• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Bayern Munich yandagarije Tottenham iwayo, Real Madrid ikomeza gutungurwa

Bayern Munich yandagarije Tottenham iwayo, Real Madrid ikomeza gutungurwa

Ubwanditsi 02 Oct 2019 IMIKINO

Tottenham yo mu Bwongereza yandagarijwe ku kibuga cyayo na Bayern Munich yo mu Budage yayitsinze ibitego 7-2 mu mukino w’umunsi wa kabiri w’itsinda B rya UEFA Champions League wabaye kuri uyu wa Kabiri.

Iri rushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku Mugabane w’u Burayi ryakomeje uyu munsi hakina amakipe yo kuva mu itsinda A kugeza mu itsinda D mu gihe andi azakina ejo ku wa Gatatu.

Tottenham yari imbere y’abafana bayo, yatangiye umukino iri hejuru, ihusha uburyo bubiri bwiza bwabonywe na Son Heung-min, aho ku munota wa gatanu w’umukino yateye umupira wakuwemo na Manuel Neuer mu gihe ku wa cyenda, uyu munyezamu yawufashe neza.

Heung-min yafunguye amazamu ku munota wa 11 w’umukino ku mupira yahawe na Moussa Sissoko, aroba umunyezamu Manuel Neuer.

Ibyishimo by’abafana ba Tottenham byamaze igihe gito kuko nyuma y’iminota itatu gusa, Umudage Joshua Walter Kimmich yishyuriye Bayern Munich ku ishoti rikomeye yatereye inyuma y’urubuga rw’amahina, umunyezamu Hugo Lloris ntiyabasha kugera ku mupira.

Harry Kane yashoboraga gutsindira Tottenham igitego cya kabiri ubwo yasigaga abakinnyi b’inyuma ba Bayern Munich akanacenga umunyezamu Neuer, ariko umupira yateye mu izamu uhita ushyirwa muri koruneri na David Alaba.

Tanguy Ndombele yagerageje irindi shoti ryashoboraga guhesha Tottenham kuyobora umukino, umupira ufatwa na Manuel Neuer.

Habura amasegonda make ngo igice cya mbere kirangire, Robert Lewandowski yatsindiye Bayern Munich igitego cya kabiri ku ishoti rikomeye yateye mu nguni y’izamu, ubwo yari amaze guherezwa na Corentin Tolisso.

Bayern Munich yatangiye igice cya kabiri iri hejuru, ibona ibitego bibiri byatsinzwe na Serge Gnabry ku munota wa 53 n’uwa 55 ku mipira yahawe na Benjamin Pavard na Corentin Tolisso.

Tottenham yabonye igitego cya kabiri cyatsinzwe na Harry Kane kuri penaliti yabonetse ku munota wa 61 ubwo Danny Rose yakinirwaga nabi na Kingsley Coman mu rubuga rw’amahina.

Christian Eriksen yagerageje uburyo bubiri bw’amashoti akomeye ku ruhande rwa Tottenham, imipira yombi ica ku ruhande rw’izamu rya Bayern Munich.

Serge Gnabry wahiriwe n’uyu mukino, yatsindiye Bayern Munich igitego cya gatanu n’icya karindwi ku munota wa 83 n’uwa 87 mu gihe Robert Lewandowski yatsinze icya gatandatu ku wa 86 nyuma yo guherezwa na Philippe Coutinho.

Gutsinda uyu mukino byatumye Bayern Munich iyobora itsinda B n’amanota atandatu, ikurikirwa na FK Crvena Zvezda yagize amanota atatu nyuma yo gutsinda Olympiacos ibitego 3-1 mu gihe aya makipe yandi buri imwe ifite inota rimwe.

Mu yindi mikino yabaye, mu itsinda A, Real Madrid ikomeje gutungurwa muri iri rushanwa itaratsindamo umukino n’umwe muri ibiri imaze gukina.

Kuri uyu wa Kabiri, yari yakiriye Club Brugge yo mu Bubiligi kuri Stade Santiago Bernabeu, amakipe yombi anganya ibitego 2-0.

Igice cya mbere cyarangiye Club Brugge yatsinze ibitego bibiri bya Emmanuel Bonaventure ku munota wa cyenda n’uwa 39.

Sergio Ramos yishyuye igitego cya mbere ku munota wa 55 mbere y’uko Casemiro yishyura icya kabiri ku wa 85.

Paris Saint-Germain iyoboye iri tsinda rya mbere n’amanota atandatu nyuma yo gutsindira Galatasaray muri Turquie igitego 1-0 mu gihe Real Madrid iri ku mwanya wa nyuma n’inota rimwe inganya na Galatasaray.

Uko imikino yabaye kuri uyu wa Kabiri yarangiye:

Itsinda A

  • Real Madrid 2-2 Club Brugge
  • Galatasaray 0-1 Paris Saint-Germain

Itsinda B

  • FK Crvena Zvezda 3-1 Olympiacos
  • Tottenham Hotspur FC 2-7 Bayern München

Itsinda C

  • Atalanta 1-2 Shakhtar Donetsk
  • Manchester 2-0 Dinamo Zagreb

Itsinda D

  • Juventus 3-0 Bayer Leverkusen
  • Lokomotiv Moscow 0-2 Atlético Madrid

Tanguy Ndombele acenga Serge Gnabry na Kingsley Coman

Serge Aurier akandagira David Alaba

Son Heung-min atsinda igitego cya mbere cya Tottenham

Son Heung-min yishimira igitego yatsinze nyuma yo guhusha ibindi bibiri

Kimmich yishyuriye Bayern Munich ku ishoti yatereye inyuma y’urubuga rw’amahina

Robert Lewandowski atsinda igitego cyahaye Bayern Munich gusoza igice cya mbere iyoboye umukino

Lewandowski yishimira igitego cya kabiri cy’ikipe ye

Serge Gnabry atsindira inyuma y’urubuga rw’amahina muri uyu mukino utahiriye Tottenham

Serge Gnabry yatsinze ibitego bine muri uyu mukino

Serge Gnabry w’imyaka 24 yigaragaje muri uyu mukino

Gnabry atsinda igitego cye cya kabiri cyabaye icya kane cya Bayern Munich

Tottenham yananiwe kwihagararaho imbere y’abafana bayo

Inkuru ya IGIHE

2019-10-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Azam  fc yagaragarije Ndayisenga Fuad ko atari ku rwego rwayo

Azam fc yagaragarije Ndayisenga Fuad ko atari ku rwego rwayo

Ubwanditsi 12 Aug 2016
Ku munsi wa 13 wa PNL, APR FC yatsikiye, Police FC itsindwa na Bugesera FC, Rayon irakira Muhazi United

Ku munsi wa 13 wa PNL, APR FC yatsikiye, Police FC itsindwa na Bugesera FC, Rayon irakira Muhazi United

Ubwanditsi 06 Dec 2023
Gael Faye na Miss Shanel barahurira mu gitaramo

Gael Faye na Miss Shanel barahurira mu gitaramo

Ubwanditsi 18 Feb 2016
FIFA yahaye ikipe ya Rayon Sports iminsi 45 yo kuba yishyuye miliyoni zisaga 12 z’amanyarwanda umunyakameruni Philipe Artur Banen

FIFA yahaye ikipe ya Rayon Sports iminsi 45 yo kuba yishyuye miliyoni zisaga 12 z’amanyarwanda umunyakameruni Philipe Artur Banen

Ubwanditsi 30 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

2016 : Uko Umunyapolitiki Twagiramungu yataye agaciro burundu
POLITIKI

2016 : Uko Umunyapolitiki Twagiramungu yataye agaciro burundu

Ubwanditsi 02 Jan 2017
Musabyimana Gaspard, maneko mukuru wa Habyarimana na Kayumba Rugema mukubiba urwango mu buswa bukabije ku bayobozi b’i Kigali
INKURU NYAMUKURU

Musabyimana Gaspard, maneko mukuru wa Habyarimana na Kayumba Rugema mukubiba urwango mu buswa bukabije ku bayobozi b’i Kigali

Ubwanditsi 19 Mar 2020
Umuhanzi Patient Bizimana yibwe akayabo k’amafaranga arenga miliyoni icumi
Mu Mahanga

Umuhanzi Patient Bizimana yibwe akayabo k’amafaranga arenga miliyoni icumi

Ubwanditsi 01 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru