• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Abashatse kutugirira nabi ni bo bahombye- Kagame avuga kuri Uganda

Abashatse kutugirira nabi ni bo bahombye- Kagame avuga kuri Uganda

Ubwanditsi 17 Feb 2020 POLITIKI

Perezida Kagame yagaragaje ko ibibazo u Rwanda rwanyuzemo mu myaka ibiri ishize birimo no kwangwa n’Abanya-Uganda byatumye igihugu gikomeza gutera imbere mu gihe umuturanyi washoje intambara yabihombeyemo.

Yabigarutseho kuri uyu wa 16 Gashyantare 2020, atangiza Umwiherero wa 17 w’abayobozi bakuru b’igihugu mu Kigo cy’Imyitozo cya Gisirikare i Gabiro.

Mu mpanuro ze, Umukuru w’Igihugu yabwiye abayobozi mu nzego za Leta, abikorera n’abandi ko ibibazo bahura nabyo by’imikorere idahwitse kandi yisubiramo bikwiye kugira iherezo.

Yagaragaje ko mu 2018-2019, u Rwanda rwagize amahirwe mu iterambere ry’ubukungu bw’igihugu kandi mu 2020 biteganyijwe gutumbagira.

Ati ‘‘Kubona byaragenze neza bitewe n’ibibazo twagize, ndashaka ko mubyumva neza. Hari ibintu twagiye tunyuramo mu 2018-2019 na n’ubu tukinyuramo by’ibibazo ariko byaduhaye gukora neza no gutera intambwe kuko twarakangutse turabibona.’’

Mu kumvisha abayobozi ko hari amakosa bakora buri gihe, yabahaye urugero rw’uburyo Uganda ihora ishaka kuyobora u Rwanda nyamara ari inzozi zidashobora kuba impamo.

Ati ‘‘Abanya-Uganda bahora bashaka ko tuba uko babishaka, ngo bategeke Uganda, bategeke n’u Rwanda. Nabo ntibumva ni nkamwe. Iyaba bumvaga bari bakwiye kumva ko ibyo bidashoboka. Turaziranye, baratuzi, turabazi. Bazi ko bidashoboka. Bafasha abaza gutera igihugu, ubu turabafite, mujya mubabona bajya mu nkiko. Bamwe bari mu nkiko, abandi ntibagize amahirwe yo kugera mu nkiko, urubanza rwaciriwe aho bari bari.’’

U Rwanda rushinja Uganda gushimuta Abanyarwanda no kubakorera iyicarubozo, gukorana n’imitwe y’iterabwoba irwanya ubutegetsi bwarwo irimo RNC ya Kayumba Nyamwasa no kubangamira ubucuruzi bwarwo.

Mu ntangiriro za 2019, u Rwanda rwasabye abaturage barwo guhagarika kujya muri Uganda kubera impungenge z’umutekano wabo ari naho iki gihugu gihera kivuga ko rwafunze imipaka.

Perezida Kagame yabwiye abayobozi ko nubwo Abanya-Uganda basaba u Rwanda gufungura imipaka, ngo nibo bayifunze ubwabo.

Ati “Igihe buri Munyarwanda wese wambuka umupaka, azafatwa agakubitwa, akicwa, […] kuko twageze aho tubwira Abanyarwanda bati uko mufatwa muri Uganda, ntitwabwira Abanya-Uganda uko bafata Abanyarwanda muri Uganda. Nagiyeyo kenshi, namwe mbibabwiye kenshi.’’

Yongeyeho ko icyo adafite ari uburenganzira bwo gutegeka Abanya-Uganda uko bagenza Abanyarwanda ariko ashobora kubwira Abanyarwanda kureka kujya muri Uganda.

Ati “Abantu babanga, batabashaka murajya he? Mwe mwicaye aha hari abari barishwe n’agahinda ko batagishobora kujya muri Uganda. Kwicwa n’agahinda ko kutajya aho batagushaka, ako gahinda ni bwoko ki?’’

Perezida Kagame yavuze ko iki kibazo cyatumye abayobozi bakanguka batangira guhaza ibyifuzo by’Abanyarwanda ngo babone serivisi z’uburezi, ubuvuzi no guhaha muri Uganda n’i Burundi.

Ati “Aho abantu bakangukiye, mbese Abanya-Uganda batangira kuvuga ngo aba Banyarwanda bihaye kutaza hano kandi twari tubatunze, nimubahe amezi abiri gusa baraba barize batakambye, baza kudupfukamira barira kuko baraza gusonza.’’

“Mu 2019 nibwo ubukungu bwakuze kuruta ubusanzwe. Uyu mwaka tuzagera hejuru ya 10%. Kuki se kandi dufite ibibazo ku mipaka, ni gute wabisobanura? Abashatse kutugirira nabi ni bo bahombye kuko iyo urebye mu kinyuranyo mu bicuruzwa, igihugu cy’igituranyi cyahombye hagati ya miliyoni 200-300 z’amadolari. Muri ayo amwe niyo yagarutse iwacu, aho akwiriye kuba ari. Hari abikorera, abakozi ba leta bari baribagiwe abaturage n’isoko turaza kubishyiramo umwete.’’

Yabwiye abayobozi ko bitari bikwiye ko ibikorwaremezo bitinda kwegerezwa abaturage kandi hari n’ibyari mu ngengo y’imari. Yavuze ko byabaye ngombwa ko abantu bari baratawe bongera kwegerwa bituma ibirimo ibicuruzwa byongera gutwarwa ku mipaka n’ibindi.

Yashimangiye ko bidakwiye ko umuntu ahaha icyo ashobora kwiha, cyane ko aba anizigamira.

Mu mpera za Mutarama 2020, Perezida Kagame ubwo yakiraga ku meza abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Rwanda, anabifuriza umwaka mushya wa 2020, yavuze ko Uganda yamusabye kubwira Abanyarwanda kongera gutemberera muri icyo gihugu, akabyanga.

Ni ubusabe bwakurikiye irekurwa ry’Abanyarwanda icyenda bari bafungiye muri Uganda.

Icyo gihe Perezida Kagame yavuze ko mu gihe udashaka ko umuturanyi wawe agera iwawe, uba wamaze gushyiraho umupaka ubatandukanya.

Ku wa 14 Gashyantare 2020, Intumwa z’u Rwanda na Uganda zemeranyije ku myanzuro itandatu igamije kwihutisha gukemura ibibazo hagati y’ibihugu byombi, mbere y’uko Perezida Paul Kagame na Yoweri Museveni bahurira mu nama ku wa 21 Gashyantare 2020, izabera ku mupaka wa Gatuna.

2020-02-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye

U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye

Ubwanditsi 10 Jun 2025
Ongera Umenye Abana b’Interahamwe mu Ihuriro ry’urwango JAMBO ASBL

Ongera Umenye Abana b’Interahamwe mu Ihuriro ry’urwango JAMBO ASBL

Ubwanditsi 21 Aug 2025
Chairman Yazanye ikarita itariho ubwoko, idini n’indeshyo – “Dr. Sabin Nsanzimana”

Chairman Yazanye ikarita itariho ubwoko, idini n’indeshyo – “Dr. Sabin Nsanzimana”

Ubwanditsi 30 Jun 2024
RDC : Igihe kirageze ngo ubuyobozi bubi buhigikwe maze amahoro aganze-Cardinal Monsengwo

RDC : Igihe kirageze ngo ubuyobozi bubi buhigikwe maze amahoro aganze-Cardinal Monsengwo

Ubwanditsi 03 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda yahagaritse gukoresha amashilingi ya Kenya
POLITIKI

Uganda yahagaritse gukoresha amashilingi ya Kenya

Ubwanditsi 12 Jun 2019
Burundi: Abanyamahanga barimo umuzungukazi bafatiwe muri Rweru baburiwe irengero
Mu Mahanga

Burundi: Abanyamahanga barimo umuzungukazi bafatiwe muri Rweru baburiwe irengero

Ubwanditsi 05 Nov 2018
Fred Ibingira wari Lt Gen, yagizwe Generali mu ngabo z’igihugu
INKURU NYAMUKURU

Fred Ibingira wari Lt Gen, yagizwe Generali mu ngabo z’igihugu

Ubwanditsi 12 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru