• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Champions League: Tottenham yasezerewe, RB Leipzig na Atalanta zibimburira izindi muri ¼

Champions League: Tottenham yasezerewe, RB Leipzig na Atalanta zibimburira izindi muri ¼

Editorial 11 Mar 2020 IMIKINO

Tottenham yari imwe mu makipe ane yo mu Bwongereza ari muri UEFA Champions League, yasezerewe muri 1/8 na RB Leipzig yo mu Budage nyuma yo gutsindwa ibitego 3-0 mu mukino wo kwishyura wabaye ejo ku wa Gatatu.

Umukino ubanza wabereye mu Bwongereza mu byumweru bibiri bishize, wari warangiye RB Leipzig yashinzwe mu myaka 10 ishize, itsinze igitego 1-0.

Ibitego bibiri byatsinzwe na Marcel Sabitzer mu mukino wabaye ejo, byafashije Leipzig kugira icyizere cyo gukomeza hakiri kare.

Icya mbere yagitsinze ku munota wa 10 ku mupira yaherejwe na Timo Werner aterera ahagana inyuma y’urubuga rw’amahina mu gihe nyuma y’indi minota 10, yatsinze ku mupira wahinduwe na Angelino, imipira yombi umunyezamu Hugo Lloris yashoboraga gukuramo, ariko bikamugora.

Emil Forsberg winjiye asimbuye Marcel Sabitzer mu minota ya nyuma, ni we watsinze igitego cya gatatu ku munota 87, bihesha RB Leipzig gukomeza itsinze 4-0 mu mikino yombi.

Tottenham itozwa na José Mourinho, imaze imikino itandatu idatsinda mu marushanwa yose, ndetse iri ku mwanya wa karindwi muri Premier League.

Kuvukinisha bamwe mu bakinnyi bakomeye nka Steven Bergwijn, Harry Kane, Son Heung-min na Moussa Sissoko, byagaragaje icyuho muri iyi kipe yageze ku mukino wa nyuma wa Champions League mu mwaka ushize.

Muri uyu mukino yahuyemo na RB Leipzig, Tottenham yabonyemo uburyo butatu gusa bugana mu izamu, imipira yatewe na Giovani lo Celso, Dele Alli na Gedson Fernandes, yose ikurwamo n’umunyezamu Peter Gulacsi.

Undi mukino wo kwishyura wabaye ejo, wo ukabera mu muhezo kubera icyorezo cya Coronavirus, wasize Atalanta yo mu Butaliyani igeze muri ¼ nyuma yo gutsindira Valence muri Espagne ibitego 4-3, ikayisezerera ku bitego 8-4.

Kuri uyu wa Gatatu hateganyijwe imikino ibiri, aho PSG yari yatsinzwe na Borussia Dortmund ibitego 2-1 mu mukino ubanza, zihurira kuri Parc des Princes mu mukino ubera mu muhezo mu gihe Liverpool yakira Atlético Madrid yayitsinze igitego 1-0 mu mukino ubanza.

Umunyezamu Hugo Lloris yananiwe gukuramo umupira wagonze igiti cy’izamu ku gitego cya mbere

Emil Forsberg yatsinze igitego cya gatatu akimara gusimbura

Marcel Sabitzer yatsinze ibitego bibiri muri uyu mukino

RB Leipzig yatsindiye gukomeza muri 1/4 cya UEFA Champions League

José Mourinho ntiyishimiye imikinire y’ikipe ye

Mukiele wa Leipzig, yakuwe mu kibuga yataye ubwenge

Tottenham yageze ku mukino wa nyuma mu mwaka ushize, yasezerewe muri 1/8.
Src: IGIHE

2020-03-11
Editorial

IZINDI NKURU

Impinduka nto kuri gahunda y’uruzinduko rwa perezida wa FIFA Gianni Infantino mu Rwanda

Impinduka nto kuri gahunda y’uruzinduko rwa perezida wa FIFA Gianni Infantino mu Rwanda

Editorial 25 Feb 2017
Amavubi yatsindiwe mu rugo na Côte d’Ivoire, Olivier Kwizera avugirizwa induru

Amavubi yatsindiwe mu rugo na Côte d’Ivoire, Olivier Kwizera avugirizwa induru

Editorial 10 Sep 2018
Hamenyekanye amakipe 7 muri buri kiciro cy’abarwanira igikombe ndetse n’ahatanira kutajya mu kiciro cya kabiri, ibyaranze umunsi wa nyuma w’amatsinda abura umukino umwe.

Hamenyekanye amakipe 7 muri buri kiciro cy’abarwanira igikombe ndetse n’ahatanira kutajya mu kiciro cya kabiri, ibyaranze umunsi wa nyuma w’amatsinda abura umukino umwe.

Editorial 18 May 2021
Gianni Infantino uyobora FIFA yashimye Perezida  Paul Kagame ukomeje guteza imbere Ruhago

Gianni Infantino uyobora FIFA yashimye Perezida Paul Kagame ukomeje guteza imbere Ruhago

Editorial 27 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rufite icyizere ku ikoranabuhanga rishya ryo kubaga umubiri udafunguwe
IKORANABUHANGA

U Rwanda rufite icyizere ku ikoranabuhanga rishya ryo kubaga umubiri udafunguwe

Editorial 02 Mar 2018
Ubuzima bwiza na bwo ni igipimo cy’iterambere – Perezida Kagame
POLITIKI

Ubuzima bwiza na bwo ni igipimo cy’iterambere – Perezida Kagame

Editorial 22 May 2018
Perezida Macron arabazwa niba agiye gutsura umubano n’u Rwanda akanakurikirana abaruhekuye
POLITIKI

Perezida Macron arabazwa niba agiye gutsura umubano n’u Rwanda akanakurikirana abaruhekuye

Editorial 17 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru