• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Ubwanditsi 25 Jun 2020 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU

Ubu noneho inkuru igezweho  ni iya Paul Rusesabagina yuko Manyinya, cyangwa agasembuye kamaze kumugira akazizi, kugera n’aho umuryango we umwinuba,ukaba utabaza inshuti ngo zirebe icyo zakora uyu musaza akareka ubusinzi bumaze kumugira imbata.

Amakuru dukesha abakunze kugenda muri uyu muryango utuye mu Bufaransa, aravuga ko muri iyi minsi Rusesabagina asa n’uwataye umutwe, kuko yiyahuza inzoga ngo zimufashe kwibagirwa ibibazo yishoyemo, yiha kugambanira urwamubyaye akajya mu mitwe y’iterabwoba yabereye umuyobozi.

Izo nshuti z’umuryango we zaduhishuriye ko zatabajwe na Tasiyana, umugore wa Rusesabagina, ngo zimugire inama yo guhindura imyitwarire, kuko iyo agaragaza ubu idakwiye iy’umusaza wo mu kigero cye. Mu kumugira inama, hari n’abamubwije ukuri, ko intandaro y’uko kwiheba no kwiyahuza ibiyobyabwenge ari ukwishora muri politiki ya giswa, ubwo yifatanyaga n’izindi nkorabusa nka  Faustin Twagiramungu nawe ubwe utazi iherezo rye. Inshuti z’umuryango wa Rusesabagina zamusabye kureka ibiyayuramutwe, akava mu mitwe y’iterabwoba kuko bigaragara ko ntaho yamugeza uretse kwandagara nk’uko ibimenyetso bya mbere byatangiye kwigaragaza. Ibi byabaye nyuma yaho ingabo za Kongo FARDC zigabye ibitero kuri FLN, ingabo za MRCD iyobowe na Rusesabagina, abarwanyi bayo bagacyurwa mu Rwanda abandi bakicwa, harimo n’umuvugizi wabo Herman Nzsengimana wari warahawe na Rusesabagina ipeti rya Captaine, ndetse nabarwanyi benshi aho binavugwako umukuru wizo ngabo Wilson Irategeka we yahasize agatwe.

Ayo makuru akomeza avuga ko umugore wa Rusesabagina yamuregeye inshuti, avuga ko asigaye amucyurira ko ari Umututsikazi umugambanira kwa “benewabo”, cyane cyane iyo agerageje kumubuza ibikorwa bya politiki isenya ubumwe bw’Abanyarwanda. Ntibyatangaza rero mu gihe kiri imbere twumvise ko Rusesabagina na Tasiyana batandukanye, ndetse uwo mudamu akaba akunda kubwira inkoramutima ko ajya yumva yakwitahira mu Rwanda.

Abazi neza Rusesabagina, baba abo babanye kuri Hotel des Diplomates, haba no kuri Mille Collines, bavuga ko batatunguwe n’iyi nkuru yo gukunda uruyama kwa Rusesabagina, ngo kuko no mu gihe  Jenoside yakorewe Abatutsi yari irimbanyije, abantu bamubonaga asangira inzoga n’abajenosideri, barimo na Col. Bagosora ubwe. Ngabo abanyapolitiki bifuza kuyobora u Rwanda!!

2020-06-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Uwayoboraga Imbonerakure yagizwe umuyobozi wa Radiyo na Televiziyo by’Igihugu

Burundi: Uwayoboraga Imbonerakure yagizwe umuyobozi wa Radiyo na Televiziyo by’Igihugu

Ubwanditsi 15 Jul 2019
Loni yasabye ko amasezerano y’amahoro mu Burundi yasinywa mbere ya 2020

Loni yasabye ko amasezerano y’amahoro mu Burundi yasinywa mbere ya 2020

Ubwanditsi 23 Aug 2018
Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose

Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose

Ubwanditsi 05 Oct 2023
U Rwanda na UCI batangije ibikorwa byo kwakira Shampiona y’isi y’amagare izabera i Kigali

U Rwanda na UCI batangije ibikorwa byo kwakira Shampiona y’isi y’amagare izabera i Kigali

Ubwanditsi 21 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwemeje ko urugendo rwa Sarkozy ntaho rwari ruhuriye n’ibibazo byarwo n’u Bufaransa
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rwemeje ko urugendo rwa Sarkozy ntaho rwari ruhuriye n’ibibazo byarwo n’u Bufaransa

Ubwanditsi 21 Jan 2018
Bizimana Djihad yavuye mu ikipe ya Kryvbas yo muri Ukraine ajya muri Al Ahly yo muri Libya, Rafael York we yerekeje muri ZED FC yo mu Misiri
Amakuru

Bizimana Djihad yavuye mu ikipe ya Kryvbas yo muri Ukraine ajya muri Al Ahly yo muri Libya, Rafael York we yerekeje muri ZED FC yo mu Misiri

Ubwanditsi 06 Feb 2025
Champions League: Bayern Munich yatanze isomo rya ruhago, Messi yandika amateka mashya (Amafoto)
IMIKINO

Champions League: Bayern Munich yatanze isomo rya ruhago, Messi yandika amateka mashya (Amafoto)

Ubwanditsi 21 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru