• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nkurunziza arabiba urwango hagati y’u Rwanda n’ Burundi mu rwego rwo guhisha ibyaha ashinjwa no kutagaragaza umusaruro w’imyaka 15
Perezida Bongo, Yayi Boni na Nkurunziza ubwo bitabiraga irahira rya Perezida Kagame mu mwaka wa 2010 ndetse n'indege ya RDF izimya umuriro watwikaga isoko rya Bujumbura muri 2013

Nkurunziza arabiba urwango hagati y’u Rwanda n’ Burundi mu rwego rwo guhisha ibyaha ashinjwa no kutagaragaza umusaruro w’imyaka 15

Editorial 27 Dec 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Manda ya gatatu ya Perezida w’u Burundi  Pierre Nkurunziza  yamennye amaraso menshi aho abarenga 1500 bishwe abandi ibihumbi 150 bagahungira mu bihugu by’abaturanyi, ndetse abarenga 800 bakaburirwa irengero; abakozweho n’amahano ya Nkurunziza bakaba bararegeye Ubutabera Mpuzamahanga.

Iyo mdanda ya gatatu ya Nkurunzizaizagera iri ku musozo wayo umwaka utaha kandi Nkurunziza yavuzeko atazongera kwiyamamaza niba ibyo avuga aribyo.  Hashize imyaka igera kuri ine,  Nkurunziza ndetse na CNDD FDD badahwema guhunga inshingano zabo nk’ubuyobozi ahubwo birirwa bashaka kwerekana ko ibibazo byose bafite babiterwa n’abandi naho bo ubwabo ari abatagatifu. Iki nicyo kibazo gikomereye cyane ubuyobozi mu Burundi, kubera guhunga inshingano.

Kuva mu mwaka wa 2015, Abarundi bahaguruka bakamagana ubutegetsi bubi bwa Perezida Nkurunziza kugeza naho bamwe mu basirikari bagerageje gukora Coup d’Etat bikanga, Nkurunziza yakomeje kwitwaza amahanga n’Imiryango Mpuzamahanga aho ibihugu nk’u Bubiligi, U Bufaransa, Koreya n’u Rwanda byagiye bishyirwa mu majwi na Nkurunziza adasize inyuma UN na AU.

Ibi ariko ntibyanyuze Nkurunziza kuko ubu icyo agendereye mu mpera za 2019, ni ukwigisha u Burundi n’abarundi ko u Rwanda ari umwanzi,  kuva kera ko abarundi bakwiriye kurugendera kure aho bemeje kumugaragaro ko u Rwanda ari umuturanyi mubi. Nyamara mu myaka itanu ishize u Burundi nibwo bwabaniye nabi u Rwanda rwiyegereza abarwanya u Rwanda aho bakiriye umubare munini wa FDLR babinjiza mu gisirikari ndetse iyo Uganda n’u Burundi badafasha Kayumba Nyamwasa, ntabwo yari kubasha kugeza ingabo ze mu burasirazuba bwa Kongo.

Ibi byagaragajwe na raporo ya UN ko abarwanyi bavaga muri Uganda nahandi bakoherezwa  mu Burundi ndetse bishimangirwa na Maj (rtd) Mudhatiru wari uyoboye ingabo za Kayumba agafatwa akoherezwa mu Rwanda.

Mu mwaka wa 2018, Perezida Nkurunziza yahaye inzira ingabo za FLN z’impuzamashyirahamwe MRCD ihuriwe na Rusesabagina, Twagiramungu na Callixte Nsabimana nawe wafashwe akoherezwa I Kigali aho bagabye ibitero bibiri kimwe mu murenge wa Nyabimata ikindi mu muremge wa Kitabi. Tariki ya 1 Ukwakira 2018, FLN yateye Nyabimata yica abantu babiri abandi barakomereka, ndetse na Nyamagabe, Cyitabi aho abantu babiri bapfuye abandi umunani bagakomereka.

Ubushake bw’u Rwanda mu gutsura umubano n’u Burundi

Mu mwaka wa 2006, Perezida Nkurunziza yaje mu ruzinduko rw’akazi I Kigali ndetse yerekana n’impano ye y’umupira w’amaguru ubwo ikipe iye Halleluya FC yakinaga ni y’abayobozi b’u Rwanda izwi nka Vision 2020. Icyo gihe Perezida Kagame yari umutoza wa Vision2020 FC; nyuma yaho Perezida Kagame n’itsinda rinini bagize uruzinduko rukomeye I Bujumbura rugaragaza ubuvandimwe hagati y’ibihugu byombi.  Hagaragaye kandi ibikorwa bigaragaza umubano mwiza hagati y’ibihugu byombi aho u Rwanda rwatanze ubufasha mu kuzimya isoko rya Bujumbura ubwo ryafatwaga n’inkongi y’umuriro, ukaba wari gutwika no munkengero z’isoko;  indege ya RDF yarahagobotse izimya umuriro.

Ubwo umwaka wa 2015 wageraga, manda ya Nkurunziza y’imyaka 10 nkuko biteganywa n’amasezerano y’Arusha yageraga ku musozo, nibwo CNDD FDD yabuze uko ibyifatamo, bityo bakurura igihe banga kuvuga uzasimbura Nkurunziza maze tariki ya 25 Mata 2015, CNDD FDD yemezako Nkurunziza akomeza kuko manda ya mbere (2005-2010) itabarwa. Ku munsi wakurikiye tariki ya 26 Mata 2015, umugi wa Bujumbura wuzuye ibihumbi by’abigaragambya bamagana icyo cyemezo iminsi yose, kugeza ubwo bamwe mu basirikari bateguraga Coup d’Etat kuri 13 Gicurasi 2015 igapfuba, ubwo Nkurunziza abona umwanya wo kwigizayo abo adashaka, itangazamakuru aratwika maze ibihumbi by’Abarundi bihungira mu bihugu bitatu bikikije u Burundi aribyo Tanzaniya, Kongo n’u Rwanda.

Mu mpera z’uyu mwaka, Nkurunziza yumvikanye inshuro nyinshi avuga ko u Rwanda ari umwanzi uhoraho bagomba kumenya, nyamara yiyibagiza ko u Rwanda ari igihugu cy’abaturanyi biyambazaga ubwo bagiraga ibyago.

Mu gihe kandi, u Rwanda n’u Burundi byinjiraga mu muryango wa EAC, u Burundi bwagize ikibazo cyo gutanga amafaranga buri gihugu gitanga afasha inzego zuwo muryango gukora maze u Rwanda rwishyurira u Burundi imyaka ibiri. Usibye kandi ibyo u Rwanda rwakoreye u Burundi, Perezida Kagame na Perezida Nkurunziza bagiye bagira ingendo zinyuranye hagati y’ibihugu byombi aho Perezida Kagame yitabiriye irahira rya Nkurunziza mu mwaka wa 2005 na 2010 akagirira uruzinduko rw’akazi, ndetse yitabira umunsi w’ubwigenge. Nkurunziza nawe yagize ingendo zitandukanye mu Rwanda nyinshi ndetse yitabira irahira rya Perezida Kagame mu mwaka wa 2010.

Nkurunziza n’akazu ke, barashaka ko batabazwa ibyo bakoreye abarundi nyuma yo kwica benshi mu moko yose, bagashaka ko abahutu bibonamo abatutsi nk’abanzi bikanga, barashaka kwimura urwango bakarushyira hagato y’u Rwanda n’u Burundi, ariko birengagije ko u Rwanda n’uburundi ari abaturage basanzwe babanye neza nubwo CNDD FDD yabashyizemo politiki mbi. Ibyo bakoze bazabibazwa hagati yabo batitwaje guteranya abaturage b’ibihugu byombi.

2019-12-27
Editorial

IZINDI NKURU

Abanyarwanda baba West-Midland UK bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Abanyarwanda baba West-Midland UK bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 28 Apr 2016
Diyasipora irikoma RNC na Himbara bashaka kuyisenya n’ubwo batabigeraho

Diyasipora irikoma RNC na Himbara bashaka kuyisenya n’ubwo batabigeraho

Editorial 26 Dec 2019
Burundi: Abahamijwe uruhare mu kwica Gen Nshimirimana baravugwaho kwigaragambya

Burundi: Abahamijwe uruhare mu kwica Gen Nshimirimana baravugwaho kwigaragambya

Editorial 15 Oct 2018
1994 : Uko Paul Kagame  yanze kuba Perezida hakajyaho Pasteur Bizimungu

1994 : Uko Paul Kagame yanze kuba Perezida hakajyaho Pasteur Bizimungu

Editorial 30 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’u Bubiligi, Charly & Nina na Makanyaga bagiye gutaramira i Lille
SHOWBIZ

Nyuma y’u Bubiligi, Charly & Nina na Makanyaga bagiye gutaramira i Lille

Editorial 10 May 2018
Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo
Amakuru

Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo

Editorial 02 Jul 2025
Uganda:  Impamvu Lt Gen Tumukunde wanga u Rwanda urunuka yambuwe abasirikare bamurindaga
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Impamvu Lt Gen Tumukunde wanga u Rwanda urunuka yambuwe abasirikare bamurindaga

Editorial 25 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru