• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame

Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame

Ubwanditsi 22 Jan 2020 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rugeze ku iterambere rufite uyu munsi kubera amahitamo rwakoze arimo gushyira hamwe, ku buryo intambwe zose igihugu gitera abaturage bazigiramo uruhare.

Perezida Kagame yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri ubwo yari muri King’s College i Londres, aho yari muri icyo gihugu yitabiriye inama yahuje u Bwongereza na Afurika ku wa 20 Mutarama 2020.

Perezida Kagame yagarutse ku ntambwe u Rwanda rwateye mu myaka 25 ishize, ubwo rwivanaga mu mahano ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rugahinduka kimwe mu bihugu bifite ubukungu buzamuka kurusha ibindi kuri uyu mugabane.

Ni amahano yari akomeye kuko hejuru ya kimwe cya cumi cy’Abanyarwanda bishwe, abandi bavanwa mu byabo. Ibyo kandi byagiye bihurirana n’izindi mpinduka ku mugabane u Rwanda ruherereyeho, zikarugiraho ingaruka.

Yakomeje ati “Uburyo bwonyine bwo kubirenga bwari ukwirebaho ubwacu. Kandi uburyo bwonyine bwo gutera imbere nk’igihugu kidakora ku nyanja bwari ukongerera ubushobozi abaturage bacu ndetse tugafatanya n’akarere mu bijyanye n’ubukungu.”

Yavuze ko ibintu bitatu u Rwanda rwubakiweho kwari ukumva ko ibintu byose byihutirwa; ko Abanyarwanda bagomba kunga ubumwe kuko amacakubiri yabagejeje kure; kandi bakumva ko bagomba kwigira ko bagomba kwikemurira ibibazo ariko bakigira ku bandi ndetse bagafatanya kuko bituma ibintu byihuta.

Yakomeje ati “Iterambere ridashidikanywaho twagezeho mu Rwanda ni ukubera gukoresha aya mahame ku mbogamizi twagiye duhura nazo. Igikomeye ariko ni uburyo abaturage babigizemo uruhare kugira ngo bungukire muri gahunda zishyirwaho.”

Perezida Kagame yavuze ko hakiri urugendo rurerure, ariko Abanyarwanda bifitiye icyizere ku buzima bwabo ndetse babona neza icyerekezo igihugu kirimo.

Mu kiganiro kandi yagiranye na Alexander Downer, Perezida Kagame yashimangiye ko iterambere u Rwanda rugezeho ritashobotse kubera umuntu umwe, ahubwo ari “twese hamwe”, kuko bakuye amasomo mu mahano igihugu cyanyuzemo.

Yakomeje ati “Twabonye amasomo ko ibintu bitakorwa igihe ubibahatira. Aho ariho hose. Nubwo hari ubwo bikunda, biba iby’akanya gato. Ibintu bikoreka neza iyo uhurije abantu hamwe, maze bakagira uruhare mu rugendo rwo gushaka igisubizo.”

Yahise atanga urugero ku isuku igaragara mu Rwanda, avuga ko nta mashini igenda ihatira abantu kubikora, ko atari byo ahubwo bishingira ku myumvire y’abaturage.

Yanavuze ko u Rwanda rwiyemeje kurwanya ruswa, hagashyirwaho uburyo bufazsha abantu kuyirwanya kandi buri wese akabazwa inshingano ze, ku nzego zose.

Perezida Kagame yanagarutse ku bimutera imbaraga zo gukora cyane. Ati “Nakuriye mu bibazo, rimwe na rimwe ibibazo biragukomeza cyangwa bikagusenya. Nagize amahirwe yo kudasenywa n’ibibazo ahubwo bimpindura mu mitekerereze no kugira icyo ukora mu guhangana na byo.”

Mu Bwongereza kandi, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri Perezida Kagame yakiriye abashoramari bo mu Bwongereza basaga 50 bo mu nzego zitandukanye, zirimo serivisi z’imari, ingufu, ibikorwa remezo n’ubukerarugendo, bamurikirwa amahirwe y’ishoramari ari mu gihugu.

Perezida Kagame yavuze ko gushyira hamwe biri mu byafashije Abanyarwanda kurenga ibibazo banyuzemo

2020-01-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Banki zungutse miliyari 37.2 Frw, inguzanyo zitishyuwe zigabanuka kugera kuri 7.2%

Banki zungutse miliyari 37.2 Frw, inguzanyo zitishyuwe zigabanuka kugera kuri 7.2%

Ubwanditsi 01 Nov 2018
Kwamamaza : Bar Restaurant Karibu Guest House  yimukiye mu Kiyovu k’umuhanda “KN 51 ST”

Kwamamaza : Bar Restaurant Karibu Guest House yimukiye mu Kiyovu k’umuhanda “KN 51 ST”

Ubwanditsi 24 Aug 2016
Uganda: Banki y’igihugu igiye gushyirwa ku isoko yegurirwe abashoramari

Uganda: Banki y’igihugu igiye gushyirwa ku isoko yegurirwe abashoramari

Ubwanditsi 27 May 2018
Ishusho y’ubucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Ishusho y’ubucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Ubwanditsi 30 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mubyo ba Bishop  bavuga ku butinganyi harimo ko ari iturufu yo kwaka ubuhungiro
HIRYA NO HINO

Mubyo ba Bishop bavuga ku butinganyi harimo ko ari iturufu yo kwaka ubuhungiro

Ubwanditsi 14 Nov 2017
N’iki cyihishe inyuma yo gutangaza kwa bamwe ko bashaka kuyobora u Rwanda 2017
ITOHOZA

N’iki cyihishe inyuma yo gutangaza kwa bamwe ko bashaka kuyobora u Rwanda 2017

Ubwanditsi 03 Feb 2016
Perezida Kagame yasesekaye  muri Arménie ahagomba kwemerezwa niba Mushikiwabo azayobora OIF
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yasesekaye muri Arménie ahagomba kwemerezwa niba Mushikiwabo azayobora OIF

Ubwanditsi 10 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru