• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Minisitiri Dr Vincent Biruta yamenyesheje Albert Shingiro ko u Rwanda Rwiteguye Gutanga Umusanzu Warwo mu Kuzahura Umubano w’Ibihugu byombi

Minisitiri Dr Vincent Biruta yamenyesheje Albert Shingiro ko u Rwanda Rwiteguye Gutanga Umusanzu Warwo mu Kuzahura Umubano w’Ibihugu byombi

Ubwanditsi 20 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr Vincent Biruta kuri uyu wa Kabiri Tariki ya 20 Ukwakira 2020, Ku mupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi wa Nemba mu Karere ka Bugesera yijeje mugenzi we w’u Burundi, Albert Shingiro, ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu warwo ushoboka kugirango umubano w’ibihugu byombi uve irudubi usubire ku murongo. Ni ijambo yavuze mbere y’ibiganiro byahuje abahagarariye ibihugu byombi, dore ko ari igikorwa cyabanjirijwe no guhana ikaze ku bayobozi b’ibihugu byombi n’amatsinda bari bayoboye, mbere y’uko abayobozi bombi baganirira mu muhezo.

Minisitiri Dr Vinvcent Biruta yatangiye ashimira u Burundi ku gitekerezo nta makemwa bwagize cyo kugirango impande zombi zihure zigirane ibiganiro ku mubano wabyo. Yakomeje agira ati “Ntabwo turi abaturanyi gusa turi n’ibihugu by’abavandimwe. Ni nayo mpamvu ubungubu mvuga Ikinyarwanda, muvuga Ikirundi, tukaganira, tukumvikana nta we dukeneye ko adusemurira. Uru ruzinduko rwanyu rero rw’uyu munsi, turizera ko ari intambwe ikomeye mu buryo bwo gusubiza mu nzira umubano hagati y’u Rwanda n’u Burundi, kandi ndagira ngo tubabwire ko twiteguye, twiteguye rwose gusubiza mu nzira nziza uwo mubano. Twiteguye kuganira, n’ibibazo byaba biriho tukabiganira hanyuma tukabishakira ibisubizo kuko niko tugomba gukora, tukabikora kuko twumva bifitiye akamaro leta zacu zombi, ariko cyane cyane bifitiye akamaro abaturage, bifitiye akamaro abaturage b’u Rwanda, bifitiye akamaro abaturage b’Abarundi, kandi ubundi ubuyobozi nicyo bushinzwe, ni ugukora ibifitiye inyungu abaturage bahagarariye.”

Minisitiri Dr Vincent Biruta ati “Aha turi ni mu Rwanda ariko ni n’iwanyu, tubahaye ikaze mwisanzure tuganire, kandi ibyo tuganira byose ni ibifitiye akamaro abaturage bacu, kandi rero turatangiye, tuzanakomeza kugeza igihe ibintu byose bigiriye mu buryo, ahubwo noneho tukajya mu bikorwa by’ubutwererane bigamije iterambere.” Ntabwo ari ubwa mbere ibi bihugu bituranye bishyira hamwe kuko Repubulika y’u Rwanda n’iy’u Burundi zinjiriye rimwe mu muryango wa Afrika y’iburasirazuba ku wa 18 Kanama 2007, ziba abanyamuryango ku buryo bwemewe guhera ku wa 1 Nyakanga 2007 kandi iyo nzira zayigendanyemo neza haba no mu buryo bw’Ubufatanye mu bushobozi bushingiye ku bukungu.

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’ubutwererane mu iterambere w’u Burundi, Ambasaderi Shingiro Albert, yashimiye cyane u Rwanda ati “bivuye ku mutima twishimiye uburyo twakiriwe mu Rwanda ndetse n’uburyo ibihugu byombi byateguranye ibi biganiro byitezweho umusaruro ngaruramahoro. Ati “U Burundi nka leta twaje kugira ngo tubereke ko twifuza ko imigenderanire yacu n’igihugu cy’abaturanyi cy’u Rwanda, imigenderanire nk’uko mu bizi yahungabanye mu 2015, ubu rero leta y’u Burundi irifuza ko iyo migenderanire twagerageza tukayinagura, kugira ngo twongere kubana neza nka mbere, tubane nk’abavandimwe, nk’abaturanyi. Nibyo nakunze kubwira abantu baba bashaka guhuza u Rwanda n’u Burundi, ababimbwira benshi mbabwira ko bidakenewe, turaziranye cyane Abanyarwanda n’Abarundi, ibibazo dufite tubishakira umuti nta muntu utugiye hagati. Nibyo by’ibi turimo gukora ubu.” Shingiro yagarutse ku gikorwa cyari gikurikiyeho cyo kuganirira mu muhezo ari umwanya wo kuganira, ku buryo havamo ikintu kigaragara.

Ati “Ku buryo mu minsi iri imbere imigenderanire y’u Burundi n’u Rwanda ishobora kugenda neza kurushaho, kandi njye mbona nta cyabibuza haramutse hari ubushake bw’Abarundi n’Abanyarwanda. Aba bayobozi baganiriye nyuma y’igihe Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, agaragaje ko igihugu cye cyiteguye gufatanya n’u Burundi, mu gihe ubuyobozi bushya burangajwe imbere na Perezida Evariste Ndayishimiye bugaragaje ubushake bw’impinduka”.
Twakwitega ibyiza byava mu biganza bigari bya Shingiro twumvise i New York, Ubwo Komisiyo yashyiriweho u Burundi yatangazaga raporo yayo ku kanama gashinzwe uburenganzira bwa muntu, ikubiyemo ibyo babonye mu iperereza bakoze ku ihungabanywa ry’uburenganzira bwa muntu muri iki gihugu cyari gikomeje gushegeshwa n’imvururu za politiki guhera muri Mata 2015, Kuko Shingiro ni umwe mubateruye bati “U Rwanda ni igihugu cyiriza ko cyakozweho na Jenoside, ariko ubu icyo gihugu cyakoze Jenoside muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yaguyemo abasaga miliyoni esheshatu. Mu by’ukuri ntabwo ari igihugu cy’icyitegererezo ku bijyanye n’uburenganzira bwa muntu, Aho nditsa nti “Birabe ibyuya”

Si ubwa mbere u Burundi buvugwa mu bikorwa byo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, kuko na Loni yarabwiyamye ubwo ishyaka riri ku butegetsi CNDD-FDD, ryatangazaga ko mu Rwanda nta Jenoside yahabaye. Yabitangaje nyuma y’itangazo ryasohowe na CNDD-FDD, rivuga ko nta Jenoside yabaye mu Rwanda ahubwo ari ibinyoma byahimbwe n’umuryango mpuzamahanga n’amayeri yakoreshejwe mu guhirika Guverinoma ryise iy’Abahutu mu Rwanda. Yakomeje avuga ko u Rwanda ari igihugu kiriza ko cyakozweho na Jenoside yakorewe abatutsi, amagambo yateye abari bakoraniye mu nama ubwoba no kumirwa.
Mu minsi mike itambutse Ingabo z’u Rwanda zemeje ko zafashe abarwanyi 19 b’Abarundi biyemereye ko bagize umutwe wa RED Tabara, binjiye ku butaka bw’u Rwanda banyuze mu ishyamba rya Nyungwe, ku gice cy’Akarere ka Nyaruguru. Ni igikorwa cyabaye ku wa 29 Nzeri 2020, Itangazo ryashyizwe ahagaragara na RDF rivuga ko “Abo barwanyi, bitwaje intwaro zabo, bafatiwe mu ishyamba rya Nyungwe mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru, ari naho bafungiwe.

Uwo munsi ni nabwo RED Tabara yatangaje ko ikomeje kurwana n’ingabo za Leta y’u Burundi, harimo imirwano yabaye ku wa 26 na 27 Nzeri 2020 mu gace ka Kabarore mu Ntara ya Kayanza na Bukinanyana mu Ntara ya Cibitoke. Ni umutwe uvuga ko urwanira ko u Burundi bwagira amahoro arambye n’ikibazo cy’impunzi kikabonerwa umuti.
Mu ijoro ryo ku wa 19 Kamena 2018 kandi inyeshyamba za FLN ya Rusesabagina zagabye igitero ku Biro by’Umurenge wa Nyabimata, zikomeretsa Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge, asanzwe mu nzu yari acumbitsemo ndetse zinatwika n’imodoka ye. Nanone mu ijoro risahyira kuwa 27 Kamena 2020 Abantu babarirwa mu 100 bitwaje imbunda bagabye igitero ku birindiro by’Ingabo z’u Rwanda mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru mu Ntara y’Amajyepfo.

Aba bateye bakaba baraturutse mu Burundi. Ingabo z’u Rwanda zikaba zarahanganye na bo, bane muri bo bahasiga ubuzima ubwo amasasu akaba yamaze iminota iri hagati ya 20 na 30, Nibwo Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Innocent Munyengango, yagize ati “ Abantu bitwaje imbunda bateye baturutse mu Burundi nyuma bahunga basubira mu cyerekezo kimwe. Basize abantu babo bane bapfuye ndetse n’ibikoresho bitandukanye bya gisirikare birimo intwaro n’iby’itumanaho n’udusanduku tujyamo ibiryo by’abasirikare twanditse FORCE DE DEFENSE NATIONALE DU BURUNDI ( Ingabo z’u Burundi). Abantu batatu mu bateye barafashwe. Abasirikare batatu ba RDF barakomeretse byoroheje.

Tugana ku musozo w’iyi nkuru, Ubuhahirane n’iterambere bigamije amahoro arambye ntawe ubyanga haba k’ubaturage b’ibihugu ibyo ari byo byose ku isi, u Rwanda rwagerageje gushaka uko rwazahura Umubano n’ibihugu birukikije uruzi ko Mpuzamahanga ho ari nta makemwa, Kugeza ubwo Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda abwiye abanyamakuru ko ubwo wenda u Burundi bubonye umuyobozi mushya ari umwanya mwiza wo kuzahura umubano wari umaze kuzahazwa na Nyakwigendera Nkurunziza Pierre. Jenerali Evariste Ndayishimye ati “Twebwe ntabwo twiteguye kumvikana n’indyarya, ngo hace kabiri Umuvugizi wa Polisi y’u Burundi ati ‘’Uvuga ikinyarwanda wese mumutungire agatoki inzego z’Umutekano yewe bamwe baranafungwa’’ Twizeye tudashidikanya y’Uko ubwo habayeho intambwe yo kwambuka akanyaru byanze bikunze habaho kwongera gutsura umubano hagati y’ibi bihugu bivuga ururimi rujya kumera kimwe, Duharire abasomyi.

2020-10-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 05 Jan 2023
Ese Koko Umunyemari  W’umunyarwanda Wakoze Jenoside Witwa Kabuga Félicien Yiturije Mu Burundi Guhera 2009

Ese Koko Umunyemari W’umunyarwanda Wakoze Jenoside Witwa Kabuga Félicien Yiturije Mu Burundi Guhera 2009

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Gen Mubarakh Muganga yakurikiye umukino APR FC yatsinzemo Etoile de l’Est 1-0, ihita irusha Rayon Sports amanota 10

Gen Mubarakh Muganga yakurikiye umukino APR FC yatsinzemo Etoile de l’Est 1-0, ihita irusha Rayon Sports amanota 10

Ubwanditsi 06 Mar 2024
Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ko guha abaturage ijambo mu bibakorerwa

Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ko guha abaturage ijambo mu bibakorerwa

Ubwanditsi 18 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CAN 2021: U Rwanda rwasimbutse ijonjora ry’ibanze
IMIKINO

CAN 2021: U Rwanda rwasimbutse ijonjora ry’ibanze

Ubwanditsi 17 Jul 2019
Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo
Amakuru

Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

Ubwanditsi 09 Mar 2023
Perezida Kagame yakiriye Dr Dlamini wanyuzwe n’aho imyiteguro y’inama ya AU igeze
Mu Mahanga

Perezida Kagame yakiriye Dr Dlamini wanyuzwe n’aho imyiteguro y’inama ya AU igeze

Ubwanditsi 16 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru