• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Igitero cya kabiri  cy’iterabwoba ku modoka ya Volcano muri Uganda, Polisi yicyo gihugu yirengagije ikibazo abagenzi bayibwiye ibyababayeho

Igitero cya kabiri  cy’iterabwoba ku modoka ya Volcano muri Uganda, Polisi yicyo gihugu yirengagije ikibazo abagenzi bayibwiye ibyababayeho

Ubwanditsi 11 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Mu ijoro ryo ku wa 10 Ukwakira 2019, ahagana saa cyenda z’igitondo itsinda ry’amabandi ryateye amabuye Bus yavaga Kampala igana Kigali nuko bayimena ibirahuri. Ibi byabereye hagati ya Muhanga na Ntugamo mu birometero 45 uvuye ku mupaka wa Gatuna uhuriweho n’u Rwanda na Uganda.
Iyo Bus yari ifite numero ziyiranga RAD 259M ikaba ari iya kompanyi Volcano yari itwawe na Muhammad Sibomana. Amakuru avuga ko amabandi ane yashatse gutega iyi Bus yari ifite abagenzi igana i Kigali ivuye Kampala.

Umutangabuhamya wabibonye yavuzeko bayiteye amabuye ariko umushoferi arakomeza  bageze imbere bahura n’imodoka ya polisi, “twahuye nabo turahagarara tubereka uburyo bangije imodoka baratureba baratwihorera nkaho ntacyabaye. Ikigaragara nuko izo nzego z’umutekano zari zizi ibyatubayeho muri iyo Bus kuko wabonaga babiziranyeho n’abaduteye amabuye”.

Nubwo ntawakomeretse si ubwa mbere bateye amabuye imodoka yo mu Rwanda cyane cyane izitwara abagenzi, kuko mu kwezi gushize indi Bus ya Volcano yavaga Kigali yerekeza Kampala bayiteye amabuye nabwo ari ni joro; umukozi wa Volcano yarakomeretse akuka n’amenyo.

Impuguke ku mubano hagati y’ibihugu byombi ibarizwa I Kigali  yavuze ko urugomo rwakorewe Bus ya Volcano utarutandukanya n’ibyo leta ya Kampala isanzwe ikorera u Rwanda n’Abanyarwanda muri rusange
Urwego rubangamira cyane u Rwanda ni CMI (ibiro by’iperereza ry’igisirikari cya Uganda) rikorana hafi na hafi n’abayoboke ba RNC ya Kayumba Nyamwasa mu gufata no gutoteza Abanyarwanda. Kugeza ubu Abanyarwanda benshi bakomeze kuborera muri Gereza za Uganda ndetse n’inzu zitazwi zifungirwamo abantu.

Abanyarwanda benshi iyo bafunguwe bajugunywa ku mupaka bitanyuze mu nzira zemewe  n’amategeko ahererekanywa  imfunga cyangwa abafunguwe ndetse bazana ibikomere bagahorana n’uburibwe kubera iyicwarubozo bakorerwa.

Ibi byabaye no mu cyumweru gishize aho abagabo batatu n’umugore umwe bajugunywaga ku mupaka wa Kagitumba aribo Monfort Munyakazi, Laurent Kamere, Elias Nsabimana na Consolee Mbabazi nyuma yo gufungirwa amezi menshi muri Uganda ndetse bagakorerwa iyicarubozo.

Inzego za Uganda zabahimbiye ibyaha ko binjiye muri icyo gihugu nta mpapuro z’inzira bafite ndetse bafungirwa Ntungamo kandi bari binjiranye muri icyo gihugu indangamuntu zabo kandi amasezerano hagati ya Uganda Kenya n’u Rwanda yemera ko abaturage bibyo bihugu bitatu bashobora kujya muri kimwe muri ibyo bihugu bakoresheje indangamuntu. Ibi byose Uganda ibikora kugirango ibangamire Abanyarwanda badashaka kuyoboka RNC aho muri icyo gihugu RNC ndetse na FDLR bafashwa muri byose ku manywa y’ihangu.

Biragaragara ko Perezida Museveni yashyize umukono ku masezerano ya Luanda abizi neza ko ari ibipapuro atazayashyirwa mu bikorwa.

2019-10-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umutwe w’iterabwoba wa FLN mu marembera kubera kujirajira n’amacakubiri.

Umutwe w’iterabwoba wa FLN mu marembera kubera kujirajira n’amacakubiri.

Ubwanditsi 22 Oct 2021
Perezida Kagame umwe mu bakuru b’ibihugu bitabira kuri uyu wa Kabiri, irahira rya Kenyatta

Perezida Kagame umwe mu bakuru b’ibihugu bitabira kuri uyu wa Kabiri, irahira rya Kenyatta

Ubwanditsi 27 Nov 2017
Uko  Ingabo z’u Rwanda ziri gusuzumwa uko umubiri wazo uhagaze

Uko Ingabo z’u Rwanda ziri gusuzumwa uko umubiri wazo uhagaze

Ubwanditsi 21 Oct 2018
Ubutabera bwo muri Finland bwibukije abajenosideri uburemere bw’ibyaha bakoze, bwongera kwangira Ruharwa Faransisiko Bazaramba kurekurwa atarangije igifungo cya burundu

Ubutabera bwo muri Finland bwibukije abajenosideri uburemere bw’ibyaha bakoze, bwongera kwangira Ruharwa Faransisiko Bazaramba kurekurwa atarangije igifungo cya burundu

Ubwanditsi 14 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

[AMAFOTO]: Mushakire hamwe ingamba zirwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina-Minisitri w’Intebe Murekezi
Mu Mahanga

[AMAFOTO]: Mushakire hamwe ingamba zirwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina-Minisitri w’Intebe Murekezi

Ubwanditsi 29 Nov 2016
Gabon: Abasirikare bagerageje guhirika ubutegetsi batawe muri yombi
ITOHOZA

Gabon: Abasirikare bagerageje guhirika ubutegetsi batawe muri yombi

Ubwanditsi 07 Jan 2019
Impamvu abaturage bibona mu itangazamakuru kurusha abayobozi b’inzego z’ibanze
Mu Rwanda

Impamvu abaturage bibona mu itangazamakuru kurusha abayobozi b’inzego z’ibanze

Ubwanditsi 14 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru