• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yakomoje ku masomo icyorezo cya Coronavirus kizasiga

Perezida Kagame yakomoje ku masomo icyorezo cya Coronavirus kizasiga

Ubwanditsi 15 Apr 2020 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rukomeje gukora ibishoboka byose mu guhangana n’icyorezo cya Coronavirus, cyagaragarije ibihugu ko hari inzego nyinshi zikeneye kongerwamo imari, bitewe n’ingaruka cyagize ku bikorwa binyuranye.

Ni ubutumwa yagarutseho kuri uyu wa Kabiri, mu kiganiro yagiranye n’abashoramari basaga 400 batandukanye cyiswe Invest in Africa, haganirwa ku ngaruka za Coronavirus n’ingamba zigenda zishyirwamo zigamije kuzahura ubukungu. Ni ikiganiro cyifashishije ikoranabuhanga rya Webinar.

Perezida Kagame yavuze ko icyorezo cya Coronavirus cyagize ingaruka kuri buri wese ku Isi, ku buryo nta wavuga ko ibintu byose arimo kubikora neza.

Yakomeje ati “Iki ni ikibazo gishya cyabayeho ariko kimwe n’ibindi byose mu Rwanda, turagerageza, tugakora ibishoboka byose by’umwihariko iyo ari ibintu biteye impungenge ku buzima, bibangamiye abaturage bacu, tugerageza gukora ibishoboka byose biri mu bushobozi bwacu mu guhangana n’ikibazo.”

Yavuze ko ubwo COVID-19 yari imaze kugera mu Rwanda, rwagerageje kureba amakuru amaze kuyimenyekanaho, hanafatwa ingamba zirimo ko abantu batangira gukorera mu rugo, ingendo zirafungwa, abanduye batangira gushyirwa ukwabo ngo bitabweho n’abahuye nabo bagakurikiranwa bagapimwa.

Kugeza kuri uyu wa 14 Mata 2020 abamaze kwandura Coronavirus ni 134 barimo 49 bamaze gukira iki cyorezo bagasezererwa mu bitaro. Ku rwego mpuzamahanga abamaze kwandura ni miliyoni 1.9 mu gihe abamaze gupfa ari ibihumbi 125.

Mbere y’uko icyorezo cya Coronavirus gihagarika ubuzima mu Rwanda, ubukungu bwari buhagaze neza n’ibindi bikorwa byose muri rusange.

Perezida Kagame yavuze ko imwe mu nkingi zagenderwagaho ari uko Abanyarwanda bakorana, kandi bagakora ibiri mu bushobozi bwabo ntibemere gukora ku gipimo kiri munsi y’ubushobozi bafite.

Perezida Kagame yavuze ko muri iki gihe ubukungu bw’u Rwanda n’ubw’ibindi bihugu bwahagaze, imbaraga zose zashyizwe ku guhangana n’ikwirakwira rya Coronavirus imaze kugira ingaruka kuri buri wese, ititaye ku ibara ry’uruhu, igitsina cyangwa ikindi.

Perezida Kagame yavuze ko ibihe byo gukorera mu rugo byanagaragaje akamaro k’ikoranabuhanga, nk’urwego rukwiye kurushaho kongerwamo ingufu.

Yakomeje ati “Uburyo wakorera mu rugo cyangwa ugaha amasomo abana batarimo kubasha kujya kwiga n’ibindi; byatweretse imipaka dufite mu nzego zitandukanye zaba ikoranabuhanga n’ibindi. Ibi ni inzego zikeneye ishoramari, tugomba kongeramo ishoramari nka guverinoma, tugakorana n’urwego rw’abikorera ngo bagire uruhare rwabo, ibigo by’ikoranabuhanga n’ibindi.”

Perezida Kagame yanavuze ko mbere ya Coronavirus hari inzego zakoraga neza nk’urwego rwa serivisi n’ubukerarugendo, zigomba kurushaho gutezwa imbere umunsi Coronavirus yagiye ku ruhande, kimwe n’izindi nzego nk’umutekano.

Yakomeje ati “Ibyo byose dushobora kubikuba kabiri kubera ko tuzaba turimo kuva mu bukungu bwahagaze tugerageza gusubiza bintu ku murongo, bizasaba imbaraga zikubye kabiri ku ruhande rwacu.”

“Ni ibihe aho ibintu hafi ya byose byafunzwe mu buryo bw’ako kanya, ntabwo wabitekerezaga, ntabwo wabiteganyaga, ariko ku rundi ruhande bikubiyemo amasomo menshi kandi ni ibintu bishya tugomba guhangana nabyo kugira ngo ibintu bisbire ku murongo.”

U Rwanda ruriteguye?

Rumwe mu nzego zahungabanye cyane harimo ingendo z’indege kuko zahagaze, hagasigara nke zitwara imizigo.

Perezida Kagame yavuze ko Ikigo nka RwandAir cyari kikiri gito, bizasaba kongeramo ubushobozi nk’uko bizaba bikenewe ku bindi bigo by’ubucuruzi, kubera ko ibikorwa byahungabanye.

Yakomeje ati “RwandAir ni urwego rumwe tuzagerageza kimwe n’ibindi bikorwa bizakenera kongererwa ubushobozi, mu kugerageza ngo bikomeze gukora hirengagijwe ibihombo bizaba byarabayeho muri iki gihe tutazi n’igihe kizarangirira, kuko nta wavuga ngo kuri iyi tariki Coronavirus izaba yarangiye twasubiye mu buzima busanzwe.”

“Gusa tugomba gutangira igenamigambi nonaha, tugatekereza icyo turimo gukora muri aka kanya dutekereza ku cyo tuzakora mu mezi ari imbere muri izi nzego zirimo ubwikorezi bw’indege.”

Perezida Kagame yavuze ko nubwo ubukungu bw’u Rwanda bwahagaze muri ibi bihe, hari icyizere ko umunsi icyorezo cya Coronavirus cyavuye mu nzira ibintu bizegenda neza.

Yakomeje ati “Ubukungu bwacu mbere ya COVID-19 bwari bwifashe neza, kandi ntekereza ko tuzakomeza kumera neza nyuma y’ibi. Ariko turi mu mwanya mwiza wo gukomeza imbere, kandi ku ruhande rwacu turimo no kubona amikoro ava mu bafatanyabikorwa bacu, tuzakoresha mu kufuduha ubwo bushobozi bukenewe.”

“Twamaze guhabwa amafaranga ya IMF, twabanje kubona miliyoni $109 turimo no kubona andi atandukanye, ariko bitanabaye impano, dushobora kuzishyura kubera ko tuzakoresha aya mafaranga neza. Ubushobozi bw’imbere mu gihugu wongeyeho ubuva hanze turimo kubona, ntabwo mbona ko tuzananirwa kubona uburyo bwo kurenga ibi ngo ubukungu bwacu bukomeze kuzamuka.”

U Rwanda rukeneye gukorana n’akarere

Perezida Kagame yanagarutse ku ngingo yo gufatanya nk’akarere, avuga ko rubikeneye kubera impamvu zigaragara zirimo ko rudakora ku nyanja, rukaba hagati muri Afurika, rukikijwe n’abaturanyi bafite ubukungu bunini.

Yavuze ko kwishyira hamwe ari inyungu ya buri wese, cyane ko n’igihugu cyibwira ko ari kinini, iyo cyigereranyije n’ahandi ibihugu byishyize hamwe gihinduka gito cyane.

Yakomeje ati “Icyo twifuza kugeraho ni iterambere ryacu ariko n’abandi bagatera imbere, kuko twese iyo duteye imbere, tuba twunguka nta n’umwe uhomba.”

Muri iki kiganiro Perezida Kagame yashimye uburyo ibihugu bikomeye birimo kugira uruhare mu korohereza ibihugu kwishyura amadeni, aho ubushobozi byakabaye bikoresha mu kwishyura inyungu ku nguzanyo byahawe biyashyira mu bikorwa byihutirwa.

Ni ibihugu kandi bifite ubushobozi bishobora gushyira amafaranga yose bikeneye mu bukungu ngo buzahuke bitandukanye n’ubushobozi buke bw’ibihugu bya Afurika.

Perezida Kagame kandi yashimangiye ko bijyanye n’ingaruka za Coronavirus, bimwe mu bihugu bikomeje kugorwa no kubona ibintu runaka, ku buryo usanga buri umwe avuga ati “ubutaha ntabwo nziringira naka kugira ngo mbone kiriya.”

Src: IGIHE

2020-04-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Afurika ntabwo ari aho umwe yunguka undi agacyura ubusa- Perezida Kagame

Afurika ntabwo ari aho umwe yunguka undi agacyura ubusa- Perezida Kagame

Ubwanditsi 04 Sep 2018
Ufitiye umwenda leta agiye gukomanyirizwa [ gushyirwa mu kato ]

Ufitiye umwenda leta agiye gukomanyirizwa [ gushyirwa mu kato ]

Ubwanditsi 27 Apr 2018
Minisitiri w’Intebe yahaye umukoro RRA wo gufasha u Rwanda kwihaza mu ngengo y’imari

Minisitiri w’Intebe yahaye umukoro RRA wo gufasha u Rwanda kwihaza mu ngengo y’imari

Ubwanditsi 29 Sep 2018
Banki y’Isi yagaragaje icyizere mu bukungu bw’u Rwanda n’icyuho mu gukoresha ikoranabuhanga

Banki y’Isi yagaragaje icyizere mu bukungu bw’u Rwanda n’icyuho mu gukoresha ikoranabuhanga

Ubwanditsi 29 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zari ari kwicuza kuba yari yaratandukanye n’umugabo we wa mbere, ashobora kujyana Diamond mu nkiko
Mu Rwanda

Zari ari kwicuza kuba yari yaratandukanye n’umugabo we wa mbere, ashobora kujyana Diamond mu nkiko

Ubwanditsi 20 Sep 2017
Umurundikazi wiswe [Umunyarwandakazi] agahabwa amasaha 48 ngo abe avuye ku butaka bw’u Burundi yaburiwe irengero
INKURU NYAMUKURU

Umurundikazi wiswe [Umunyarwandakazi] agahabwa amasaha 48 ngo abe avuye ku butaka bw’u Burundi yaburiwe irengero

Ubwanditsi 25 Apr 2018

Ethan Venon wambaye umwenda w’umuhondo muri Tour du Rwanda23 ayoboye aberekeje i Musanze bavuye i Huye

Ubwanditsi 21 Feb 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru