• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»URwanda rwashyizwe mu bihugu 20 ku Isi byarushije ibindi gufata ingamba zihamye mu guhangana n’Icyorezo cya COVID 19, Abazinenga ni za nyangabirama zibura icyo zituka Inka ngo dore igicebe cyayo.

URwanda rwashyizwe mu bihugu 20 ku Isi byarushije ibindi gufata ingamba zihamye mu guhangana n’Icyorezo cya COVID 19, Abazinenga ni za nyangabirama zibura icyo zituka Inka ngo dore igicebe cyayo.

Ubwanditsi 17 Aug 2020 Amakuru, Mu Rwanda

Guhangana n’icyorezo cya COVID 19, mu Rwanda byasabye kubanza gusobanukirwa imiterere n’ubukana bwacyo, uruhare rwa buri wese mu kuyikumira, hanyuma buri muntu yumva neza ko agomba kwihangana no kwigomwa , byose bigaherekezwa n’imikoranire myiza hagati y’abaturage n’abayobozi. Ibi bitandukanye n’ibyo twabonye muri za Uganda n’ahandi, abaturage barwana n’abapolisi bababuzaga ingendo zitari ngombwa.

Kubera impamvu zishingiye ku ishyari no gushakira inabi Abanyarwanda, hari abanenga ingamba uRwanda rwafashe ngo rurinde abaturage barwo ndetse n’abarugenda bose. Ibi babikora bitwikiriye bimwe bagize igikangisho ngo”uburenganzira bwa muntu”, ukibaza uburenganzira bwa muntu bwaruta kumurinda icyorezo cyangwa ikindi cyahitana ubuzima bwa benshi. Keretse niba uRwanda ruzira kuba rwarahisemo gukorera mu mucyo, rugatangaza buri munsi imibare y’abanduye COVID 19, abakize, abakirwaye ndetse n’abitaba Imana. Keretse niba ruzira gushyiraho no kugenzura amabwiriza ngengamyitwarire, uyarenzeho agahanwa, ku neza ya buri wese. Icyo tuzi ni uko ku isi yose ubuyobozi bwiyubaha nk’uRwanda, butagendera ku marangamutima na politiki yo kwibonekeza, ahubwo bugendera ku nyungu rusange z’abaturage. Abakwiza amagambo ku maradiyo no ku mbuga nkoranyambaga, niba atari umugambi basanganywe wo kwangiza isura y’uRwanda, kuki tutarumva bagaya ibihugu nka Uganda bibeshya imibare y’abandura. Ibihugu nk’uBurundi bitajya bishyira ahagaragara imibare ijyanye n’iki cyorezo, bitagira ingamba zo kugikumira, kandi bishobora kwanduza abaturanyi.
Twumvise abavuga ko bakomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo(RDC), bavuga ko iyo bazanye n’indege ya Rwandair ngo bashyirwa mu kato mu mahoteli ahenze.Ibi nabyo ni ibinyoma bigamije gusebanya.Icya mbere nta gihenze kurusha amagara y’abantu, Icya kabiri iyo abageze mu Rwanda bajya gushyirwa mu kato, ntiharebwa ubwenegihugu bwabo,kuko ibi bireba n’Abanyarwanda batashye bakajya mu mahoteli ajyanye n’ubushobozi bwa buri wese. Buri wese uje mu Rwanda aba afite urutonde rw’amahoteli, ukihitiramo ikubereye. Biratangaje rero kumva ko umuturage wo muri RDC yitirirwa aya magambo, mu gihe ahubwo abenshi tuganira bavuga ko iyo bageze mu Rwanda biruhutsa kubera umutekano usesuye ugereranyije n’ibibera iwabo, cyangwa mu bindi bihugu bagendamo.

Ntabwo Abanyarwanda dukorera ijisho, cyangwa kugira undi dushimisha, ahubwo ibyo dukora byose ni mu nyungu zacu ubwacu, iz’abatugana ndetse n’iz’isi yose muri rusange. Ng’uko uko twashoboye kwishakamo ibisubizo, duhangana n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi. Koronavirus rero nayo yasanze dusanganywe kwanga gutsindwa, disipuline yo mu rwego rwo hejuru, no kubaha ibyemezo by’ubuyobozi kuko tuzi neza ko biba bigamije inyungu za twese.


Ubu isi yose irashima uko uRwanda rwitwaye muri iki kibazo cya Koronavirusi. Ndetse ubu ruri mu bihugu 20 ku isi, byarushije ibindi guhamya ingamba zo kurwanya iki cyorezo, Mu karere ka Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, u Rwanda nirwo rwonyine rwemerewe gusubukura ingendo z’indege mu bihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi. Mu gihe twateguraga iyi nkuru mdetse, Leta ya Israel, kimwe mu bihugu bikomera ku mutekano wabyo ku isi, yamaze kwemeza ko umuntu uzaza muri icyo gihugu avuye mu Rwanda atazashyirwa mu kato, kuko cyagenzuye kigasanga ingamba ziriho mu Rwanda zinoze, kandi zigaragarira buri wese.
Nubwo tutaratsinda urugamba, muri rusange amabwiriza yo kwirinda Koronavirusi yubahirijwe ku kigero cyiza. Nta cyari kigoye nko kubahiriza gahunda ya GUMA MU RUGO, kuko bizwi ko hari benshi babona ikibatunga ari uko bavuye mu ngo zabo. Byaravunanye, ariko byarashobotse kuko Leta , mu mikoro make iba ifite, yagobotse abari bababaye kurusha abandi, ku buryo ntaho twumvise umuturage wishwe n’inzara. Ntawe udashima uburyo urubyiruko rwacu rwitanga mu gukorera ubushake(youth volunteers),kuko rwatojwe ko ari rwo mbaraga z’igihugu. Byarashobokaga ko inzego za Leta n’iz’abikorera zifunga imiryango, ariko mu bushishozi buhanitse, hafashwe ingamba zo gukoresha abantu ba ngombwa, imirimo irakomeza, abakozi ntibatakaza akazi kabatunze nk’uko byagenze mu bihugu binyuranye, birimo n’iby’ibihangange mu bukungu.
Ingamba zirimo n’izo twibwiraga ko zigoye kubera umuco wacu, nko guhoberana cyangwa duhana ibiganza, gutaha ubukwe turi benshi, gusurana, gusabana n’ibindi….zashobotse kuko imyumvire y’abaturarwanda yazamutse. Gukaraba intoki kenshi ubu twamaze kubitora, mu gihe mu bihugu duturanye nk’uBurundi, RDC, Uganda na Tanzaniya batabikozwa,Ngibyo ibyo inyangabirema zinenga uRwanda, aka wa wundi ubura icyo atuka inka , ati reba igicebe cyayo.

Abanyarwanda twamaze kumenya ko aba bose ntawe udufitiye impuhwe kurusha ubuyobozi bwacu, bushishoza, bukadushakira umuti, niyo waba usharira ariko uvura ngaho rero nimucyo Dukomeze dufatanye, tugamburuze abatwigimba, tutitaye ku baduca intege Ababaswe n’ ubugome bo nibakomeze bavuge ubusa, twe dukore, amateka azerekana ko ikibi kidatsinda icyiza.

2020-08-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kiyovu SC yasinyishije Aimable Nsabimana utarahiriwe muri Saudi Arabia, Bugesera FC na APR FC barakina umukino w’ikirarane, uwa Rayon na AS Kigali urasubikwa

Kiyovu SC yasinyishije Aimable Nsabimana utarahiriwe muri Saudi Arabia, Bugesera FC na APR FC barakina umukino w’ikirarane, uwa Rayon na AS Kigali urasubikwa

Ubwanditsi 04 Oct 2022
Itangazo rigenewe abanyamakuru

Itangazo rigenewe abanyamakuru

Ubwanditsi 07 Apr 2017
Perezida  Mugabe asimbuwe burundu ku butegetsi

Perezida Mugabe asimbuwe burundu ku butegetsi

Ubwanditsi 18 Jan 2016
Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo

Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo

Ubwanditsi 02 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rurimo kurushaho kumenyekana nyuma y’imikoranire ya RDB na Arsenal
UBUKERARUGENDO

U Rwanda rurimo kurushaho kumenyekana nyuma y’imikoranire ya RDB na Arsenal

Ubwanditsi 18 Jul 2018
BBC yafunze burundu ibiro byayo mu Burundi
INKURU NYAMUKURU

BBC yafunze burundu ibiro byayo mu Burundi

Ubwanditsi 17 Jul 2019
Lesotho: Abasirikare bakuru barasanye, Umugaba w’Ingabo ahasiga ubuzima
ITOHOZA

Lesotho: Abasirikare bakuru barasanye, Umugaba w’Ingabo ahasiga ubuzima

Ubwanditsi 06 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru