• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda
Uhereye ibumoso ugana iburyo, Abarwanyi ba Kayumba Nyamwasa mu rukiko rwa Gisirikari i Nyamirambo, Perezida Museveni hamwe n'abarwanyi ba FDLR

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Editorial 16 Jun 2020 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU

Mu ibaruwa ifunguye  abanyapolitiki badacana uwaka na  Yoweri Museveni , Perezida wa Uganda, bamwandikiye mu mpera z’icyumweru gishize, bamubajije inyungu icyo gihugu gifite mu guteza akajagani n’imidugararo mu karere cyane cyane, bamubaza icyo apfa n’uRwanda . Mu ngero bamuhaye, harimo  guha pasiporo za Uganda abakurikiranyweho guhungabanya umutekano w’uRwanda , cyane cyane abo mi mitwe ya FDLR na RNC ya Kayumba Nyamwasa. Bakamwibutsa ko iyo FDLR igizwe ahanini n’abahekuye uRwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi, naho RNC ikaba ishinjwa urupfu rw’abantu babarirwa muri 17 bazize  grenades zatwe n’uwo mutwe hirya no hino mu Rwanda. Si uRwanda kandi ruvugwa kusa muri iyo nyandiko, kuko banakomoje ku mutekano w’uBurundi,Sudan y’Amajyepfo, RDC , n’ibindi bihugu byo mu karere ka Afrika y’uburasirazuba, ubutegetsi bwa Perezida Museveni bugasabwa kugaragariza abaturage ba Uganda inyungu bafite muri izo rwaserera.

Ibi bibaye nyuma y’aho ikinyamakuru Sunday  Monitor ,  gitangarije inkuru gikesha, ADONIA AYEBARE,  umwe  mubikomerezwa mu butetsi bwa Uganda, ivuga  ko Nyakwigendwera Petero Nkurunziza wahoze ari Perezida w’uBurundi, yari afite pasiporo ya Uganda. Aba batavuga rumwe n’ubutegetsi bakabaza ukuntu perezida w’ikindi gihugu  atunga Pasiporo y’ikindi gihugu, niba Atari izindi mpamvu zirimo guhungabanya umutekano mu karere. Muri iyo baruwa ,haribazwa kandi  niba iyo pasiporo itarahawe Nkurunziza ngo azayifashishe igihe ubutabera mpuzamahanga buzaba mumukurikiranyeho  ubwicanyi bwakozwe mu Burundi, haba igihe inyeshyamba za NCNDD-FDD  zari zikiri mu ishyama, haba no mu gihe ryari rigeze ku butegetsi.

Nta gihe abakurikiranira hafi politiki yo mu karere k’ibiyaga bigari  bahwemye kwibaza  impamvu abategetsi bakuru ba Uganda bakomeje kwivanga mu miyoborere y’ibihugu byo muri aka karere. Bamwe bati ni politiki ya mpatsibihugu Uganda isha kwimika mu karere, abandi bati ni ishyari Perezida agirira ibihugu nk’uRwanda rumurusha ijambo mu ruhando mpuzamahanga, kubera ibikorwa by’indashyikirwa bigaragarira buri wese. Hari n’abemeza ko ari uburyo Perezida Museveni akoresha mu kurangaza abaturage ba Uganda, bahora bamusaba kuva ku butegetsi, agahembera inzangano no abaturage be bahugire muri ibyo aho kwita ku bibazo bya politiki biri imbere mu gihugu cya Uganda.

Raporo abashakashatsi  mpuzamahanga mu bijyanye n’uburenganzira bwa muntu,  bashyie ahagaragara mu cyumeru  igaragaza ko Uganda icumbikiye Abanyarwanda babarirwa muri 500 bakurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Muri aba harimo  abatorotse bamaze gukatirwa n’inkiko Gacaca, abandi ni  abari mu mirimo nsimuragifungo,TIG, aho kuyikora bakibonereza inzira ya Uganda. Iyo raporo ivuga ko abo bose ubutegetsi bwa Uganda bubazi, ndetse bwanabahaye inzandiko z’inzira, ari nazo bakoresha mu migambi yabo y’ intambaza bahora barota gushoza ku Rwanda.

Uganda iherutse gukorwa n’isoni ubwo  umwe mu baminisitiri bayo, Philemon MATEKE, yafatanwaga igihanga. U Rwanda rweretse isi yose ubutumwa uyu Mateke yandikirana n’abarwanyi ba FDLR, harimo n’abaherutse gufatwa mpiri mu gitero bagabye mu Kinigi.

Abategetsi ba Uganda bakubiswe n’inkuba kandi  uRwanda rwerekanye ibimenyetso by’uko umwe mu bayoboke ba RNC(umutwe w’iterabwo), MUKUKANKUSI Charlotte, akoresha pasiporo ya Uganda, ndetse icyo gihugu gitangariza amahanga ko uwo mugore wifuza kwikora mu nda yica Abanyarwanda benewabo, yambuwe  iyo pasiporo.

Si ibyo gusa kuko na Protais Mpiranya, KABUGA Felicien, Ignace MURWANASHYAKA, Wilson IRATEGEKA,   n’abandi bajenosideri  byagaragaye ko bagenderaga kuri pasiporo ya Uganda.

Ntitwiriwe tugaruka ku iyirubozo abategetsi ba Uganda  n’ubu bagikorer Abanyarwanda bari mu icyo gihugu, bikaba byarabananiye kugaragariza isi yose icyo izo nzirakarengane zikurikiranyweho.

Ibi bimenyetso simusiga, hamwe n’ibindi byishi Museveni n’ibyegera bye badashobora guhakana, biragaragaza ko uwo mukambwe agishaka akamunani ku Rwanda.

Reka tuzarebe icyo Perezida Museveni azasubiza aba batavuga rumwe naweIikigaragara gusa ni uko benshi mu banya Uganda batishimiye uburyarya bwa Perezida Museveni no  gukomeza gushotora uRwanda.

 

2020-06-16
Editorial

IZINDI NKURU

Ikiganiro cya Leah Karegeya muri The New Vision, gihamya mu buryo budasubirwaho ko RNC yibona mu buyobozi bwa Uganda.

Ikiganiro cya Leah Karegeya muri The New Vision, gihamya mu buryo budasubirwaho ko RNC yibona mu buyobozi bwa Uganda.

Editorial 14 Apr 2019
Umukobwa wacitse ku icumu rya Jenoside, wiyahuye asimbutse igorofa ryo kwa Makuza yapfuye

Umukobwa wacitse ku icumu rya Jenoside, wiyahuye asimbutse igorofa ryo kwa Makuza yapfuye

Editorial 07 Sep 2019
Burundi : Abana babiri bacukuriwe imva yo kubahambamo ari bazima.

Burundi : Abana babiri bacukuriwe imva yo kubahambamo ari bazima.

Editorial 17 Jan 2018
Perezida wa Gabon Ali Bongo yageze mu Rwanda

Perezida wa Gabon Ali Bongo yageze mu Rwanda

Editorial 13 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abo kwa Rusesabagina barakataje mu ikinamico. Niba atagaburirwa, ntahabwe amazi yo kunywa nk’uko babivuga, atunzwe n’umwuka wera?
Amakuru

Abo kwa Rusesabagina barakataje mu ikinamico. Niba atagaburirwa, ntahabwe amazi yo kunywa nk’uko babivuga, atunzwe n’umwuka wera?

Editorial 07 Jun 2021
Theogene Rudasingwa mundiri ya MRND ngo bari kunamira Kizito kandi bakina ingirwa politiki yabo
INKURU NYAMUKURU

Theogene Rudasingwa mundiri ya MRND ngo bari kunamira Kizito kandi bakina ingirwa politiki yabo

Editorial 24 Feb 2020
Abisunga ibigarasha n’abajenosideri ngo bararwanya u Rwanda bazakomeza gukama ikimasa.
Amakuru

Abisunga ibigarasha n’abajenosideri ngo bararwanya u Rwanda bazakomeza gukama ikimasa.

Editorial 31 May 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru