• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu

Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu

Editorial 10 Oct 2019 Mu Rwanda, POLITIKI

Sena ya kabiri y’u Rwanda kuri uyu wa 10 Ukwakira yasoje imirimo yayo, kandi umwe mu basenateri 20 bujuje manda yabo baratangiye kuwa 10 Ukwakira 2011, harimo Bernard Makuza, wari uyiyoboye, kuri ubu hakaba hari abanugwanugwa bashobora kuzamusimbura barimo Nkusi, Iyamuremye na Mukabaramba.

Hagendewe ku byaranze abasenateri bashya, Dr Augustin Iyamuremye, Alvera Mukabaramba na Juvenal Nkusi bagaragara nk’abujuje ibisabwa ngo habe havamo uhabwa inshingano zo kuyobora Sena.

Nk’uko ubuyobozi bw’igihugu burutanwa, Perezida wa sena niwe muntu uba ari uwa kabiri mu buyobozi bw’igihugu nyuma ya Perezida wa Repubulika.

Dr Augustin Iyamuremye

Ni umuganga w’amatungo wabyigiye ufite imyaka 74 y’amavuko akaba umunyapolitiki ufite ubunararibonye ubarizwa mu ishyaka PSD. Uyu mwuga wa politiki awumazemo imyaka isaga 30. Yagiye akora imirimo itandukanye mu butegetsi bwabanje nk’aho yabaye Perefe w’iyahoze ari  Perefegitura ya Gitarama, aba umukuru w’iperereza n’indi myanya y’ingenzi yabayemo.

Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, yabaye minisitiri w’ububanyi n’amahanga, aba minisitiri w’ubuhinzi ndetse yanabaye minisitiri w’itangazamakuru. Yabaye kandi Senateri, Umujyanama wa Perezida n’ibindi yagiye akora.

Uyu ni umwe mu basenateri bane bagenwe na perezida wa Repubulika uzaba uri muri Sena y’u Rwanda muri manda itaha.

Mbere yo kugenwa, Iyamuremye yari Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye (REAF), umwanya uhabwa umuntu wagaragaje ubunararibonye n’ubushobozi mu gukemura ibibazo byugarije igihugu.

Abantu bakeya ngo nibo bumva neza urubuga rwa politiki mu Rwanda nk’uyu mugabo  umaze kugera mu zabukuru ku buryo afite amahirwe menshi yo kuba Perezida wa Sena.

Juvenal Nkusi

Kimwe na Iyamuremye, Nkusi Juvenal w’imyaka 64 abarizwa muri PSD. Kugeza afashe icyemezo cyo kutazongera kwitoza mu matora y’abadepite, Nkusi yari umwe mu badepite barambye mu nteko kuko yari amazemo imyaka isaga 20.

Yinjiye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda kuwa 25 Ugushyingo 1994, ubwo Inteko Ishinga Amategeko y’Inzibacyuho yateranaga bwa mbere akora nka Perezida wa mbere wayo kugeza mu 1997.

Nkusi Juvenal ngo yumva neza Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, imbere n’inyuma. Azahora yibukirwaho kuyobora ibikorwa bibaza abayobozi batandukanye inshingano zabo nk’Umuyobozi wa Komisiyo ishinzwe Gukurikirana imikoreshereze y’Umutungo wa leta (PAC).

Nkusi kandi ni umwe mu bari bagize itsinda ryateguye manifesto ya mbere y’ishyaka PSD ubwo ryashingwaga mu 1991.

Mu gihe ari muto ugereranyije na Iyamuremye, CV ye ni ngufi mu bindi bintu bijyanye na politiki bitari inteko ishinga amategeko.

Dr Alvera Mukabaramba

Umuntu wa gatatu ushobora kuvamo uzaba Perezida wa Sena ni Dr Alvera Mukabaramba. Ni umuganga w’abana wabyigiye, akaba umunyapolitiki wabigize umwuga nubwo atamazemo igihe ugereranyije n’abo twahereyeho babiri.

Nubwo bimeze gutyo ariko, mu gihugu giteza imbere uburinganire bw’ibitsina kandi kitigeze kigira numero wa kabiri mu gihugu w’umugore, ngo aya ashobora kuba amahirwe ye yo kurabagirana.

Dr Mukabaramba w’imyaka 59 yatangiye politiki by’umwuga mu 1999 ubwo yabaga umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’inzibacyuho akayibamo kugeza mu 2003.

Kuva mu 2003 kugeza mu Ukwakira 2011, yari umwe mu bagize Inteko ishinga Amategeko, umutwe w’abadepite.

Mbere yo kugenwa ku mwanya wa Senateri, yabaye Umunyamabanga wa Leta ushinzwe imibereho myiza muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu mu gihe cy’imyaka 8.

Mukabaramba yiyamamarije umwanya w’umukuru w’igihugu inshuro ebyiri ariko ntiyagira amahirwe yo gutorwa. Bwa mbere hari mu 2003 ubwo yageragaho agakuramo kandidatire ye ku munota wa nyuma akiyemeza kujya inyuma ya Perezida Kagame. Yaje kongera kugerageza mu 2010 ariko aratsindwa.

Dr Mukabaramba ni Perezida w’ishyaka rito rya politiki riharanira iterambere n’ubusabane (PPC). Imwe mu mbogamizi nyamukuru agira nuko ishyaka rye rigira abayoboke babarirwa ku ntoki hakaba hibazwa niba yatungurana akagira atya akaba numero ya kabiri mu gihugu.

Hakivugwa gutungurana, biranashoboka ko undi muntu utari muri aba twavuze ashobora gutorerwa uyu mwanya.

2019-10-10
Editorial

IZINDI NKURU

Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

Editorial 29 Aug 2023
Bifashishije indirimbo, Eric Senderi afatanyije n’urubyiruko rwa ‘Kwacu Family’ bashimiye ingabo z’Inkotanyi kubwo kurokora abatutsi bakorewe Jenoside muri Mata 1994.

Bifashishije indirimbo, Eric Senderi afatanyije n’urubyiruko rwa ‘Kwacu Family’ bashimiye ingabo z’Inkotanyi kubwo kurokora abatutsi bakorewe Jenoside muri Mata 1994.

Editorial 08 Apr 2021

Gicumbi FC, Amagaju FC, Etoile de l’Est na Heroes niyo makipe yageze muri 1/2 cy’imikino yo gukina ikiciro ya mbere mu bagabo umwaka w’imikino wa 2021-2022

Editorial 07 Oct 2021
Ingabo z’Abarundi na Gabon zirashinjwa gusambanya no guhohotera abaturage muri Centrafrica

Ingabo z’Abarundi na Gabon zirashinjwa gusambanya no guhohotera abaturage muri Centrafrica

Editorial 07 Dec 2016
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

Editorial 29 Aug 2023
Bifashishije indirimbo, Eric Senderi afatanyije n’urubyiruko rwa ‘Kwacu Family’ bashimiye ingabo z’Inkotanyi kubwo kurokora abatutsi bakorewe Jenoside muri Mata 1994.

Bifashishije indirimbo, Eric Senderi afatanyije n’urubyiruko rwa ‘Kwacu Family’ bashimiye ingabo z’Inkotanyi kubwo kurokora abatutsi bakorewe Jenoside muri Mata 1994.

Editorial 08 Apr 2021

Gicumbi FC, Amagaju FC, Etoile de l’Est na Heroes niyo makipe yageze muri 1/2 cy’imikino yo gukina ikiciro ya mbere mu bagabo umwaka w’imikino wa 2021-2022

Editorial 07 Oct 2021
Ingabo z’Abarundi na Gabon zirashinjwa gusambanya no guhohotera abaturage muri Centrafrica

Ingabo z’Abarundi na Gabon zirashinjwa gusambanya no guhohotera abaturage muri Centrafrica

Editorial 07 Dec 2016
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

Editorial 29 Aug 2023
Bifashishije indirimbo, Eric Senderi afatanyije n’urubyiruko rwa ‘Kwacu Family’ bashimiye ingabo z’Inkotanyi kubwo kurokora abatutsi bakorewe Jenoside muri Mata 1994.

Bifashishije indirimbo, Eric Senderi afatanyije n’urubyiruko rwa ‘Kwacu Family’ bashimiye ingabo z’Inkotanyi kubwo kurokora abatutsi bakorewe Jenoside muri Mata 1994.

Editorial 08 Apr 2021
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. Kalisa
    October 15, 20198:30 am -

    Ahubwo se SENAT ni ngombwa?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru