• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umubano wa Kigali na Kampala, abakabaye bavugisha ukuri muri Uganda bahindutse abateje ikibazo

Umubano wa Kigali na Kampala, abakabaye bavugisha ukuri muri Uganda bahindutse abateje ikibazo

Ubwanditsi 26 Nov 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu gihe cyose ikibazo cy’umubano mubi uri hagati ya Uganda n’u Rwanda kimaze, ibinyamakuru byo muri Uganda byakomeje gutenguha abaturage ba Uganda cyane cyane mu kubafasha kumva neza inkomoko nyayo y’ikibazo.

Bumwe muri ubwo buryo itangazamakuru rya Uganda ryatengushye abaturage, ni ukutagaragaza ko ikibazo cy’umupaka kireba Uganda ubwayo. Ibyo turabigarukaho mu kanya.

Mbere na mbere: Urugero rw’uburyo ibinyamakuru byo muri Uganda byataye inshingano zabyo mu gutara no gusesengura impamvu zatumye ibibazo bivuka, ni ikiganiro cyaciye kuri Televiziyo NBS cyitwa ‘Media Round Table’ kuwa Kane w’icyumweru gishize, tariki 14 Ugushyingo.

Abanyamakuru Dalton Kaweesa, Mujuni Raymond, Dismas Nkunda, Halima Athumani, Kagwa Njala n’umugore witwa Phyllis Wanjiru bari bishimiye koroshya ubukana bw’ikibazo, bavuga ko gituruka ku ‘kwiyemera’ no kuba u Rwanda rwarafunze umupaka.

Iyo mpamvu ya nyuma niyo yabaye intero haba ku buyobozi bwa Uganda, abanyamakuru, abacuruzi n’abandi.

Mu kiganiro buri wese yarivugishaga ngo “Oh, iyaba abakuru b’ibihugu byombi bashyiraga kwiyemera kwabo ku ruhande bakaganira, ikibazo cyakabaye cyarakemutse”, babisubiragamo nk’aho ari yo nsanganyamatsiko y’umunsi.

Uko ikiganiro cyajyaga mbere, buri wese yasaga n’aho yumvikanisha ko Perezida w’u Rwanda mu mubano w’ibihugu byombi ari we uciriritse. Uku ni ukundi guta umutwe kuri izi mpuguke mu itangazamakuru rya Uganda. Noneho Nkunda we yaje abihuhura, ati “Aba bagabo barwanye bari kumwe mu ishyamba barwana, kandi Museveni ni we wari umuyobozi wa Kagame!”

Icyo bishatse kuvuga biroroshye kucyumva: Ni ukuvuga ngo umuyobozi w’u Rwanda niwe usabwa kugira icyo akora. Akarushaho kwinginga! Ibitekerezo nk’ibi si iby’umuntu uri aho, ni inararibonye muri Uganda.

Biragaragara ko abagande benshi bagifite ya myumvire y’uko u Rwanda ari igice cya Uganda ni nako byumvikana mu itangazamakuru. Nyamara u Rwanda ni igihugu kigenga. Si umufatanyabikorwa w’imvugwarimwe cyangwa se ‘umuvandimwe uciriritse” ku kindi gihugu icyo ari cyo cyose. U Rwanda rurenze kure igice cy’abaturage babaye impunzi muri Uganda.

Kubaha u Rwanda bivuze kurufata nk’igihugu gifite inyungu giharanira, gifite uburyo gikurikiranamo izo nyungu kandi gikorera ku mahame yacyo.

Kuba ubuyobozi bwa Museveni bukomeza kwanga kwemera guha umuturanyi wabo ako gaciro byagize uruhare mu kuzamba k’umubano. Ni amahitamo ye aciriritse yo guhihibikanira guteza umutekano muke mu Rwanda yaba mu buryo buziguye cyangwa butaziguye, byanatumye ikibazo ku ruhande rwa Uganda kirushaho gukomera, ni ukuvuga kugabanyuka k’ubucuruzi bw’u Rwanda na Uganda.

Aho Uganda yajyaga yohereza mu Rwanda ibicuruzwa bya miliyoni 180 z’amadolari, birashoboka ko mu minsi mike izaba yohereza ibicuruzwa by’amadolari zeru ukurikije uko ibintu biri kugenda. Aho mbere Uganda yungukiraga cyane mu bucuruzi n’umuturanyi wo mu Majyepfo (u Rwanda rwoherezayo ibicuruzwa bya miliyoni 26 z’amadolari gusa), gukomeza gushaka kubangamira u Rwanda kwa Museveni byangije umubano igihugu cye cyungukiragamo cyane.

Uganda niyo yahombeye cyane muri ibi bibazo. Ubukungu bwayo uhereye ku nganda nini nka Mukwano ukageza ku muhinzi uciriritse mu bice bihana imbibi n’u Rwanda bari guhomba bikabije. Nibyo umuyobozi Nshingwabikorwa w’Urugaga rw’abikorera muri Uganda, Gideon Badagawa amaze igihe atangaza mu binyamakuru byo muri Uganda.

Nibyo byatumye u Rwanda rufata umwanzuro wo kugira inama abaturage barwo kudatambuka bajya muri Uganda, guhera muri Werurwe uyu mwaka.

Inzego z’umutekano muri Uganda zimaze igihe zitoteza mu buryo bw’umubiri n’intekerezo abanyarwanda zitwaje impamvu eshatu ukurikije uko abarokotse ubwo bugizi bwa nabi bagiye babivuga.

Babatoteza ngo babakuremo amakuru baba bazi ku bayobozi b’u Rwanda cyangwa ngo babahatire kwinjira mu mitwe y’inyeshyamba cyane cyane RNC ya Kayumba Nyamwasa. Babikora kandi bagamije gushotora u Rwanda ngo narwo ruhohotere inzirakarengane z’abagande kugira ngo babone impamvu, umubano ukomeze kuba mubi.

Kuburira abanyarwanda kudakomeza kujya muri Uganda ngo inzego z’umutekano zaho zidakomeza kubona abo zihohotera byahagaritse ubwinshi bw’abahohoterwaga. Ubu amakuru ni uko inzego z’ubutasi za Kampala n’iz’umutekano zigifata mu buryo bunyuranyije n’amategeko abanyarwanda ariko bikaba ku basanzwe baba muri Uganda.

U Rwanda rwafashe uwo mwanzuro nyuma y’imyaka isaga ibiri rugerageza gusaba Uganda guhagarika iryo totezwa ry’abanyarwanda.

Muri cya kiganiro cyo kuri NBS, umunyamakuru yavuze gato cyane ku kwinuba u Rwanda rwagiye rugaragaza ku buryo abaturage barwo bafatwamo. Umunyamakuru yahise avuga ko icyo atari ikibazo gikomeye ku buryo cyatuma ufunga umupaka.

Iki ni icyorezo gikomeye mu mitekerereze aho abantu bagaragara nk’injijuke bajya kuri Televiziyo bakemeza ko kuba inzego z’igihugu cyabo zishimuta abantu zikabatoteza nta kibazo gikomeye kirimo.

Ubwo Mujuni yavugaga ku magana y’abanyarwanda bamaze igihe baborera mu buroko bw’inzego z’umutekano za Uganda, yagize ati “Niko inzego z’umutekano za Uganda ziteye. Ntabwo ari abanyarwanda babikorera gusa. N’abagande barafatwa bakajyanwa bakaba bamara n’amezi umunani mbere y’uko uwo muntu wafashwe yerekanwa.”

Ni igitangaza kumva igisubizo nk’icyo kirimo ubwishongozi kinyura kuri Televiziyo kivuye mu kanwa k’umunyamakuru. Ni ukuvuga ko u Rwanda rukwiriye guceceka itotezwa n’iyicarubozo riri gukorerwa abaturage barwo kuko “CMI cyangwa ISO basanzwe babikora.”

Ubusanzwe abanyamakuru bafatwa nk’abavugisha ukuri muri sosiyete. Muri Uganda iyobowe na Perezida Museveni bigaragara ko ako kazi kari mu marembera.

Mu gushimangira iyo mpamvu, abatumirwa muri icyo kiganiro cya NBS, nta n’umwe wigeze akomoza ku buryo Museveni na Guverinoma ye bakorana n’imitwe igamije guhungabanya u Rwanda, yagiye inagaba ibitero by’iterabwoba ku Rwanda.

Ubusanzwe ibyo ni ubushotoranyi ku gihugu. Ntabwo washotora umuntu ngo wicare utekereze ko we azakomeza kwiyicarira ntagire icyo akora ngo yirengere.

Nyamara Mujuni mu busesenguzi bwe, yavuze ko “ U Rwanda ari igihugu cya byacitse! Iyo bitaba byacitse rwakabaye rubona ko ari rwo ruri guhomba cyane”.

Ibi ni ukuyobya abantu ku mpamvu zitandukanye. Ni iyihe byacitse iri mu kugira inama abantu kutajya ahantu bashobora kugirirwa nabi? Ibyo Uganda ivuga ko ari byacitse, umunyarwanda yabyita ‘kwitararika cyangwa kugira amakenga’.

Kuvuga ko u Rwanda ari rwo rubihomberamo cyane sibyo kuko Uganda niyo yagiye ikomeza kwitatsa ngo bafunze umupaka ubwo Kigali yahagarikaga amakamyo y’ubucuruzi aremereye ava muri Uganda n’igihe abaturage baburirwaga kutajya muri Uganda.

Iyaba nibura abanyamakuru batembereraga mu biturage byo mu Majyepfo ya Uganda, bakibonera uburyo amahitamo y’ubuyobozi bwabo yagize ingaruka mbi ku baturage ,bakareba amaduka arimo ubusa cyangwa inganda zisigaye zikora ku kigero cya 40 % by’ubushobozi bwazo, nibura bagahaye abagande amakuru nyayo.

Icyakora ukurikije uko ibintu bimeze, nta wahamya ko ibyo bizashoboka.

2019-11-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Rtd. CSP Gashagaza, batawe muri yombi

Abakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Rtd. CSP Gashagaza, batawe muri yombi

Ubwanditsi 21 Sep 2018
Nyuma ya Sankara hari n’abandi bari mu nzira

Nyuma ya Sankara hari n’abandi bari mu nzira

Ubwanditsi 01 May 2019
Kizito Mihigo: Umusore wakoreshejwe akiri muzima na nyuma yo kwitaba Imana

Kizito Mihigo: Umusore wakoreshejwe akiri muzima na nyuma yo kwitaba Imana

Ubwanditsi 02 Mar 2020
Uko Museveni yashoboye kwinjiza bitemewe intwaro nyinshi mu gihe cy’ubutegetsi bwa Id Amin na Obote Milton n’uruhare Karuretwa yabigizemo

Uko Museveni yashoboye kwinjiza bitemewe intwaro nyinshi mu gihe cy’ubutegetsi bwa Id Amin na Obote Milton n’uruhare Karuretwa yabigizemo

Ubwanditsi 21 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishyaka Rya J.Pierre Bemba Wakuwe Ku Rutonde Rw’abakandida Perezida Rigiye Kujurira
POLITIKI

Ishyaka Rya J.Pierre Bemba Wakuwe Ku Rutonde Rw’abakandida Perezida Rigiye Kujurira

Ubwanditsi 27 Aug 2018
Minisitiri Dr Vincent Biruta yamenyesheje Albert Shingiro ko u Rwanda Rwiteguye Gutanga Umusanzu Warwo mu Kuzahura Umubano w’Ibihugu byombi
Amakuru

Minisitiri Dr Vincent Biruta yamenyesheje Albert Shingiro ko u Rwanda Rwiteguye Gutanga Umusanzu Warwo mu Kuzahura Umubano w’Ibihugu byombi

Ubwanditsi 20 Oct 2020
Mauritania: Perezida Kagame N’abandi Bayobozi Bafunguye Umuhanda Witiriwe Nelson Mandela
INKURU NYAMUKURU

Mauritania: Perezida Kagame N’abandi Bayobozi Bafunguye Umuhanda Witiriwe Nelson Mandela

Ubwanditsi 02 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru