• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kuki Aimable Karasira adashyikirizwa ubutabera kandi bigaragara ko ari umugizi wa nabi mu bandi?

Kuki Aimable Karasira adashyikirizwa ubutabera kandi bigaragara ko ari umugizi wa nabi mu bandi?

Ubwanditsi 25 Nov 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Uyu Aimable Karasira yakunze kwitwikira ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo, akayobya abantu, abangisha ubuyobozi, anababibamo amacakubiri. Ikiganiro twashoboye kwibonera, aho Aimable Karasira yaganiraga mu ibanga n’uwitwa(cyangwa uwiyita) Kayumba Khamissi , ukoresha telefoni nomero +254 783 36 66 15(numero yo muri Kenya ), bashishikariza abaturage kwiroha mu mihanda nk’uko bimeze muri Uganda, ngo bagakuraho ubutegetsi, kirashimangira amakuru twari dufite, ko Karasira akorana n’abo mu mitwe igambiriye guhungabanya umutekano w’uRwanda.

Hari abibeshya ko Aimable Karasira yaba afite uburwayi bwo mu mutwe, kuko batumva uburyo umuntu ushyira mu gaciro, ubona intambwe Abanyarwanda bagenda batera mu kwiyubaka, yihanukira agasebya ubuyobozi, agahamagarira n’abandi kubwigomekaho. Nyamara abikora abigambiriye ku kagambane n’ibitangazamakuru bimuha ijambo.

Ibi Kaminuza y’uRwanda yo yabibonye rugikubita, isezerera Karasira wari umwarimu wayo, kuko yari ifite impungenge ko azaroga urubyiruko yigishaga. Abasesengura ibyo Karasira avuga, bahamya ko akorana byeruye n’imitwe irwanya Igihugu, kuko amagambo ye sa neza neza n’ay’ abo muri RNC, ARC-Urunana, FDLR n’abandi birirwa baharabika uRwanda. Amakuru yizewe ahamya ko hari ibigarasha bikoresha Karasira, bikamwoherereza amafaranga, ari nayo bamutunze cyane cyane nyuma yo kwirukanwa muri UR. Hakibazwa rero igituma adahanwa kandi ibimenyetso Atari iby’ibura.

Ni gute umuntu atinyuka kuvuga ngo:”Abatutsi bishwe n’abandi Batutsi”, ntahanirwe iri pfobya rya Jenoside yakorewe Abatutsi? Itegekonshinga rya Repubulika y’uRwanda rishimangira ko “twiyemeje gukumira no guhana icyaha cya jenoside, kurandura burundu ingengabitekerezo ya jenoside n’ibyo igaragaramo byose….”.

Niba nka Ingabire Victoire yarafashwe agafungwa kubera gucamo Abanyarwanda ibice ndetse no gushaka kugirira nabi ubutegetsi, abantu bibaza impamvu Aimable Karasira ataryozwa amagambo mabi cyane adasiba kuvugira ku karubanda, nk’aya agoreka amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Kwihangana bibaho, kugirwa inama hagamijwe ko umuntu yakwikosora birashoboka, ariko haba na “nyirantarengwa”. Aimable Karasira n’abamukoresha barashogesha, ku buryo rwose twe tubona gukomeza kurebera ibyo akora ari ukorora ikibi.

2020-11-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urwishigishiye ararusoma: Amaganya ya Habimana Hamada wa CNRD-FLN aragaragaza ubujyahabi bishoyemo

Urwishigishiye ararusoma: Amaganya ya Habimana Hamada wa CNRD-FLN aragaragaza ubujyahabi bishoyemo

Ubwanditsi 11 Jun 2024
Ku bufatanye bwa Giants of Africa, Minisiteri ya Siporo na FERWABA hatashywe ikibuga gishya cya ENDP Karubanda

Ku bufatanye bwa Giants of Africa, Minisiteri ya Siporo na FERWABA hatashywe ikibuga gishya cya ENDP Karubanda

Ubwanditsi 28 May 2024
Nduhungirehe avuga ko ikibazo cya Kayumba Nyamwasa kitazigera kivugwaho mu biganiro na Afurika y’Epfo

Nduhungirehe avuga ko ikibazo cya Kayumba Nyamwasa kitazigera kivugwaho mu biganiro na Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 26 Nov 2018
Iminsi y’umugome iba ibaze! Umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukomeje gukubitwa inshuro no gutakaza abarwanyi umusubirizo

Iminsi y’umugome iba ibaze! Umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukomeje gukubitwa inshuro no gutakaza abarwanyi umusubirizo

Ubwanditsi 15 Oct 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abakivuga ko Paul Rusesabagina arengana barahomera iyonkeje, Bakubuswe n’inkuba ubwo yiyemereraga uruhare rwe mu gushing FLN, umutwe w’iterabwoba
Amakuru

Abakivuga ko Paul Rusesabagina arengana barahomera iyonkeje, Bakubuswe n’inkuba ubwo yiyemereraga uruhare rwe mu gushing FLN, umutwe w’iterabwoba

Ubwanditsi 26 Sep 2020
Mu gihugu cy’ ubugande Imyigaragambyo y’abadashaka Museveni imaze guhitana ubuzima bw’abarenga 16 basaba ko Umukandida wabo afungurwa
Amakuru

Mu gihugu cy’ ubugande Imyigaragambyo y’abadashaka Museveni imaze guhitana ubuzima bw’abarenga 16 basaba ko Umukandida wabo afungurwa

Ubwanditsi 20 Nov 2020
Min. W’Intebe W’u Buhinde, Narendra Modi Yunamiye Inzirakarengane Zishyinguye Mu Rwibutso Rwa Kigali
HIRYA NO HINO

Min. W’Intebe W’u Buhinde, Narendra Modi Yunamiye Inzirakarengane Zishyinguye Mu Rwibutso Rwa Kigali

Ubwanditsi 24 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru