• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»– Akumiro! Uganda yahindutse intara ya RNC

– Akumiro! Uganda yahindutse intara ya RNC

Editorial 22 Nov 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Kimwe muri byinshi bidasanzwe mu mateka y’igihugu cyacu, ni uko itsinda ryo mu mahanga ryagize Uganda imwe mu ntara zaryo. Ibi bintu byakabaye biteye inkeke abambari ba Perezida Museveni, abarwanashyaka ba NRM ndetse n’ab’imbere muri ryo.

Iryo tsinda ni umutwe w’iterabwoba wa RNC ufite inkomoko mu Rwanda, udahwema gushinjwa iterabwoba n’imigambi yo guhungabanya umutekano warwo.

Umwe mu bankurikira kuri Twitter udahwema guterwa impungenge n’ibyo igihugu cyacu kirimo, yanyandikiye mu gikari arambaza ngo ‘Maxon, ni gute biriya byemererwa kubaho nta cyemezo cyangwa amabwiriza aturutse hejuru?’ Abanya-Uganda benshi bashobora gutanga ibisubizo bitandukanye kandi ndabasaba icyanjye kukizigamira ikindi gihe.

RNC yateguye inama yayo hagati ya tariki 12-13 Ugushyingo, itora komite nyobozi yayo nshya ikorera hano muri Uganda, aho abashyizweho ari umuhuzabikorwa, umuhuzabikorwa wungirije, umuhuzabikorwa wungirije wa kabiri, umunyamabanga mukuru, umubitsi, ba komiseri bashinzwe ubukangurambaga, itumanaho n’itangazamakuru, dipolomasi n’abandi.

Abanya-Uganda benshi bafite inkomoko mu Rwanda begerewe n’iri tsinda (RNC), mu bukangurambaga bw’agahato ndetse no kujyanwa mu gisirikare cyaryo, bavuga ko gutangaza Uganda nk’intara ya RNC no gushyiraho komite iyiyobora bidateje ikibazo gikomeye ku mutekano gusa ahubwo ari no kwangiza inyungu z’igihugu cyacu mu bihugu bituranye.

Kuwa 18 Ugushyingo nibwo Perezida Museveni yatangije inzira y’ibiganiro ku itegeko nshinga rihuriweho n’ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, nyuma y’iminsi itanu gusa RNC itangaje 15 bagize komite nyobozi yayo mu ntara ya Uganda.

Mu ijambo rye, Perezida Museveni yavuze ko ‘mu gihe uburumbuke bushobora kugerwaho binyuze mu kwihuza mu bukungu, umutekano biragoye kuwugeraho mu gihe twakomeza kuba nk’ibihugu bidashyize hamwe. Ukwihuza muri politiki biduha izingiro rikomeye’.

Ibi yabivuze hari abayobozi muri guverinoma ndetse n’abahagarariye ibihugu byabo muri Uganda, bayobowe na Ambasaderi w’u Rwanda, Gen Frank Mugambage.

Nyuma yo kureba iri tangizwa, naganiriye n’inshuti yanjye. Iyo nshuti yanjye ntiyemeranyaga nanjye ku byo yise ‘kunenga cyane Perezida Museveni’. Ariko nkunda kuganira nawe kuko ni umuntu w’ibanga (kubera umwanya we), ku buryo inzego zacu z’umutekano zikora mu gusuzugura u Rwanda.

Aba afite igisubizo kuri buri kimwe ariko naratangaye ubwo namubazaga icyo natekerezaga ko ari ikibazo cyoroshye, ariko nta gisubizo yakiboneye.

Ni gute Museveni yasubiza Gen Mugambage aramutse amubajije uko urugendo rw’ibiganiro ruzafasha mu gukemura ibibazo bya Uganda n’u Rwanda cyangwa ni gute yakwivuga nka perezida wa mbere witeze kugera ku bumwe muri politiki, mu gihe ahugiye mu guhungabanya umuturanyi akaba n’umunyamuryango? Museveni yatanga ikihe gisubizo, narabajije.

Igisubizo cy’inshuti yanjye cyaratinze. Yarasubije ati “urabizi muri dipolomasi ntabwo bishobora kwemerwa ko ibi bibazo bibazwa”. Ariko nagaragaje icyo ntekereza kandi yari abizi. Nari nzi neza ko nta n’umwe muri Uganda ushobora gusobanura cyangwa gushyigikira uko RNC yahinduye Uganda intara yayo.

Iyo inshuti yanjye, umufana ukomeye wa Museveni ananiwe kumushyigikira, ubwo Museveni byarangiye ndetse na RNC birumvikana.

Umusomyi-Uganda

2019-11-22
Editorial

IZINDI NKURU

Kinshasa (DRC): Umukuru w’inyeshyamba ukorana n’UBurundi n’inyeshyamba za Kayumba Nyamwasa yatawe muri yombi

Kinshasa (DRC): Umukuru w’inyeshyamba ukorana n’UBurundi n’inyeshyamba za Kayumba Nyamwasa yatawe muri yombi

Editorial 23 Jan 2019
LONI irashinja Afurika y’Epfo gukingira ikibaba ruharwa Fulgence Kayishema kugeza bamuhungishije akava muri icyo gihugu

LONI irashinja Afurika y’Epfo gukingira ikibaba ruharwa Fulgence Kayishema kugeza bamuhungishije akava muri icyo gihugu

Editorial 20 Dec 2020
Loni yategetse ko ingabo z’amahanga ziri mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Darfur muri Sudani zisoza inshingano kuri iyi tariki ya 31 Ukuboza 2020, abaturage nabo barigaragambya banga ko zitaha. Birarangira bite?

Loni yategetse ko ingabo z’amahanga ziri mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Darfur muri Sudani zisoza inshingano kuri iyi tariki ya 31 Ukuboza 2020, abaturage nabo barigaragambya banga ko zitaha. Birarangira bite?

Editorial 31 Dec 2020
UBurundi bukomeje kurundanya abantu bitwaje intwaro mu Ntara ya Cibitoke,  bikekwa ko ari Interahamwe zigamije gutera u Rwanda

UBurundi bukomeje kurundanya abantu bitwaje intwaro mu Ntara ya Cibitoke, bikekwa ko ari Interahamwe zigamije gutera u Rwanda

Editorial 31 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muhanga: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bakanguriwe kubahiriza amategeko y’umwuga wabo
Amakuru

Muhanga: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bakanguriwe kubahiriza amategeko y’umwuga wabo

Editorial 09 Feb 2016
Burera: Afunzwe nyuma yo gufatanwa amafaranga yibye aho yakoraga I Kigali
ITOHOZA

Burera: Afunzwe nyuma yo gufatanwa amafaranga yibye aho yakoraga I Kigali

Editorial 10 Jul 2017
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya
HIRYA NO HINO

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Editorial 22 Jul 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru