• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umugore wa Muhoozi Kainerugaba na murumuna we, bakaba n’abakobwa ba Sam Kuteesa banyereje asaga miliyari 6,4 z’amashilingi ya Uganda

Umugore wa Muhoozi Kainerugaba na murumuna we, bakaba n’abakobwa ba Sam Kuteesa banyereje asaga miliyari 6,4 z’amashilingi ya Uganda

Ubwanditsi 07 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Raporo yashyizwe hanze na Minisiteri y’imari mu gihugu cya Uganda igaragaza ko amafaranga asaga miliyari 6,4 z’amashilingi ya Uganda yanyerejwe nyuma yaho ikigo cy’ubucuruzi cyanditse kuri Charlotte Kainerugaba na Ishta Muganga cyahawe amafaranga kugirango kigure imashini zifashishwa n’abarwayi mu guhumeka, ariko bikarangira bishyuwe imashini ntiziboneke. Aba bakobwa bombi ba Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wicyo gihugu cya Uganda ariwe Sam Kuteesa, umwe ni umugore w’umuhungu wa Perezida Museveni, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba.

Usibye abana babo, Perezida Museveni na Sam Kuteesa nabo bavuzwe cyane muri ruswa yaciye ibintu aho bari bahawe ibihumbi 500 na Chi Ping Patrick Ho kugirango abo bayobozi bazafashe sosiyeti yo mu bushinwa CEFC ChinaEnergy Company Limited kubona isoko muri icyo gihugu.

Tugarutse kuri Natasha n’umugore wa Muhoozi Kainerugaba, ntabwo ari abavandimwe n’abakobwa ba Kuteesa gusa, ahubwo basangiye na sosiyeti yitwa Silverbacks Pharmacy Ltd, icuruza imiti n’ibikoresho bikenerwa kwa muganga, bakaba barayishinze mu mwaka wa 2004.

Tariki ya 6 Gicurasi 2020, nibwo Silverbacks Pharmacy limited , yabonye isoko ryo kuzana imashini zifasha abarwayi guhumeka mu bitaro bya Mulago na Entebbe kubera icyorezo cya Covid19 baza kwishyurwa amafaranga yose ariko kugeza n’uyu munsi ntabikoresho biragemurwa nkuko byakozwe n’itsinda ry’abagenzuzi. Usibye no kuba izo mashini zitaragezwa mu bitaro, iryo tsinda kandi ryagaragaje impungenge kubera ibiciro biri hejuru cyane. Mu bihe byashize iyo sosiyete yari yagemuye imashini 13 kuri icyo giciro ariko ubu ikaba yagombaga kuzana imashini ebyiri gusa. Ibi biri kuba mu gihe abarwayi bakeneye imashini mu bitaro bya Mulago bamerewe nabi cyane.  Ibi byarakaje cyane abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda, aho umunyapolitiki Cyiza Besigye aho yavuzeko abakobwa ba Sam Kutesa bitwaje icyorezo cya Covid19 bakishyurwa amafaranga y’umurengera nta n’ibikoresho bazanye.

Besigye yagize ati “ Abizerwa muri NRM/M7 bungukiye muri covid 19, Abagande bahura n’ikibazo cy’ubuzima n’ubukungu, abanyeshuri baraheze mu rugo kuva muri Werurwe….abarimu benshi badahembwa kuva Guma mu Rugo yatangira, ishoramari rito ryarahagaze…”

Gen Kainerugaba akibona aya magambo yibasiye Kiiza Besigye amusaba gufasha umugore we hasi, Besigye yamushubije ko ibyo yagaragaje Atari ibye, ahubwo ari ukuri kuri muri raporo yatangajwe na Giverinoma ya Uganda.

2020-12-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Muri Uganda, nyuma yo gutahura inkingo za covid 19 zicuruzwa rwihishwa muri farumasi, ubu haravugwa ubucuruzi bw’imyanya y’imibiri y’abavugwa ko bishwe n’iyo ndwara.

Muri Uganda, nyuma yo gutahura inkingo za covid 19 zicuruzwa rwihishwa muri farumasi, ubu haravugwa ubucuruzi bw’imyanya y’imibiri y’abavugwa ko bishwe n’iyo ndwara.

Ubwanditsi 16 Jun 2021
Tumenye Gideon Rukundo Rugari n’impamvu yirirwa atuka u Rwanda ngo Museveni amufashe mu mugambi we wo kuba umudepite

Tumenye Gideon Rukundo Rugari n’impamvu yirirwa atuka u Rwanda ngo Museveni amufashe mu mugambi we wo kuba umudepite

Ubwanditsi 27 Sep 2019
Aba Pasiteri b’ADEPR bongeye gushimutirwa Uganda

Aba Pasiteri b’ADEPR bongeye gushimutirwa Uganda

Ubwanditsi 11 Feb 2020
Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho

Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho

Ubwanditsi 14 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwibuka24: RMC yasabye Abanyamakuru kuba maso bagakumira ibitekerezo bibiba urwango
Mu Rwanda

Kwibuka24: RMC yasabye Abanyamakuru kuba maso bagakumira ibitekerezo bibiba urwango

Ubwanditsi 07 Apr 2018
Abayobozi ba Polisi z’u Rwanda na Tanzaniya bahuye baganira ku mutekano w’ibihugu byombi
Mu Rwanda

Abayobozi ba Polisi z’u Rwanda na Tanzaniya bahuye baganira ku mutekano w’ibihugu byombi

Ubwanditsi 05 Mar 2017
Urutonde rw’Abadepite 80 bemejwe by’agateganyo
POLITIKI

Urutonde rw’Abadepite 80 bemejwe by’agateganyo

Ubwanditsi 06 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru