• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Imvano y’ibikorwa bya Museveni ku Rwanda n’icyo bihatse

Imvano y’ibikorwa bya Museveni ku Rwanda n’icyo bihatse

Editorial 16 Oct 2019 POLITIKI

Kuva amakimbirane hagati ya Uganda n’u Rwanda yakara kugera ku rwego ariho ubu nyuma y’imyaka 20 yo guceceka, abasesenguzi bamaze imyaka ibiri n’igice bagerageza gusobanura iby’uyu mwuka mubi.

Mu ntangiriro hari ibihuha byinshi kugeza ubwo impande zigaragaje ibyo zitishimiye mbere na mbere mu bitangazamakuru hanyuma mu buryo bweruye bigaragazwa mu masezerano ya Angola.

Kuva ubwo ubu tuzi bidasubirwaho ko u Rwanda rushinja Uganda guhoza ku nkeke, guta muri yombi, gukorera iyicarubozo abaturage barwo muri Uganda, runavuga ko Uganda yafatiriye ibicuruzwa byarwo byajyaga muri Kenya, igatera inkunga imitwe igambiriye kuruhungabanya ku isonga RNC ya Kayumba Nyamwasa ndetse n’abasize bakoze Jenoside mu 1994 bo mu mutwe wa FDLR.

Uganda ishinja Abanyarwanda kujyaho gukora ubutasi ndetse ikanasaba ko umupaka wa Gatuna wongera gufungurwa.

Ibi ibihugu byinubira byahaye amakuru menshi abasesenguzi yo gutekerezaho. Byatumye bagerageza kumva ikibazo bashingiye ku mpamvu muzi yacyo.

Urugero, ibirego ku butasi iteka bisubizwa ubwabyo nk’igihamya cy’uko Uganda ifasha RNC, ikaba igomba kuba ifite ikintu cyo guhisha cyangwa indi mpamvu ituma ibona umunyarwanda wese wambutse umupaka ikamubonamo intasi. Ibi kimwe n’ibindi bitangaza benshi.

Gusa icyagoye abasesenguzi kumva ni impamvu mbere na mbere Museveni ashaka guhungabanya u Rwanda n’icyo ashaka kugeraho biramutse bibaye.

Bamwe basanga ko Museveni yiyumva nk’ureberera u Rwanda kuko yiyumva ko ari we wafashije ubuyobozi bwarwo kujya ku butegetsi mu 1994.

Iki gitekerezo nacyo ariko ntabwo cyapimirwaho impamvu muzi. Museveni yahetswe ku mugongo n’abanyarwanda bamushyira ku butegetsi mu 1986.

Mu kumushyira ku butegetsi, abanyarwanda muri make barifashaga, ntacyo yari bubashe kwikorera iyo ataza kubagira ngo bamutereke ku butegetsi.

Ku bw’iyi mpamvu, Museveni ntahwema kuvuga ngo ‘bariya bahungu’ yafashije, ariko ntacyo yakoze cyagereranywa n’ibyo u Rwanda rwamukoreye.

Iki ni ikintu gifite ishingiro kugikora bigendanye n’amateka yagejeje ku kwibohora kw’ibihugu byombi. Ubuyobozi bw’ibihugu byombi busangiye amateka yo gufashanya.

Hanyuma niba ibikorwa bya Museveni bidashobora kumvikana neza, ni gute byasobanurwa?.

Museveni akeneye kumvwa mu buryo bw’imyitwarire. Aha hari uko uwahoze ari umuganga we Dr Kifefe Kizza-Besigye amubona:

“Niba ushaka kumva umubano wacu n’u Rwanda, ukeneye kumva ibintu bibiri; Perezida Museveni yatekerezaga ko ubwo Perezida Kagame yabaye hano amuyobora, ari ofisiye mu ngabo ze, n’ubu yagiye mu Rwanda, u Rwanda ruzaba munsi ye, azajya abategeka ibyo bakora, yizeraga kuzajya agenzura u Rwanda.

Kubera ko Perezida Kagame yabaye mu gisirikare cye, yumvaga ko azakomeza gukorera ku mabwiriza ye.

“Iyi ni imyumvire afite ndetse na hano niko afata abanya-Uganda. Museveni atekereza ko Uganda ari umuryango we, buri wese ni umwana we, umwuzukuru we ‘bazukkulu”.

Njyewe ndashaka uburenganzira bwanjye nk’umuturage. Ntabwo wamfata nk’umwana wawe. Ni ubwirasi gufata abantu bakuze nk’abana be na bazukkulu kugira ngo abashe kubabwira ibyo bakora; bana banjye, bazukkulu mukore ibi, mukore biriya.

Niko ashaka kumfata niko ashaka kubona Kagame. Yumvaga ko Kagame azakora ibyo amubwiye gukora.

Kagame yabanje kubaha Museveni ariko byaje kurenga urugero aravuga ati ‘dufite igihugu cyacu. Tuzakiyobora mu buryo butubereye’.

Ikibazo mu mboni za Museveni ni uko Kagame yigometse [yamujjemera!]. Ibi byavugwaga mu ntambara ya Congo yakuyeho Mobutu.

Kagame yanze kumvira Museveni. Mu by’ukuri u Rwanda nicyo gihugu cyonyine cyarwanye kinakuraho Mobutu. Kuko Kagame yamusuzuguye, Museveni yari yizeye ko u Rwanda rushobora gutsindwa ariko ntibyabaho. Ibi byatumye agira ishyari.

Indi mpamvu y’ibibazo hagati ya Uganda n’u Rwanda ni uko nubwo u Rwanda rufite ibibazo byarwo, iyo urebye iterambere rufite ukagereranya n’ibirimo kuba muri Uganda, ukareba uko ubuyobozi bw’u Rwanda bufatwa ku ruhando mpuzamahanga kurenza ubwa Uganda, kuba bwarahereye ku busa, kuri jenoside none ubu bukaba bugejeje igihugu ku itarambere tubona.

Ibi bituma abaturage bacu bagereranya n’ibiri kuba mu Rwanda, babona imihanda, ibitaro n’ibindi bagahita babaza ikibazo Museveni bati “Byagenze bite kuri wowe? [naye ggwe wabaaki?], ibi bimutera igitutu n’ishyari.

Mu ntambara ya Congo, Nyakwigendera Perezida Nyerere yabajije Museveni ikibazo afitanye na FPR. Mu gisubizo cye yavuze ati “Ntibanyumva”.

Nyerere yaratangaye uburyo Museveni yumva ko guverinoma ifite ubusugire igomba kumva amabwiriza ye. Mu bitekerezo bya Museveni, kuva buri wese ari umwana n’umwuzukuru we, umwana wigometse agomba guhanwa, guhabwa isomo.

Ni ukuri kwambaye ubusa kuvuga ko Nyerere yari azi na Besigye akaba azi neza cyane Museveni kuruta uko undi wese yabivuga.

Uwari umuganga we akomeza agira ati:

“Ku bijyanye n’ubufasha bwa Uganda ku mitwe igambiriye guhungabanya umutekano w’u Rwanda, iki kiganiro kimaze igihe, abantu bamwe [abajya muri RNC), barafashwe bavuga ko bari bagiye mu Burundi, bari kunyura Tanzania bakajya muri RDC.

Igitekerezo cyanjye ni uko ziriya mpamvu ebyiri natanze haruguru [agasuzuguro n’ishyari], byatumye Museveni afata umwanzuro w’uko niba ubuyobozi bw’u Rwanda butamwumviye agomba guhungabanya umutekano waryo no kurushyira hasi. [babakakkanye!].

Umugambi wa Museveni wo gushyira hasi u Rwanda uri mu byiciro bibiri. Icya mbere kirimo gutera inkunga imitwe yo guhungabanya u Rwanda yiteze ko ubushobozi bwashoboraga gukoreshwa mu iterambere bujyanwa mu guhangana n’umwanzi kuko igihugu ari we cyaba gihugiyeho.

Abayobozi muri FDLR bafatiwe muri RDC ku mupaka uyigabanya na Uganda bavuye mu nama i Kampala kuwa 14-15 Ukuboza, ku butumire bw’Umunyamabanga wa leta ushinzwe ububanyi mu karere muri Uganda, Philemon Mateke, bavuze ko intego y’inama kwari ukubasaba kongera imbaraga mu mikoranire na RNC ya Kayumba Nyamwasa, wari uhagarariwe mu nama na muramu we Frank Ntwali.

Icyo gihe Museveni yabagiriye inama yo kwibanda ku guhungabanya urwego rw’ibikorwa remezo mu Rwanda.

Ibi biri mu murongo we wo gushyira hasi iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda bigakorwa binyuze no mu nzira zo kwangiza ibikorwa remezo byarwo yaba ibihari n’ibitegurwa.

Nta gushidikanya ibyinshi byaranditswe ku buryo Uganda yanze kwemerera RwandAir uburenganzira bwo gufata abagenzi kuri Entebbe ibajyana i Burayi kandi hari izindi sosiyete z’i Burayi zabuhawe.

Hari ukuba Kampala yaranze kubaka imiyoboro y’amashanyarazi yagombaga guhura n’iyivanye amashanyarazi ahendutse muri Kenya na Ethiopia, akayura Uganda akagera mu Rwanda.

Hari kandi umurongo wa internet wa ‘Fibre optique’ ndetse n’icyemezo cya Kampala cyo kwikura mu mushinga wa gari ya moshi ihuza Imijyi ya Mombasa na Kigali inyuze muri Uganda nkuko byemeranyijweho mu masezerano yo mu nama z’ibihugu byo mu Muhora wa Ruguru; aya na Uganda yayashyizeho umukono ishaka kungukira mu mikoranire n’ibindi bibugu mu gihe yonona ingingo zirebana by’umwihariko n’u Rwanda.

Mu yandi magambo, gari ya moshi na Fibre optique byashoboraga kuva i Mombasa bigana i Kampala mu gihe bitari bugere muri Kigali.

Nta na kimwe muri ibi gifite ishingiro rifatika. Ibi bishimangira igitekerezo cya Besigye ko imyitwarire ya Museveni ku Rwanda idakwiye gufatwa nk’ikwiye.

Mu gihe witaye cyane ku kwikunda kwa Museveni, uko agira inyota yo gutesha agaciro buri wese bahuye kugira ngo abashe kumugiraho ububasha bwose no kumuyobora, ubushake bwo gufata abantu bakuze nk’abana be bagomba kumwubaha, bagakora ibyo ababwirije, batitaye ku babanenga ndetse bakaba bahanwa, aho ni ho wakumva neza ibikorwa bye.

Ni muri uku kwikunda gukabije kuri mu mutima w’ikibazo hagati y’ibihugu byombi. Gutegereza ko igihugu gifite ubusugire kizicisha bugufi imbere y’umunyamahanga ntibikwiye.

Mu buryo bwo kwishushanya, Museveni igikomeye atumvikanyeho na Obote wahoze ayobora Uganda akaba ari nawe afataho icyitegererezo ni uko uyu yashimangiye ko Museveni yagombaga kumwubahira ko yamwohereje kwivuza mu Bitaro biri Sofia muri Bulgaria mu 1967, anamufasha kwiga muri Kaminuza ya Dar es Salaam ndetse akanamuha akazi ke ka mbere mu Kigo gikora ibijyanye n’Ubushakashatsi. Ibi bivuze ko Obote yatanze umusanzu we mu gutoza Museveni ariko yaje kumwihinduka arihorera.

Mu yandi magambo, Museveni yari mu mwanya wo kumva ko ubwo bushake bwari bufitwe na mugenzi we, Obote, byari kugorana kubyitega ko bizaturuka ku wundi mukuru w’igihugu.

Mu gihe twashaka kumva imyitwarire ya Museveni mu rwego rw’imitekerereze ya muntu n’ibimenyetso byo kwikunda kudasanzwe, nkuko uwahoze ari umuganga we yakunze kubikomozaho, ese ni iyihe mpamvu muzi y’uko kwikunda? Ibi ni bimwe mu bisobanuro.

2019-10-16
Editorial

IZINDI NKURU

Félix Tshisekedi yatangaje ko adashobora kwemera kuba Minisitiri w’Intebe wa RDC

Félix Tshisekedi yatangaje ko adashobora kwemera kuba Minisitiri w’Intebe wa RDC

Editorial 25 Apr 2018
SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

Editorial 01 Mar 2024
Igikomangoma Mohammed bin Zayed n’abashoramari bakomeye b’i Dubai na Abu Dhabi bategerejwe mu Rwanda

Igikomangoma Mohammed bin Zayed n’abashoramari bakomeye b’i Dubai na Abu Dhabi bategerejwe mu Rwanda

Editorial 18 Jun 2018
Ishyaka Green Party Riramagana ibyatangajwe na Général Kayumba Nyamwasa.

Ishyaka Green Party Riramagana ibyatangajwe na Général Kayumba Nyamwasa.

Editorial 30 Mar 2017
Félix Tshisekedi yatangaje ko adashobora kwemera kuba Minisitiri w’Intebe wa RDC

Félix Tshisekedi yatangaje ko adashobora kwemera kuba Minisitiri w’Intebe wa RDC

Editorial 25 Apr 2018
SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

Editorial 01 Mar 2024
Igikomangoma Mohammed bin Zayed n’abashoramari bakomeye b’i Dubai na Abu Dhabi bategerejwe mu Rwanda

Igikomangoma Mohammed bin Zayed n’abashoramari bakomeye b’i Dubai na Abu Dhabi bategerejwe mu Rwanda

Editorial 18 Jun 2018
Ishyaka Green Party Riramagana ibyatangajwe na Général Kayumba Nyamwasa.

Ishyaka Green Party Riramagana ibyatangajwe na Général Kayumba Nyamwasa.

Editorial 30 Mar 2017
Félix Tshisekedi yatangaje ko adashobora kwemera kuba Minisitiri w’Intebe wa RDC

Félix Tshisekedi yatangaje ko adashobora kwemera kuba Minisitiri w’Intebe wa RDC

Editorial 25 Apr 2018
SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

Editorial 01 Mar 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru