• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda: Urugo rwa Gen Tumukunde rwagoswe n’inzego z’umutekano harasakwa miliyoni 40$ ateganya kuzakoresha mu matora

Uganda: Urugo rwa Gen Tumukunde rwagoswe n’inzego z’umutekano harasakwa miliyoni 40$ ateganya kuzakoresha mu matora

Ubwanditsi 18 Mar 2020 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Ubuyobozi muri Uganda bwemeje ko inzego z’umutekano zagose urugo rwa Lt Gen Henry Tumukunde wahoze ari Minisitiri w’Umutekano muri icyo gihugu, ruherereye mu gace ka Buyanja, Akarere ka Rukungiri.

Urugo rwe kandi rwoherejweho abashinzwe umutekano nyuma y’igihe gito ibiro bye bisatswe n’inzego z’umutekano zigasangamo imyenda n’ibindi bikoresho bya gisirikare.

Umuvugizi wa Polisi, Fred Enanga, yemeje ko ikirego cye cyamaze gushyikirizwa ubushinjacyaha ndetse irimo kugisha inama niba yari yemerewe gutunga imyenda n’ibikoresho bya gisirikare.

Inzego z’umutekano za Uganda zari zimaze iminsi zigose urugo rwa (Rtd) Lt. Gen. Henry Tumukunde ruherereye mu gace ka Buyanja, mu Karere ka Rukungiri, zinjiye muri uru rugo mu rwego gukomeza ibikorwa byo kumusaka bashakisha ibimenyetso byo kumushinja icyaha cy’ubugambanyi, aho hari amakuru avuga ko haba hari miliyoni 40$ baba bashaka ateganya kwifashisha mu matora hatavugwa aho zavuye.

Gen. Tumukunde avuga ko iki gikorwa kinyuranyije n’amategeko kuko bagiye gusaka iwe atahibereye kuko kuri ubu abarizwa mu Bitaro bya Kampala kuva ku Cyumweru.

Umuyobozi wa Buyanja, Benon Tumusiime yemeje aya makuru, avuga ko uru rugo rugoswe n’abashinzwe umutekano bagera kuri 15 bambaye impuzankano ya polisi.

Uyu muyobozi avuga ko ” Babanje kubuza ababa muri uru rugo kugira aho bajya. Babemereye kunyeganyega bamaze kubasaka n’urugo.”

Abaturage bavuganye na Daily Monitor bavuga ko abashinzwe umutekano bambaye gipolisi n’abambaye gisivili bageze kuri uru rugo rwa Gen. Tumukunde kuva kuwa Gatandatu.

Uru rugo ngo rukaba rubamo mwishywa wa Tumukunde, izina rye ritatangajwe, n’abandi bakozi bamukorera bahaba. Uru rugo kandi rwegeranye n’urwa mukuru wa Tumukunde, Topher Kakurugu, hagati y’izi ngo hakaba harimo nka metero 100 gusa.

Tumusiime avuga ko abantu bari muri uru rugo bari gukora imirimo yabo uko bisanzwe ariko ushaka kuhasohoka cyangwa kuhinjira abanza gusakwa.

Uru rugo rwa Gen. Tumukunde ruherereye Rukungiri rwatangiye gusakwa nyuma yo gusaka mu rugo rwe ruherereye mu gace ka Kololo muri Kampala, ahasatswe kuwa gatandatu ushize kugeza ku cyumweru.

Hagati aho hari amakuru atangazwa n’ikinyamakuru Chimpreports avuga ko abashinzwe umutekano ba Uganda baba barimo gushakisha miliyoni 40 z’Amadolari Tumukunde yaba yateganyaga gukoresha mu bikorwa byo kwiyamamaza .

Lt. Gen. Henry Tumukunde, wahoze ari minisitiri w’umutekano wa Uganda, yatawe muri yombi kuwa Kane ushize, nyuma yo gutangaza amagambo yafashwe nk’ubugambanyi, aho yamagariye u Rwanda gufasha guhindura ubutegetsi muri Uganda. Yari aherutse ariko no gutangaza ko yiteguye guhangana na Museveni mu matora yo mu mwaka utaha.

Kuwa Gatandatu ushize abashinzwe umutekano biriwe basaka mu rugo rwe muri Kololo, ku Cyumweru ajyanwa mu bitaro nyuma yo kwitura hasi aho yari afungiye na n’ubu akaba yemeza ko akiri mu bitaro nubwo hari amakuru yari yabanje kuvuga ko yasohotsemo.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Tumukunde yavuze ko ibyo bikorwa byo gusaka mu rugo rwe ruherereye Rukungiri binyuranyije n’amategeko kuko ubundi amategeko ateganya ko bikorwa ukekwaho icyaha ahibereye.

2020-03-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese uruzinduko rwa Papa Francis muri Kongo rwaba ruzanye amahoro muri icyo gihugu kigeze aharindimuka?

Ese uruzinduko rwa Papa Francis muri Kongo rwaba ruzanye amahoro muri icyo gihugu kigeze aharindimuka?

Ubwanditsi 30 Jan 2023
Perezida Kagame yatashye ibigega bya peteroli bizajya bibika litilo miliyoni 22

Perezida Kagame yatashye ibigega bya peteroli bizajya bibika litilo miliyoni 22

Ubwanditsi 11 Jun 2016
Carine Kanimba, kuki utsimbarara ku baparimehutu nka Rusesabagina kandi politiki yabo yarakugize imfubyi? Ubwo se utaniye he na Nkundiye wahakanywe n’ibishahu bya se?

Carine Kanimba, kuki utsimbarara ku baparimehutu nka Rusesabagina kandi politiki yabo yarakugize imfubyi? Ubwo se utaniye he na Nkundiye wahakanywe n’ibishahu bya se?

Ubwanditsi 19 Aug 2022
Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.

Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.

Ubwanditsi 09 May 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Museveni  na Rujugiro baraca hirya no hino ngo Kandidature ya Mushikiwabo k’ubuyobozi bwa francophonie iburizwemo
INKURU NYAMUKURU

Museveni  na Rujugiro baraca hirya no hino ngo Kandidature ya Mushikiwabo k’ubuyobozi bwa francophonie iburizwemo

Ubwanditsi 03 Oct 2018
Muri EAC Tanzania na Uganda nibyo bihugu bitigeze bipfusha umuperezida akiri ku butegetsi
Mu Rwanda

Muri EAC Tanzania na Uganda nibyo bihugu bitigeze bipfusha umuperezida akiri ku butegetsi

Ubwanditsi 28 Mar 2017
Amafoto – Nyuma yo kwerekana abatoza bashya ku ikipe ya Rayon Sports, bahise banatangiza imyitozo harimo n’abakinnyi bashya usibye Pierrot
Amakuru

Amafoto – Nyuma yo kwerekana abatoza bashya ku ikipe ya Rayon Sports, bahise banatangiza imyitozo harimo n’abakinnyi bashya usibye Pierrot

Ubwanditsi 03 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru