• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umuturage wa Uganda yandikiye Museveni, ibaruwa ifunguye, ahishura ibya komite ya RNC ikorera Kampala
Dr Gideon Rukundo Rugari, Sulah Nuwamanya na Prossy Boonabana,

Umuturage wa Uganda yandikiye Museveni, ibaruwa ifunguye, ahishura ibya komite ya RNC ikorera Kampala

Ubwanditsi 19 Nov 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Mu bibazo by’ingutu bitandukanye atunga agatoki Uganda, avugamo ibijyanye n’ibibazo mu bucuruzi, kuba hari abantu bashaka kugirira nabi u Rwanda bidegembya muri Uganda, ibijyanye no guta muri yombi no gukorera iyicarubozo abanyarwanda, aho byose ngo ari ibintu bikomeje gusiga icyasha Uganda ku ruhando mpuzamahanga.

Uyu muturage wo muri Uganda witwa Maxon Lukyamuzi, mu ibaruwa ifunguye yandikiye Museveni, amubaza impamvu hashize imyaka itatu yaracecetse kuri ibi bibazo.

Yasabye Museveni ko mu gihe ibihugu byombi bigeze mu cyiciro cya kabiri cy’ibiganiro by’amasezerano ya Luanda, yakwitsa cyane ku bijyanye n’uburyo RNC ikomeje kwisanzura muri Uganda.

Ati “Uyu mutwe umaze gushinga imizi muri Uganda aho ufite Komite Nyobozi ikuriwe na Prossy Boonabana, Dr Gideon Rukundo Rugari nk’umwungirije na Sulah Nuwamanya nk’Umunyamabanga Mukuru.”

Iyi komite ngo ifite ba komiseri n’abayobozi ku rwego rw’akarere mu bice birimo abafite inkomoko mu Rwanda. Binyuze muri iyi komite, ngo RNC iherutse gushinga umuryango utegamiye kuri leta witwa “Self Worth Initiative” [SWI] ari nawo yifashisha mu gushaka abayoboke.

Muri iyi baruwa, Lukyamuzi atangira avuga ko nk’umuturage wa Uganda ariko ufite n’inkomoko mu Rwanda, atewe impungenge “n’ibibazo by’umupaka hagati y’u Rwanda na Uganda, ibibazo bya dipolomasi, no kuguceceka kwawe kuri ibi bibazo mu myaka itatu ishize”.

Yibukije Museveni ko mu rugamba rwo kubohora Uganda rwa NRA “impunzi z’abanyarwanda zari zikuri inyuma. Uruhare rwabo mu kutubohora rwagize uruhare mu kugeza igihugu cyacu aha kiri”.

Lukyamuzi yakomeje yibutsa Museveni ko mu 2018, Perezida Paul Kagame yasuye Uganda, abakuru b’ibihugu byombi bakemeranya gukuraho urujijo ruri mu mubano wabyo ahubwo bagashimangira imikoranire.

Ati “Perezida Kagame yavuze ko guhanahana amakuru mu buryo bwa nyabwo, gukorana byimbitse kandi bihoraho bizafasha ibihugu byombi mu gufata ibyemezo biboneye.” Aha niho yahereye abaza Perezida Museveni ibibazo bitandukanye ku bintu atakoze uko bikwiye.

Ati “Nyakubahwa Perezida, twumvise bike ku ruhande rw’ubuyobozi bwacu ku bijyanye n’amahari mu gihe twumvise byinshi ku ruhande rw’u Rwanda. Ibinyamakuru yaba ibikorera imbere mu gihugu n’ibiri mpuzamahanga, (ikiganiro uherutse kugirana na Allan Kasujja wa BBC-Africa) byagerageje gusaba ibisubizo ariko wakomeje kuryumaho.”

Lukyamuzi yakomeje avuga ko mu 2017 u Rwanda rwagaragaje ko hari imitwe yitwaje intwaro ikorera muri Uganda ishaka kurutera ndetse ko mu gihe rwavugaga ibyo, iyo mitwe yakomezaga gushimangira imikoranire n’inzego z’iperereza za Uganda ari nako yisuganya; ibyo biza gukurikirwa n’amakuru y’uko abanyarwanda bashimutwa iyo bageze muri Uganda.

Ati “Nyakubahwa Perezida, iyo bitaza kuba ah’ibimenyetso bagaragaje, benshi bari kuba bataritaye kuri aya makuru. Gusa ibimenyetso birimo amafoto n’amashusho y’abanyarwanda bakorewe iyicarubozo, byagaragazaga ukuri yewe no ku bantu bawe bagushyigikiye by’akadasohoka.”

Yagarutse kandi ku bantu bagera kuri 50 bafashwe na Polisi ahitwa Kikagati bari mu nzira bagiye mu myitozo ya gisirikare ya RNC muri RDC aho ngo nyuma bahaswe ibibazo bagahishura ibyo bari bagiyemo ndetse ko “umugambi wabo w’ingenzi ari ugutera u Rwanda”. Ati “Bashatswe na RNC u Rwanda rufata nk’ umutwe w’iterabwoba.”

Lukyamuzi yakomeje avuga ko nyuma y’uko batangiriwe, Museveni yemeye ko hari abakozi b’inzego ze z’umutekano bagize uruhare mu gushaka abantu bajya muri uyu mutwe, ariko ko nta n’umwe yigeze ahanira icyo kintu.

Ikindi ni uko ngo muri Kamena 2018, aba bantu bose barekuwe bakagenda bidegembya, nyuma bagakomeza inzira yabo berekeza muri RDC nubwo bamwe baje kugwa mu maboko y’ingabo za Loni ziri muri RDC bagahishura imikoranire yabo n’Urwego rw’Ubutasi rwa Uganda, CMI; abandi bakoherezwa mu Rwanda nyuma yo gutabwa muri yombi aho bahishuye imikoranire yabo yose n’uru rwego gusa ngo Abel Kandiho uruyobora ntiyigeze abibazwa.

Mu bindi bimenyetso uyu muturage atanga harimo uburyo mu Ukuboza 2018, imitwe ya RNC na FDLR yagiriye inama muri Uganda yayobowe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Philemon Mateke.

Akomeza agira ati “Muri Werurwe 2019, Charlotte Mukankusi na Eugene Gasana baragusuye ndetse warabyemeje, ni nako Tribert Rujugiro atera inkunga RNC; twumva ko kandi afite ibikorwa by’ubucuruzi mu gace ka Arua, ndetse ko umuvandimwe wawe Salim Saleh bafatanyije muri ubwo bucuruzi. Ubu bushotoranyi bwarakomeje n’ubu kandi dukomeje kubona aya makuru mu itangazamakuru.”

Yavuze kandi ku kibazo cy’abanyarwanda batabwa muri yombi muri Uganda bagakorerwa iyicarubozo bashinjwa kuba intasi no kwinjira mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko; aho ngo bamwe muri aba batangarije itangazamakuru uburemere bw’iyicarubozo bakorewe mu nzu z’ibanga na kasho bya CMI.

Ati “Tuvugishije ukuri, ubu ni ubundi buryo bw’ubushotoranyi ku kindi gihugu. Bamwe mu banyarwanda bafunzwe ni abana bato guhera ku myaka itatu kugeza ku bakuze bari mu kigero cy’imyaka 76. Gusa inzego zacu z’umutekano zabise intasi. Koko ni inde ukoresha umusaza w’imyaka 70 nk’intasi?”

“U Rwanda ruvuga ko abaturage barwo, amagana n’amagana bakiri mu magereza n’izindi nzu zitagenewe gufungirwamo abantu zicunzwe n’inzego zacu, CMI na ISO.”

“Nyakubahwa Perezida, ntiwigeze uhakana cyangwa ngo wemere ibi birego. Ntiwigeze utegeka ko bagezwa imbere y’inkiko cyangwa se ngo utegeke ko birukanwa ku butaka bwa Uganda. Nyakubahwa Perezida ni ukubera iki?”

Yavuze ko nubwo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Sam Kutesa n’Umuvugizi wa Guverinoma, Ofwono Opondo bahakanye ko hari abanyarwanda bafungiye muri Uganda, nta kintu cyahamya ukuri kw’ibyo bavugaga ahubwo ko bavuze ibinyoma ku bushake.

Ibi abishimagira agira ati “Twabonye ko buri gihe iyo u Rwanda ruvuze kuri iki kibazo, Uganda irekura abanyarwanda bake. Baba bavuye he niba nta banyarwanda dufite bafunzwe nk’uko abayobozi bacu babivuga?”

Yabajije Museveni ati “Nyakubahwa Perezida, ibi si ibihamya by’uko abayobozi bacu baba bifubitse umwambaro w’ikinyoma?”

Yibukije ko amategeko ya Uganda ateganya ko umuntu utawe muri yombi aba agomba kugezwa imbere y’urukiko mu gihe kitarenze amasaha 48 , ndetse ko afite uburenganzira bwo gucibwa urubanza ruciye mu mucyo no kunganirwa kimwe no gusurwa n’umuryango. Ikindi ni uko ayo mategeko atemera ibikorwa by’iyicarubozo, ariko ko “twarenze ku Itegeko Nshinga n’andi mategeko arengera uburenganzira bw’ikiremwamuntu”.

Ku bijyanye n’amasezerano ya Luanda aherutse gushyirwaho umukono, Lukyamuzi yavuze ko yabayeho mu gihe abaturage bose bari biteze ko ibintu bigiye gusubira mu buryo ariko kugeza ubu nta mpinduka iragaragara.

Yavuze ko nyuma y’inama yabaye ku wa 16 Nzeri, indi yagombaga kuba nyuma y’ukwezi ni ukuvuga ku wa 16 Ukwakira ariko ko itigeze iba ndetse n’indi tariki yashyizweho yaje gusubikwa.

Ati “Igihe kirageze nyakubahwa Perezida ko uhaguruka ugakemura ibi bibazo binyuze mu gusobanurira abaturage bagutoye. Nibura utugomba ibisobanuro ku bibazo bimaze igihe bitugiraho ingaruka.”

Ati “Ariko ni ibibazo byakemuka, twamaze igihe kinini tubana n’abanyarwanda mu mudendezo, ntidushaka kubana na bo mu bwishishanye cyangwa se duhanganye. Yaba ubu n’ikindi gihe.”

Muri iyi baruwa y’amapaji ane, Lukyamuzi yavuze ko ubukungu bwa Uganda bwahungabanye kuva aho ibibazo by’umwuka mubi biziye, ndetse ko kuva ubwo u Rwanda ruburiye abaturage barwo ku gukorera ingendo muri Uganda, iki gihugu cyahombye miliyoni zisaga 664 z’amadolari y’ibyoherezwaga mu mahanga.

Ibi abihuza n’uburyo abaturage baturiye imipaka bahuye n’ibibazo by’umwihariko abatuye Kikuubo kuko batari bagishoboye gukomeza ubucuruzi bwabo nka mbere.

Mu gushaka amaramuko, ngo abanya-Uganda bamwe bishora mu bucuruzi butemewe bwa magendu, bikaba byabaviramo kuraswa bagerageza gutoroka mu gushaka kwirwanaho.

Ati “Ni ukubera iki udafata iki kibazo nk’igikomeye? Turi kuzahara kandi mu bigaragara birakomeza kuzamba nihatagira igikorwa.”

Lukyamuzi yasoje abwira Museveni ko abaturage ba Uganda bizeye ko yakemura ibi bibazo , ndetse ko nabo bazabimwibukiraho mu 2021 ubwo hazaba haba amatora.

Ati “Nizeye ko wakemura ibi bibazo hanyuma ukamenyesha mu buryo bweruye abaturage ku biri gukorwa , ukabizeza amahoro, umudendezo n’iterambere. Nyakubahwa Perezida, ibi byose tuzabyibuka nibigera mu 2021.”

2019-11-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bombori bombori : Muri RNC ishaje  havutse igice cya gatatu kiyobowe na Gervais Condo

Bombori bombori : Muri RNC ishaje havutse igice cya gatatu kiyobowe na Gervais Condo

Ubwanditsi 06 Sep 2016
Agahuru k’imbwa karagurumanye! Leta y’u Burundi igiye gushyikiriza u Rwanda inyeshyamba 20 zo mu mutwe w’iterabwoba  FLN, wa Paul Rusesabagina.

Agahuru k’imbwa karagurumanye! Leta y’u Burundi igiye gushyikiriza u Rwanda inyeshyamba 20 zo mu mutwe w’iterabwoba FLN, wa Paul Rusesabagina.

Ubwanditsi 05 Aug 2021
Imbere y’akanama k’Umuryango w’Abibumbye, Amerika yamaganye imikoranire ya FARDC n’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR

Imbere y’akanama k’Umuryango w’Abibumbye, Amerika yamaganye imikoranire ya FARDC n’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR

Ubwanditsi 31 Mar 2023
Uganda: Hatangijwe Amasengesho Adasanzwe Yo Gusabira Gen Kale Kayihura Wahoze Akuriye Igipolisi

Uganda: Hatangijwe Amasengesho Adasanzwe Yo Gusabira Gen Kale Kayihura Wahoze Akuriye Igipolisi

Ubwanditsi 13 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

DRC: Habonetse imirambo 2 y’abazungu hafi y’Umugezi wa moyo bikekwa ko ari impuguke za Loni zari zarabuze
ITOHOZA

DRC: Habonetse imirambo 2 y’abazungu hafi y’Umugezi wa moyo bikekwa ko ari impuguke za Loni zari zarabuze

Ubwanditsi 29 Mar 2017
Floyd Mayweather yatewe n’ Abajura baramucucura yibereye mu kabyiniro n’ Abakobwa
SHOWBIZ

Floyd Mayweather yatewe n’ Abajura baramucucura yibereye mu kabyiniro n’ Abakobwa

Ubwanditsi 03 Mar 2017
Amafoto – Mu mukino wa gicuti ikipe ya AS Kigali yatsinze Musanze FC ibitego 4-1, harimo ibitego bitatu bya Hussein Shabalala
Amakuru

Amafoto – Mu mukino wa gicuti ikipe ya AS Kigali yatsinze Musanze FC ibitego 4-1, harimo ibitego bitatu bya Hussein Shabalala

Ubwanditsi 29 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru