• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Karasira Aimable Yirukanywe Muri Kaminuza y’U Rwanda Azira Imyitwarire ye Igayitse Itabereye Umurezi

Karasira Aimable Yirukanywe Muri Kaminuza y’U Rwanda Azira Imyitwarire ye Igayitse Itabereye Umurezi

Ubwanditsi 14 Aug 2020 INKURU NYAMUKURU

Nyuma yo guhabwa inshuro nyinshi amabaruwa amusaba ibisobanuro ku myitwarire ye ihabanye n’indangagaciro zikwiye umurezi urerera u Rwanda ndetse igaragaza umusaruro mukeya, Karasira Uzaramba Aimable yamaze gusezererwa muri Kaminuza y’u Rwanda nkuko biri mu itangazo nyuma yuko ibisobanuro yari yatanze taliki 27 Kanama 2020 bitasubizaga bihagije ibibazo yari yabajijwe ngo binyure ubuyobozi bwa Kaminuza y’uRwanda.

Uyu mugabo wigeze no kuba umuhanzi yiyita Professor Nigga mu myaka ishize yakunze kurangwa n’imyitwarire idashimishije irimo no kunywa ibiyobyabwenge rwihishwa ndetse no gusindira mu ruhame, yagiye yamaganirwa kure n’abafite abana babo muri Kaminuza y’u Rwanda bavuga ko atagaragaza urugero rwiza rwo gutanga ubumenyi.

Akenshi usanga hari bamwe bamufata nk’umuntu ufite ibibazo byo mu mutwe kubera zimwe mu mvugo yagiye akoresha mu bihe binyuranye haba mu bitangazamakuru cyangwa se ku mbuga nkoranyambaga ndetse no mu mbwirwaruhame ze aho adatinya kuvuga nabi umuryango nyarwanda, aho yagiye agaragara avuga ko afite ikibazo cya depression ariko abandi babibonyemo amaco y’inda no gusabiriza kuko ibiganiro yakoraga yirirwa atangaza numero ze za Telephone bamwohererezaho amafaranga.

Muri iyi minsi kandi yasaga nk’uwigaragagaza cyane kuri Youtube aho asanzwe afite televiziyo ikorera kuri murandasi akayita Ukuri mbona (ahubwo iyo ayita amafuti ngira)aho agenda atangariza ho amagambo ashobora guhungabanya umudendezo w’abanyarwanda kuko aba akoresha imvugo zafatwa nko kwangisha abaturage ubuyobozi buriho mu Rwanda akabikora nkana kandi asanzwe ari umurezi wakarereye u Rwanda ndetse akanashishikariza urubyiruko arera gukunda igihugu.

Mu ibaruwa imwirukana burundu ku kazi hagiye hakubiyemo ingingo nyinshi zibanda ko yagiye yangiza nkana cyangwa akabisuzugura nkaho havugwamo kuba atarigeze ashyira bimwe mu bikenewe muri system yo kwiga hakoreshejwe ikoranabuhanga mu gihe amasomo yari yahagaritswe kubera icyorezo cya Covid-19, ndetse ntanatange bimwe mu byo yasabwaga mu bushakashatsi yarimo, ntamugayo rero ko atabasha gufatanya imirimo ibiri kwigisha no kujya ku mbuga nkoranyambaga avuga amagambo atari meza ku gihugu.

Mu minsi ishize kandi uyu mugabo yumvikanye avuga ko atashaka umunyarwandakazi, aho byakuruye impaka nyinshi ndetse benshi babona ko hari byinshi bidatunganyije mu mikorere y’ubwonko bwe nk’umurezi urerera igihugu, hari byinshi byagiye bimuranga muri iyi myaka nko mu gihe habaga irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda mu mwaka wa 2019 aho yagiye akoresha amagambo akomeretsa bamwe mu bari bitabiriye iryo rushanwa, aho yaje kwihanangirizwa ariko koko akabaye icwende ntikoga wa mugani w’Abanyarwanda.

Karasira na Barafinda muri icyo kiganiro cyabo kandi bita Ukuri mbona bagiye bavugamo amagambo ubona asanzwe akoreshwa n’abantu bafite ibibazo byo mu mutwe, dore ko uwo Barafinda we anaherutse mu bitaro byita ku barwayi bo mu mutwe I Ndera aho byaje kugaragara ko afite indwara karande yo mu mutwe, abantu benshi banagiye basabira Karasira kuba yafashwa kuvurwa kuko nawe agaragaza ibimenyetso by’indwara zo mu mutwe!

Hari hashize iminsi itari myinsi Kaminuza y’u Rwanda ihaye ibaruwa isaba ubusobanuro Karasira ku myitwarire ye itari ntamakemwa ndetse n’indangagaciro zikwiye umurezi ndetse no kumubaza impamvu atubahiriza inshingano ze, none mu mwanzuro iyo kaminuza yafashe ni ukumusezerera nk’abandi bagaragaje imyitwarire itari myiza no kutuzuza inshingano zabo

Nk’inama Rushyashya News tudahwema gutanga tumwifurije guhinduka akaba indakemwa mu mico no mu myifatire akaba Umunyarwanda ubereye Umuryango bitihi harindimutse Karasira asarishijwe n’ibiyayuramutwe Cyangwa se yerure akurikire akaryoshye ko muri YouTube n’ubundi buhendabana bw’biryabarezi bimushuka.

2020-08-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Wa musazi Thomas Nahimana ngo “kuvuga gusa” ntacyo byamugejejeho, none ngo agiye kumena amaraso mu Rwanda

Wa musazi Thomas Nahimana ngo “kuvuga gusa” ntacyo byamugejejeho, none ngo agiye kumena amaraso mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Aug 2022
Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza

Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza

RUSHYASHYA 06 May 2026
Chairman wa RPF Kagame Paul yatangaje uko Yeretse igihandure Umujandarume wa Habyara

Chairman wa RPF Kagame Paul yatangaje uko Yeretse igihandure Umujandarume wa Habyara

Ubwanditsi 12 Jul 2024
Nyuma y’ibikorwa by’urugomo byabereye mu Nteko, umutwe wa Sena, muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, wa Musenateri Carolyn Maloney uherutse gusaba ko umugizi wa nabi Rusesabagina arekurwa, ubu yakongera gutanga amasomo ya demokarasi?

Nyuma y’ibikorwa by’urugomo byabereye mu Nteko, umutwe wa Sena, muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, wa Musenateri Carolyn Maloney uherutse gusaba ko umugizi wa nabi Rusesabagina arekurwa, ubu yakongera gutanga amasomo ya demokarasi?

Ubwanditsi 08 Jan 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu mukino w’ikirarane, APR FC yatsinze Bugesera FC 2-0 ifata umwanya wa Gatandatu wa shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

Mu mukino w’ikirarane, APR FC yatsinze Bugesera FC 2-0 ifata umwanya wa Gatandatu wa shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 27 Nov 2024
Agahuru k’imbwa karagurumanye! Leta y’u Burundi igiye gushyikiriza u Rwanda inyeshyamba 20 zo mu mutwe w’iterabwoba  FLN, wa Paul Rusesabagina.
Amakuru

Agahuru k’imbwa karagurumanye! Leta y’u Burundi igiye gushyikiriza u Rwanda inyeshyamba 20 zo mu mutwe w’iterabwoba FLN, wa Paul Rusesabagina.

Ubwanditsi 05 Aug 2021
HUYE:Bane batawe muri yombi kubera ibura ny’umuriro muri CHAN
IMIKINO

HUYE:Bane batawe muri yombi kubera ibura ny’umuriro muri CHAN

Ubwanditsi 26 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru