• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda: Urugo rwa Gen Tumukunde rwagoswe n’inzego z’umutekano harasakwa miliyoni 40$ ateganya kuzakoresha mu matora

Uganda: Urugo rwa Gen Tumukunde rwagoswe n’inzego z’umutekano harasakwa miliyoni 40$ ateganya kuzakoresha mu matora

Ubwanditsi 18 Mar 2020 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Ubuyobozi muri Uganda bwemeje ko inzego z’umutekano zagose urugo rwa Lt Gen Henry Tumukunde wahoze ari Minisitiri w’Umutekano muri icyo gihugu, ruherereye mu gace ka Buyanja, Akarere ka Rukungiri.

Urugo rwe kandi rwoherejweho abashinzwe umutekano nyuma y’igihe gito ibiro bye bisatswe n’inzego z’umutekano zigasangamo imyenda n’ibindi bikoresho bya gisirikare.

Umuvugizi wa Polisi, Fred Enanga, yemeje ko ikirego cye cyamaze gushyikirizwa ubushinjacyaha ndetse irimo kugisha inama niba yari yemerewe gutunga imyenda n’ibikoresho bya gisirikare.

Inzego z’umutekano za Uganda zari zimaze iminsi zigose urugo rwa (Rtd) Lt. Gen. Henry Tumukunde ruherereye mu gace ka Buyanja, mu Karere ka Rukungiri, zinjiye muri uru rugo mu rwego gukomeza ibikorwa byo kumusaka bashakisha ibimenyetso byo kumushinja icyaha cy’ubugambanyi, aho hari amakuru avuga ko haba hari miliyoni 40$ baba bashaka ateganya kwifashisha mu matora hatavugwa aho zavuye.

Gen. Tumukunde avuga ko iki gikorwa kinyuranyije n’amategeko kuko bagiye gusaka iwe atahibereye kuko kuri ubu abarizwa mu Bitaro bya Kampala kuva ku Cyumweru.

Umuyobozi wa Buyanja, Benon Tumusiime yemeje aya makuru, avuga ko uru rugo rugoswe n’abashinzwe umutekano bagera kuri 15 bambaye impuzankano ya polisi.

Uyu muyobozi avuga ko ” Babanje kubuza ababa muri uru rugo kugira aho bajya. Babemereye kunyeganyega bamaze kubasaka n’urugo.”

Abaturage bavuganye na Daily Monitor bavuga ko abashinzwe umutekano bambaye gipolisi n’abambaye gisivili bageze kuri uru rugo rwa Gen. Tumukunde kuva kuwa Gatandatu.

Uru rugo ngo rukaba rubamo mwishywa wa Tumukunde, izina rye ritatangajwe, n’abandi bakozi bamukorera bahaba. Uru rugo kandi rwegeranye n’urwa mukuru wa Tumukunde, Topher Kakurugu, hagati y’izi ngo hakaba harimo nka metero 100 gusa.

Tumusiime avuga ko abantu bari muri uru rugo bari gukora imirimo yabo uko bisanzwe ariko ushaka kuhasohoka cyangwa kuhinjira abanza gusakwa.

Uru rugo rwa Gen. Tumukunde ruherereye Rukungiri rwatangiye gusakwa nyuma yo gusaka mu rugo rwe ruherereye mu gace ka Kololo muri Kampala, ahasatswe kuwa gatandatu ushize kugeza ku cyumweru.

Hagati aho hari amakuru atangazwa n’ikinyamakuru Chimpreports avuga ko abashinzwe umutekano ba Uganda baba barimo gushakisha miliyoni 40 z’Amadolari Tumukunde yaba yateganyaga gukoresha mu bikorwa byo kwiyamamaza .

Lt. Gen. Henry Tumukunde, wahoze ari minisitiri w’umutekano wa Uganda, yatawe muri yombi kuwa Kane ushize, nyuma yo gutangaza amagambo yafashwe nk’ubugambanyi, aho yamagariye u Rwanda gufasha guhindura ubutegetsi muri Uganda. Yari aherutse ariko no gutangaza ko yiteguye guhangana na Museveni mu matora yo mu mwaka utaha.

Kuwa Gatandatu ushize abashinzwe umutekano biriwe basaka mu rugo rwe muri Kololo, ku Cyumweru ajyanwa mu bitaro nyuma yo kwitura hasi aho yari afungiye na n’ubu akaba yemeza ko akiri mu bitaro nubwo hari amakuru yari yabanje kuvuga ko yasohotsemo.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Tumukunde yavuze ko ibyo bikorwa byo gusaka mu rugo rwe ruherereye Rukungiri binyuranyije n’amategeko kuko ubundi amategeko ateganya ko bikorwa ukekwaho icyaha ahibereye.

2020-03-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Akumiro :  Perezida Mugabe  wari ufungiwe iwe yagaragaye mu ruhame “nivogonyo “

Akumiro :  Perezida Mugabe  wari ufungiwe iwe yagaragaye mu ruhame “nivogonyo “

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Kirehe: Abarobyi banywaga ibiyobyabwenge bakanguriye abandi bantu kubireka

Kirehe: Abarobyi banywaga ibiyobyabwenge bakanguriye abandi bantu kubireka

Ubwanditsi 19 Mar 2016
Nyuma y’imyaka 27,  amahanga ntaraha agaciro nyako  Jenoside yakorewe Abatutsi. Niba yarananiwe kuyikumira no kuyihagarika, kuki nibura adashyikiriza ubutabera abayigizemo uruhare? Ibi ni akagambane gakomeje.

Nyuma y’imyaka 27,  amahanga ntaraha agaciro nyako  Jenoside yakorewe Abatutsi. Niba yarananiwe kuyikumira no kuyihagarika, kuki nibura adashyikiriza ubutabera abayigizemo uruhare? Ibi ni akagambane gakomeje.

Ubwanditsi 29 Mar 2021
Tombola ya 1/4 cy’imikino ya UEFA Champions league isize Real Madrid izahura na Chelsea naho Manchester City izakine na Atletico Madrid

Tombola ya 1/4 cy’imikino ya UEFA Champions league isize Real Madrid izahura na Chelsea naho Manchester City izakine na Atletico Madrid

Ubwanditsi 18 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mugisha Gilbert wa APR FC yanditse amateka yo gutsinda igitego cya mbere muri Stade Amahoro ivuguruye
Amakuru

Mugisha Gilbert wa APR FC yanditse amateka yo gutsinda igitego cya mbere muri Stade Amahoro ivuguruye

Ubwanditsi 02 Jul 2024
Rayon Sports yakuye intsinzi i Rubavu, APR FC itsikirira i MUsanze, Police FC yatsindiwe i Nyanza, ibyaranze 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro
Amakuru

Rayon Sports yakuye intsinzi i Rubavu, APR FC itsikirira i MUsanze, Police FC yatsindiwe i Nyanza, ibyaranze 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 13 Feb 2025
‘Indonke zifite ingaruka mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge’- Polisi y’u Rwanda
Mu Rwanda

‘Indonke zifite ingaruka mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge’- Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 22 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru