• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»South African Airways iri mu bihe bikomeye by’amikoro; idatabawe ishobora gufunga imiryango

South African Airways iri mu bihe bikomeye by’amikoro; idatabawe ishobora gufunga imiryango

Ubwanditsi 17 Dec 2019 UBUKERARUGENDO

Sosiyete ya Afurika y’epfo ikora ingendo zo mu kirere, South African Airways, yisabiye gutabarwa kubera ibihe bikomeye by’ubukungu irimo bishobora no gutuma ifunga burundu.

Igeze mu bihe bishyirwamo ikigo cy’ubucuruzi kigaragaza ibyago byinshi byo guhomba, aho hari kwigwa neza uburyo n’ingamba zagifasha guhindura uburyo cyakoragamo ubucuruzi ndetse kikishingirwa ku myenda kugira ngo cyongere gukora neza.

Iyi sosiyete yafashe uyu mwanzuro nk’uburyo bwayifasha kubona ibisubizo by’ibibazo by’ubukungu irimo ku wa Kane, nyuma y’aho inama y’ubutegetsi yayo ihuye n’ishami rishinzwe ibigo bya leta ari nayo munyamigabane munini muri iyi sosiyete.

Mu itangazo yashyize hanze, South African Airways yavuze ko ubu buryo bwo kwaka ubutabazi aribwo bwayifasha kugarurirwa icyizere n’abafatanyabikorwa kuruta ubundi buryo bwose yari gukoresha n’ubwo nabwo burimo ingorane nyinshi.

Iti “SAA irabizi irabizi ko uyu mwanzuro urimo ingorane nyinshi no gushidikanya ku bakozi bayo”.

Minisitiri ushinzwe ibigo bya Leta muri Afurika y’Epfo, Pravin Gordhan, yavuze ko mu gihe hagitegerejwe ibizava muri ubu bufasha, iyi sosiyete igiye kuba igurijwe miliyoni $172 kugira ngo ikomeze ibikorwa byayo.

South African Airways imaze igihe mu bibazo by’ubukungu dore ko guhera mu 2011 itarongera kunguka, ibintu byatumye mu 2018 Minisitiri w’imari muri iki gihugu Tito Mboweni yisabira ko iyi sosiyete yafungwa.

Gusa ibi bihe byaje gukomera ku wa 15 Ugushyingo ubwo abakozi bayo bafataga icyumweru cyo kwigaragambya kubera umushahara muto n’igabanywa ryari rigiye kubakorerwa.

Iyi myigaragambyo yatumye iyi sosiyete ihagarika zimwe mu ngendo yakoraga ibintu byatumye yarahombaga agera ku madoralari miliyoni 3.4 buri munsi.

South African Airways nubwo yagiye ihura n’ibibazo bikomeye birimo ruswa n’icyenewabo, ifatwa nka bimwe mu bigo by’indege bikuze kandi bifite amateka akomeye dore ko yashinzwe ku ya 1 Gashyantare mu 1934 ikaba ikoresha abakozi barenga 5000 mu byerekezo birenga 35 ijyamo.

Ni iki cyatumye ikigo gikomeye nk’iki gihomba

Kuva mu 1994 kugeza mu 2015 iyi kompanyi y’indege yari ikomeye ku buryo yegukanaga ibihembo bya kompanyi itwara abantu n’ibintu mu ndege ya mbere muri Afurika.

Gusa n’ubwo yari ikomeye bigeze aha yagiye icibwa intege n’amande yagiye icibwa nk’aho mu 2006 yaciwe amande y’amadorali miliyoni 31 kubera imico idahwitse igamije kwikubira isoko, mu 2007 nabwo iza gucibwa andi mande angana n’amadorali miliyoni 3.7.

Ibi bihano byose byatumye iyi sosiyete umwenda yari isanganywe yiyongera bigera mu 2011 imyenda yari ifite mu ma banki imaze kugera kuri madorali miliyari 3.9.

Ibi bibazo byose wakongeraho icyenewabo na ruswa byakunze kuvugwa muri iyi sosiyete biri mu byayiteye ibihombo bikomeye bishobora no gutuma ifunga imiryango hatagize igikorwa.

Inkuru ya IGIHE

2019-12-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kugaragaza ahatarengwa mu koga mu Kivu byagabanyije impanuka zatezaga impfu

Kugaragaza ahatarengwa mu koga mu Kivu byagabanyije impanuka zatezaga impfu

Ubwanditsi 09 Jan 2018
Indege ya Ethiopian airlines yakoze impanuka ihitana abantu 157 (Yavuguruwe)

Indege ya Ethiopian airlines yakoze impanuka ihitana abantu 157 (Yavuguruwe)

Ubwanditsi 10 Mar 2019
Mkapa wigeze kuyobora Tanzania ageze i Musanze

Mkapa wigeze kuyobora Tanzania ageze i Musanze

Ubwanditsi 10 Jan 2018
RwandAir igiye kwerekeza muri Israel

RwandAir igiye kwerekeza muri Israel

Ubwanditsi 31 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu mukino w’ikirarane, APR FC yatsinze Bugesera FC 2-0 ifata umwanya wa Gatandatu wa shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

Mu mukino w’ikirarane, APR FC yatsinze Bugesera FC 2-0 ifata umwanya wa Gatandatu wa shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 27 Nov 2024
Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, arashinjwa akarimi gasize umunyu, gahumuriza abaturage, kandi umutekano muri icyo gihugu ukomeje kuba kure nk’ukwezi.
Amakuru

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, arashinjwa akarimi gasize umunyu, gahumuriza abaturage, kandi umutekano muri icyo gihugu ukomeje kuba kure nk’ukwezi.

Ubwanditsi 09 Dec 2020
U Rwanda rwihanganishije Israel yabuze Shimon Peres wayiyoboye
Mu Mahanga

U Rwanda rwihanganishije Israel yabuze Shimon Peres wayiyoboye

Ubwanditsi 28 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru