• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kuki u Burundi bukomeje kwiheza mu ruhando rw’amahanga?

Kuki u Burundi bukomeje kwiheza mu ruhando rw’amahanga?

Ubwanditsi 08 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa gatatu, tariki 07 Ukwakira 2020, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yagiranye inama na bagenzi be batatu, aribo Félix Tshisekedi wa RDC, Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda na Joao Lorenço wa Angola, bakaba baraganiriye cyane cyane ku mutekano wakomeje kuba ingume muri aka karere k’ibiyaga bigari.

Icyatangaje abakurikiranira hafi ibibera muri aka karere, ni ukubura kwa Perezida Evariste Ndayishimiye utaritabiriye ubutumire bwa mugenzi we wa RDC, kandi ibyasuzumwaga bireba n’u Burundi, buhora buteza ubwega ngo hari inyeshyamba zihungabanya umutekano wabwo. Iyi nama ubundi yagombaga kubera I Goma muri RCD, iza gusubikwa kubera kwirinda COVID-19, haza kwemezwa ko izaba hifashishijwe ikoranabuhanga mu itumanaho nk’uko byagenze kuri uyu wa gatatu.Inama ikimara gutumizwa muri Nzeri uyu mwaka, ibiro bya Perezida Ndayishimiye byavuze ko atazajya I Goma kubera akazi kenshi, ukibaza rero icyaba cyaratumye atitabira ibiganiro bitasabaga ko ava I Bujumbura.

Mu mpamvu u Burundi butanga hagaragayemo kwivuguruza, kuko hari n’ibaruwa yohererejwe Perezida Tchisekedi, ivuga ko uBurundi ngo bukeneye mbere na mbere ibiganiro hagati yabwo na RDC, ngo bikabanza bigakemura ikibazo bifitanye. Ubutegetsi bwa CNDD-FDD bushinja RDC gucumbikira umutwe uburwanya wa RED-Tabara, uwo mutwe ariko wo ukavuga ko ufite ibirindiro ku butaka bw’uBurundi.

Iyi myitwarire ya Bwana Ndayishimiye ishobora gushimangira urwikekwe ruri hagati y’ibihugu byombi, rukaba rwanafata indi ntera.Mu bagerageje gusesengura icyaba cyarabujije Ndayishimiye kuganira na bagenzi be, hari abibaza niba nawe atari batishimiye kuba uRwanda rufitanye umubano mwiza na RDC.
Twibuke ko Leta y’uBurundi yakomeje kuregwa gushyigikira imitwe nka FDLR na FLN ihungabanya umutekano w’uRwanda, ndetse ibimenyetso simusiga bigaragarizwa isi yose. Ese Jenerali”NEVA” ntiyaba yaratinye ko bagenzi be bamubaza iby’ubwo bushotoranyi? Uko byagenda kose ariko, abahanga muri politiki barahamya ko Ndayishimiye yakinnye ikarita ya cyana , kuko iyo baganiriye ikibazo kikureba udahari,kenshi ubihomberamo. Kwishyira mu kato kwa Leta y’uBurundi si ukwa none, kuko na Nyakwigendera Petero Nkurunziza atasohokaga mu Gihugu, ngo atinya ko ubutegetsi bwe bwatembagazwa.

Birasekeje ariko; mu gihe ubu isi yose ishyize imbere ubufatanye cyane cyane hagati y’ibihugu biri mu karere kamwe, uBurundi bwo burumva buzakomeza kwibera nyamwigendaho.Aho guhuza imbaraga n’abandi bo barahuzagurika. Iyi ni politiki y’inyigaguhuma.

2020-10-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

P. Kagame na Museveni  bahuriye muri Sheraton Hotel i Addis [ Bageze kuki ? ]

P. Kagame na Museveni bahuriye muri Sheraton Hotel i Addis [ Bageze kuki ? ]

Ubwanditsi 30 Jan 2018
Leah Karegeya afite agahinda ko gufungwa kwa Tumukunde no gusiragizwa na Kayumba Nyamwasa wamucucuye ibyo umugabo we yasize nareke kwitwaza Rushyashya itangaza ibiriho  

Leah Karegeya afite agahinda ko gufungwa kwa Tumukunde no gusiragizwa na Kayumba Nyamwasa wamucucuye ibyo umugabo we yasize nareke kwitwaza Rushyashya itangaza ibiriho  

Ubwanditsi 30 Mar 2020
Uganda: Kirumira uheruka gusezera mu gipolisi yarashwe arapfa

Uganda: Kirumira uheruka gusezera mu gipolisi yarashwe arapfa

Ubwanditsi 09 Sep 2018
Niki cyihishe inyuma y’amagambo Perezida Museveni yavugiye I Kabale amaze kubonana na bagenzi be b’abakuru b’ibihugu?

Niki cyihishe inyuma y’amagambo Perezida Museveni yavugiye I Kabale amaze kubonana na bagenzi be b’abakuru b’ibihugu?

Ubwanditsi 22 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Alibaba igiye guhugura ba rwiyemezamirimo b’Abanyarwanda bafite imishinga itanga icyizere
IKORANABUHANGA

Alibaba igiye guhugura ba rwiyemezamirimo b’Abanyarwanda bafite imishinga itanga icyizere

Ubwanditsi 05 Jan 2019
Kagame: U Rwanda ni igihugu gito mu ngano  ariko mu ntekerezo no mu rwego rwa Politiki ni igihugu kinini
INKURU NYAMUKURU

Kagame: U Rwanda ni igihugu gito mu ngano ariko mu ntekerezo no mu rwego rwa Politiki ni igihugu kinini

Ubwanditsi 01 Apr 2019
Abashinyaguzi ntibagira ikiruhuko, Umukobwa wa Nsekarije yakamejeje
ITOHOZA

Abashinyaguzi ntibagira ikiruhuko, Umukobwa wa Nsekarije yakamejeje

Ubwanditsi 12 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru