• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Amavubi yatsinzwe na Cameroun, akomeza kuba aya nyuma mu itsinda

Amavubi yatsinzwe na Cameroun, akomeza kuba aya nyuma mu itsinda

Ubwanditsi 18 Nov 2019 IMIKINO

Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, yatsinzwe na Cameroun igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa kabiri wo mu itsinda F ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika (CAN 2021) wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo kuri iki Cyumweru.

Icyizere cy’Amavubi kiragabanuka umunsi ku wundi nyuma yo gutakaza uyu mukino wa kabiri kuko yaherukaga gutsindwa na Mozambique ku wa Kane.

Amavubi yagarutse mu Rwanda ejo hashize, yinjiye neza mu mukino, atangira asatira Cameroun, ariko umupira wahinduwe na Omborenga Fitina, ntiwagerwaho na Meddie Kagere mbere y’uko Imanishimwe Emmanuel atera ishoti ryagiye hanze.

Ahagana ku munota wa 11, Kagere Meddie yacenze umunyezamu André Onana, ateye umupira mu izamu ufata inshundura ntoya mu gihe Hakizimana Muhadjiri yabonye uburyo bwiza, umupira yateye ushyirwa muri koruneri.

Muri iki gice cya mbere, Cameroun yabonye uburyo bubiri bwiza, ariko Vincent Aboubakar ananirwa gutsinda umupira yahawe Ambroise Bitolo, awutera hanze mu gihe na Christian Bassogog yabonye uburyo bwiza mu rubuga rw’amahina, agorwa na Nirisarike Salomon.

Mbere y’uko igice cya mbere kirangira, Bizimana Djihad yagerageje amashoti abiri akomeye, yombi aca hejuru y’izamu rya Cameroun.

Nyuma y’iminota 10 igice cya kabiri gitangiye, Mashami yakoze impinduka ya mbere, Hakizimana Muhadjiri asimburwa na Sibomana Patrick mu gihe Imanishimwe Emmanuel wavunitse ku munota wa 65, yasimbuwe na Rutanga Eric.

Cameroun yabonye igitego ku munota wa 69, gitsinzwe na Mouni Ngamaleu wateranye umupira Nirisarike Salomon, umunyezamu Kimenyi Yves ntiyawukurikira, umuca imbere ujya mu izamu.

Mu minota ya nyuma, Amavubi yasatiriye bikomeye izamu rya Cameroun, ariko abarimo Tuyisenge Jacques na Kagere Meddie bagorwa n’umunyezamu André Onana na ba myugariro Dawa Joyskin na Michael Ngadeu.

Gutsinda uyu mukino byatumye Cameroun izakira CAN 2021, iyobora itsinda F n’amanota ane, ikurikiwe na Mozambique ifite amanota atatu, Cap-Vert ifite inota rimwe mu gihe u Rwanda rufite ubusa.

Cap-Vert izakira Mozambique mu mukino uzaba kuri uyu wa Mbere.

2019-11-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Cameroun: Ikipe y’amagare y’u Rwanda yarokotse impanuka ikomeye

Cameroun: Ikipe y’amagare y’u Rwanda yarokotse impanuka ikomeye

Ubwanditsi 30 Sep 2018
Amarushanwa ya Volleyball yo ku musenyi azaba muri Nzeli

Amarushanwa ya Volleyball yo ku musenyi azaba muri Nzeli

Ubwanditsi 10 Aug 2016
Patriots BBC yasubiriye GNBC imbere ya Perezida Kagame isoza irindi jonjora rya BAL idatsinzwe

Patriots BBC yasubiriye GNBC imbere ya Perezida Kagame isoza irindi jonjora rya BAL idatsinzwe

Ubwanditsi 23 Dec 2019
Police FC yageze  muri Sudani n’impamba y’ibitego bibiri

Police FC yageze muri Sudani n’impamba y’ibitego bibiri

Ubwanditsi 25 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imyanzuro 12 y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 17
INKURU NYAMUKURU

Imyanzuro 12 y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 17

Ubwanditsi 25 Dec 2019
Chairman wa APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa yatorewe kuba umwe mubagize inama y’ubuyobozi bwa Rwanda Premier League
Amakuru

Chairman wa APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa yatorewe kuba umwe mubagize inama y’ubuyobozi bwa Rwanda Premier League

Ubwanditsi 15 Feb 2025
Inama ya Dar Es Salaam ni andi mahirwe Tshisekedi abonye yo kurangiza intambara, ntazayatere inyoni atunga abandi urutoki”- Senateri Joe Wilson
Uncategorized

Inama ya Dar Es Salaam ni andi mahirwe Tshisekedi abonye yo kurangiza intambara, ntazayatere inyoni atunga abandi urutoki”- Senateri Joe Wilson

Ubwanditsi 06 Feb 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru