• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kayumba yanyiciye umwana , sinzongera kumufasha ukundi –Pastoro Nyirigira
Deo Nyirigira hirya ye ni Felix Mwizerwa

Kayumba yanyiciye umwana , sinzongera kumufasha ukundi –Pastoro Nyirigira

Ubwanditsi 16 Apr 2020 INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA

Ngo uhishira umurozi akakumaraho urubyaro, hashize iminsi tubabwira ibibazo byugarije RNC umutwe w’iterabwoba wa Kayumba Nyamwasa, twababwiye uburyo Kayumba Nyamwasa yari mu mugambi wo kwikiza Ben Rutabana nyuma y’aho ingabo ze zari muri Congo zihatikiriye, ibi bikaba bitarashimishije Rutabana ndetse abishyira ku gatwe ka Kayumba wazitereranye nyuma yo kuzima ubufasha.

Byitwa ko RNC riyobowe na Gervais Condo, ariko  abakurikiranira hafi bavuga ko Gervais Condo ariho ku izina ahubwo riyoborwa na Ntwali na Kayumba Nyamwasa.

Muri RNC nyuma yaho bigaragaye ko Ben Rutabana yashimuswe ku kagamabane ka bamwe mu bayobozi ba RNC bigateza ikibazo, byatumwe benshi mu banyamuryango ba RNC bo muri Canada, Afrika y’epfo, Holland ndetse n’Ubufansa bitandukanya na RNC irangwa  n’igitugu n’ubwicanyi bwa Kayumba Nyamwasa.

Kuri ubu mu gihugu cya Uganda ahasaga nahagiye kwimurirwa ikicaro gikuru cya RNC naho batangiye gusubiranamo dore ko ubuyobozi bwari bwarashyizweho bukuriwe na Pastoro Deo Nyirigira, butagicana uwaka na Kayumba Nyamwasa.

Ubwumvikane bucye bw’aba bagabo bombi bwatewe n’uko Kayumba yitakanye Pastoro Deo Nyirigira, akamushinja ibikorwa byo gushimuta Ben Rutabana, mu mpamvu atumvaga neza. Aha Pastoro Nyirigira ngo niwe wahaye misiyo umuhungu we Felix Mwizerwa kujyana na Ben Rutabana ariko ngo bose baza gushimutirwa icyarimwe baburirwa irengero.

Amakuru ava muri Uganda aravuga ko ibi Pastoro ngo yatinye kubitangaza kuko yarazi ababiri inyuma ndetse afite icyizere ko umuhungu we ari bumubone, ariko ngo yaje gutangazwa n’uko Kayumba yamubwiye ko atamenye irengero ryabo bantu.

Ababikurikiranira hafi bavuga ko Kayumba Nyamwasa yanze kwizera Deo Nyirigira kuko yumvaga azamuvamo akavuga ko ariwe washimuse Ben Rutabana, ngo byatumye Kayumba atanga itegeko ryo kubafata bose.

Ibi byatumye RNC yo mu ntara ya Uganda icikamo ibice 2, Igice kiri inyuma ya Pastoro Deo Nyirigira ndetse n’igice kiri inyuma ya Kayumba Nyamwasa. Umwe mu bagize RNC ya Uganda uri ku ruhande rwa Deo Nyirigira yatubwiye ko biteguye gufatanya na bavandimwe ba Ben Rutabana hakagaragazwa ukuri mu ibura rya Felix Mwizerwa ndetse na Ben Rutabana.

2020-04-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyarwanda yafatiwe muri gare i Kampala n’abantu bitwaje intwaro

Umunyarwanda yafatiwe muri gare i Kampala n’abantu bitwaje intwaro

Ubwanditsi 04 Aug 2018
Abanyarwanda babiri bari bafungiwe ibyaha bya Jenoside muri Mali barekuwe

Abanyarwanda babiri bari bafungiwe ibyaha bya Jenoside muri Mali barekuwe

Ubwanditsi 15 Dec 2016
Jean Baptiste Mugimba yemereye urukiko ko yari afite imigabane muri RTLM

Jean Baptiste Mugimba yemereye urukiko ko yari afite imigabane muri RTLM

Ubwanditsi 01 Jun 2018
Bidasubirwaho Umwami Kigeli azatabarizwa  mu Rwanda

Bidasubirwaho Umwami Kigeli azatabarizwa mu Rwanda

Ubwanditsi 04 Nov 2016

Igitekerezo kimwe

  1. Ibigarasha Biragwira
    April 16, 20203:20 pm -

    Hahahahahahahahahahahaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaa, ahwiiiiii!!!!!!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rubavu: Umuryango AHF – Rwanda wagobotse Abagizweho ingaruka n’iyangirika ry’amazu ry’atewe n’imitingito
Amakuru

Rubavu: Umuryango AHF – Rwanda wagobotse Abagizweho ingaruka n’iyangirika ry’amazu ry’atewe n’imitingito

Ubwanditsi 04 Jun 2021
U Bubiligi bwandikiye amateka ku Buyapani, busanga Brazil muri ¼
IMIKINO

U Bubiligi bwandikiye amateka ku Buyapani, busanga Brazil muri ¼

Ubwanditsi 03 Jul 2018
“U Rwanda ntirwafashe impunzi z’Abarundi bugwate, n’abaturage basanzwe baje mu Rwanda igihugu cyabo cyabangiye ko basubirayo” Min Biruta
INKURU NYAMUKURU

“U Rwanda ntirwafashe impunzi z’Abarundi bugwate, n’abaturage basanzwe baje mu Rwanda igihugu cyabo cyabangiye ko basubirayo” Min Biruta

Ubwanditsi 12 Aug 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru