uruhinja, polisi yarongeye iramfata,”

Yavuze ko yafunzwe ibindi byumweru bitatu, agasanga abandi Banyarwanda bari bamaze imyaka isaga ibiri bafunzwe.

Nyuma yaje kurekurwa ajugunywa ku mupaka nta ruhinja rwe ahawe.

Ati: “Polisi yanze kumpa uruhinja rwanjye. Narabatakambiye ngo bampe umwana wanjye ariko baranze. Najugunywe nta ruhinja rwanjye,”

Kayirere ukomoka mu Karere ka Ruhango, yavuze ko umupolisi wari wamusezeranyije kongera kumuhuza n’uruhinja rwe yimuriwe ahandi hantu.

“Bahimbye inyandiko, amafoto banahindura izina ry’umwana wanjye barangije bavuga ko yapfuye,”ibi nibyo yakomeje avuga yongeraho ko ubwo yasabaga ibindi bisobanuro ku hantu umwana we yaba ari, igipolisi cyamukangishije kumwica.

Akomeza agira ati: “Umuntu umwe yangiriye inama yo kubigeza kuri Ambasade y’u Rwanda muri Uganda. Nagarutse mu Rwanda ariko kugeza ubu nta makuru mfite y’aho umwana wanjye yaba aherereye,”

Usibye Kayirere, undi Munyarwanda, Desire Uwitonze, akaba ari umuhanzi, nawe yajugunywe ku mupaka nyuma yo gukorerwa iyicarubozo muri Uganda.

Ati: “Natawe muri yombi nshinjwa kuba binyuranyije n’amategeko no gutata muri Uganda.”

Yavuze ko Igipolisi cya Uganda cyamusabye miliyoni imwe y’amashilingi kugirango kimurekure.

Ati: “Nakubitwaga buri munsi. Nangiwe kuvugna n’abo mu muryango wanjye n’inshuti.”

Uyu musore w’imyaka 28 wakorewe iyicarubozo nyuma yemerewe kuvugisha nyina ngo amufashe kwishyura amande yari yaciwe n’umucamanza mbere yo kurekurwa.

Yashimangiye ko hari Abanyarwanda benshi bari mu magereza yo muri Uganda banakoreshwa imirimo y’agahato.

Ati: “Ndasaba Abanyarwanda gushaka uko baguma mu Rwanda aho kujya ahantu hadatekanye.”

Yakomeje avuga ko bamwe mu Banyarwanda bakorewe iyicarubozo kuri ubu bafite ibibazo by’ubuzima.

Silas Hategekimana, umugabo w’Umunyarwanda wamaze ibyumweru akorerwa iyicarubozo ku mubiri no mu mutwe muri kasho z’Urwego rushinzwe Ubutasi mu gisirikare cya Uganda (CMI), vuba aha muri uyu mwaka yaje gupfa azize ingaruka z’ibyo bikorwa yakorewe ubwo yari afunzwe binyuranyije n’amategeko.

Undi witwa Ernest Abijuru, umunyeshuri w’Umunyarwanda wakorewe iyicarubozo n’inzego z’umutekano za Uganda, kuri ubu akomeje gukurikiranwa n’abaganga ku Bitaro bya Kamonyi.

Ni mu gihe muri uku kwezi hagati abayobozi b’u Rwanda na Uganda bakoranye inama y’umunsi umwe yabereye I Kigali hagamijwe kureba uko ibibazo biri hagati y’ibihugu byombi byabonerwa igisubizo kirambye.

U Rwanda rushinja Uganda gufasha no gushyigikira abafite imigambi yo guhungabanya umutekano warwo, ibirego Uganda yakomeje guhakana nubwo ibimenyetso bifatika byagiye bijya ku karubanda. Uganda nayo ishinja u Rwanda ibikorwa by’ubutasi.

2019-09-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibimenyetso bifatika byerekana ko umugambi wa Museveni  na RNC, wo guhungabanya u Rwanda, urimo gupfuba

Ibimenyetso bifatika byerekana ko umugambi wa Museveni na RNC, wo guhungabanya u Rwanda, urimo gupfuba

Ubwanditsi 23 Jun 2019
Bomboli-Bomboli : Amacakubiri yongeye kwaduka muri RNC

Bomboli-Bomboli : Amacakubiri yongeye kwaduka muri RNC

Ubwanditsi 11 Sep 2019
CMI yaciye umuvuno : Abanyarwanda 2 Muri Gereza Ya Luzira Bashinjwa Gutunga Imbunda N’ubutasi

CMI yaciye umuvuno : Abanyarwanda 2 Muri Gereza Ya Luzira Bashinjwa Gutunga Imbunda N’ubutasi

Ubwanditsi 14 Sep 2018
Umuturage wa Uganda yandikiye Museveni, ibaruwa ifunguye, ahishura ibya komite ya RNC ikorera Kampala

Umuturage wa Uganda yandikiye Museveni, ibaruwa ifunguye, ahishura ibya komite ya RNC ikorera Kampala

Ubwanditsi 19 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amasezerano Agizwe N’ingingo 10, Araburira Museveni, Guhagarika Ibikorwa Bigamije Gutera Inkunga, RNC na FDLR  Imitwe Y’iterabwoba
INKURU NYAMUKURU

Amasezerano Agizwe N’ingingo 10, Araburira Museveni, Guhagarika Ibikorwa Bigamije Gutera Inkunga, RNC na FDLR Imitwe Y’iterabwoba

Ubwanditsi 22 Aug 2019
Mu mikino y’igikombe cy’Intwari 2024, APR FC yasezereye Musanze FC, Police isezerera Rayon Sports
Amakuru

Mu mikino y’igikombe cy’Intwari 2024, APR FC yasezereye Musanze FC, Police isezerera Rayon Sports

Ubwanditsi 28 Jan 2024
Abasirikare ba Congo bagabye igitero ku nyeshyama z’Abarundi ziyobowe na Gen. Nzabampema Aloys
HIRYA NO HINO

Abasirikare ba Congo bagabye igitero ku nyeshyama z’Abarundi ziyobowe na Gen. Nzabampema Aloys

Ubwanditsi 03 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru