• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu

Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu

Ubwanditsi 10 Oct 2019 Mu Rwanda, POLITIKI

Sena ya kabiri y’u Rwanda kuri uyu wa 10 Ukwakira yasoje imirimo yayo, kandi umwe mu basenateri 20 bujuje manda yabo baratangiye kuwa 10 Ukwakira 2011, harimo Bernard Makuza, wari uyiyoboye, kuri ubu hakaba hari abanugwanugwa bashobora kuzamusimbura barimo Nkusi, Iyamuremye na Mukabaramba.

Hagendewe ku byaranze abasenateri bashya, Dr Augustin Iyamuremye, Alvera Mukabaramba na Juvenal Nkusi bagaragara nk’abujuje ibisabwa ngo habe havamo uhabwa inshingano zo kuyobora Sena.

Nk’uko ubuyobozi bw’igihugu burutanwa, Perezida wa sena niwe muntu uba ari uwa kabiri mu buyobozi bw’igihugu nyuma ya Perezida wa Repubulika.

Dr Augustin Iyamuremye

Ni umuganga w’amatungo wabyigiye ufite imyaka 74 y’amavuko akaba umunyapolitiki ufite ubunararibonye ubarizwa mu ishyaka PSD. Uyu mwuga wa politiki awumazemo imyaka isaga 30. Yagiye akora imirimo itandukanye mu butegetsi bwabanje nk’aho yabaye Perefe w’iyahoze ari  Perefegitura ya Gitarama, aba umukuru w’iperereza n’indi myanya y’ingenzi yabayemo.

Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, yabaye minisitiri w’ububanyi n’amahanga, aba minisitiri w’ubuhinzi ndetse yanabaye minisitiri w’itangazamakuru. Yabaye kandi Senateri, Umujyanama wa Perezida n’ibindi yagiye akora.

Uyu ni umwe mu basenateri bane bagenwe na perezida wa Repubulika uzaba uri muri Sena y’u Rwanda muri manda itaha.

Mbere yo kugenwa, Iyamuremye yari Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye (REAF), umwanya uhabwa umuntu wagaragaje ubunararibonye n’ubushobozi mu gukemura ibibazo byugarije igihugu.

Abantu bakeya ngo nibo bumva neza urubuga rwa politiki mu Rwanda nk’uyu mugabo  umaze kugera mu zabukuru ku buryo afite amahirwe menshi yo kuba Perezida wa Sena.

Juvenal Nkusi

Kimwe na Iyamuremye, Nkusi Juvenal w’imyaka 64 abarizwa muri PSD. Kugeza afashe icyemezo cyo kutazongera kwitoza mu matora y’abadepite, Nkusi yari umwe mu badepite barambye mu nteko kuko yari amazemo imyaka isaga 20.

Yinjiye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda kuwa 25 Ugushyingo 1994, ubwo Inteko Ishinga Amategeko y’Inzibacyuho yateranaga bwa mbere akora nka Perezida wa mbere wayo kugeza mu 1997.

Nkusi Juvenal ngo yumva neza Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, imbere n’inyuma. Azahora yibukirwaho kuyobora ibikorwa bibaza abayobozi batandukanye inshingano zabo nk’Umuyobozi wa Komisiyo ishinzwe Gukurikirana imikoreshereze y’Umutungo wa leta (PAC).

Nkusi kandi ni umwe mu bari bagize itsinda ryateguye manifesto ya mbere y’ishyaka PSD ubwo ryashingwaga mu 1991.

Mu gihe ari muto ugereranyije na Iyamuremye, CV ye ni ngufi mu bindi bintu bijyanye na politiki bitari inteko ishinga amategeko.

Dr Alvera Mukabaramba

Umuntu wa gatatu ushobora kuvamo uzaba Perezida wa Sena ni Dr Alvera Mukabaramba. Ni umuganga w’abana wabyigiye, akaba umunyapolitiki wabigize umwuga nubwo atamazemo igihe ugereranyije n’abo twahereyeho babiri.

Nubwo bimeze gutyo ariko, mu gihugu giteza imbere uburinganire bw’ibitsina kandi kitigeze kigira numero wa kabiri mu gihugu w’umugore, ngo aya ashobora kuba amahirwe ye yo kurabagirana.

Dr Mukabaramba w’imyaka 59 yatangiye politiki by’umwuga mu 1999 ubwo yabaga umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’inzibacyuho akayibamo kugeza mu 2003.

Kuva mu 2003 kugeza mu Ukwakira 2011, yari umwe mu bagize Inteko ishinga Amategeko, umutwe w’abadepite.

Mbere yo kugenwa ku mwanya wa Senateri, yabaye Umunyamabanga wa Leta ushinzwe imibereho myiza muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu mu gihe cy’imyaka 8.

Mukabaramba yiyamamarije umwanya w’umukuru w’igihugu inshuro ebyiri ariko ntiyagira amahirwe yo gutorwa. Bwa mbere hari mu 2003 ubwo yageragaho agakuramo kandidatire ye ku munota wa nyuma akiyemeza kujya inyuma ya Perezida Kagame. Yaje kongera kugerageza mu 2010 ariko aratsindwa.

Dr Mukabaramba ni Perezida w’ishyaka rito rya politiki riharanira iterambere n’ubusabane (PPC). Imwe mu mbogamizi nyamukuru agira nuko ishyaka rye rigira abayoboke babarirwa ku ntoki hakaba hibazwa niba yatungurana akagira atya akaba numero ya kabiri mu gihugu.

Hakivugwa gutungurana, biranashoboka ko undi muntu utari muri aba twavuze ashobora gutorerwa uyu mwanya.

2019-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yihanganishije umuryango wa Depite Mukayisenga

Perezida Kagame yihanganishije umuryango wa Depite Mukayisenga

Ubwanditsi 15 Jun 2017
Impamvu 10 Perezida Kagame yakomeza akayobora nyuma ya 2017

Impamvu 10 Perezida Kagame yakomeza akayobora nyuma ya 2017

Ubwanditsi 31 May 2017
Havugiyaremye Aimable Yagizwe Umushinjacyaha Mukuru

Havugiyaremye Aimable Yagizwe Umushinjacyaha Mukuru

Ubwanditsi 29 Nov 2019
Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye imikino y’amajonjora yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika mu mukino w’intoki y’abagore (Afrobasket 2021)

Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye imikino y’amajonjora yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika mu mukino w’intoki y’abagore (Afrobasket 2021)

Ubwanditsi 14 Jul 2021

Igitekerezo kimwe

  1. Kalisa
    October 15, 20198:30 am -

    Ahubwo se SENAT ni ngombwa?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Manchester united yongereye amasezerano y’umwaka umwe rutahizamu Edinson Cavani.
Amakuru

Manchester united yongereye amasezerano y’umwaka umwe rutahizamu Edinson Cavani.

Ubwanditsi 11 May 2021
Polisi yakuye urujijo ku itabwa muri yombi ry’Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa
Mu Mahanga

Polisi yakuye urujijo ku itabwa muri yombi ry’Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa

Ubwanditsi 12 Feb 2016
Perezida Kagame yagaragaje ko AU ikwiye umwanya mu bikorwa bya G20
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagaragaje ko AU ikwiye umwanya mu bikorwa bya G20

Ubwanditsi 01 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru