• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Intambara iratutumba hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’intebe Bunyoni

Intambara iratutumba hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’intebe Bunyoni

Editorial 16 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda yagize ati “Nta bihanga bibiri bitekerwa mu nkono imwe”. Kuri uyu munsi umwuka si mwiza hagati ya Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye na Minisitiri w’intebe ariko akaba ari ibintu bidatunguranye kuko n’ubundi Perezida Ndayishimiye yamushyizeho ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe kugirango abashe kumwiyegereza.

Mu Burundi, ntawe utaziko hari abayobozi bangana nubwo hari uwitwa Perezida hakaba na Minisitiri w’Intebe. Perezida Ndayishimiye ashyigikiwe n’ingabo naho Bunyoni agashyigikirwa na Polisi dore ko yabaye na Minisitiri w’umutekano ufite Polisi mu nshingano ze.

Abakurikiranira Politiki y’u Burundi hafi, barabona ko iri hangana hagati y’abagabo babiri rigejeje u Burundi aharindimuka nubwo n’ubundi butari buriho. Nubwo aba bagabo bombi bari muri CNDD FDD baratandukanye cyane kandi bose bararwanira ubutegetsi amaso bayahanze 2025. Bunyoni uzwiho kwigwiza umutungo, dore ko afite wenyine isoko ryo kwinjiza mu Burundi ifumbire igurwa na Leta n’abikorera, azwiho kubangamira cyane uburenganzira bwa muntu ndetse n’urukiko Mpanabyaha rwa La Haye rumukoraho iperereza naho Leta zunze ubumwe z’amerika zamushize ku rutonde rw’abatemerewe kwinjira muri icyo gihugu. Bunyoni kandi azwiho kwerekana umutungo we dore ko iyo yahaye umugore we impano, bihita bijya ku mbuga nkoranyambaga. Ibi byoyongera ku butagondwa bwe aho utari mu ishyaka CNDD FDD akwiye gupfa.

Perezida Ndayishimiye atandukanye na Bunyoni aho bavuga ko yumvikana kurusha Busnyoni ariko ntanafate ibyemezo. Kuva mu bwana bwe Ndayishimiye yitwa “Kirogorogo” kubera kuvuga ibyo abonye adatekereje. Gupingana hagati ya Ndayishimiye na Bunyoni byagaragaye cyane muri iyi minsi aho hari hateganyijwe inama nkuru ya CNDD kugirango haboneke uzasimbura Ndayishimiye ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru wiryo shyaka, ariko kuko batarumvikana ku izina ntabwo iyi nama iraba kugeza uyu munsi.

Ubwo yarahiraga nka Perezida, Ndayishimiye yavuzeko abayobozi bakuru bose muri za minisiteri bagomba gusimbuzwa ariko bikaba bitarashyirwa mu bikorwa kuko abazabasimbura ntibarumvikanwaho nabo bagabo amezi atanu arashize.

Mu minsi ishize, Perezida Ndayishimiye yatangaje ko abayobozi bakuru bose bagaragaza umutungo wabo naho wavuye, nyuma y’iminsi mike arigarura ati ntibarakunda neza kuko hari n’abamara icyumweru barondora imitungo yabo. Amakuru agera kuri Rushyashya nuko ari Bunyoni washyize igitutu kuri Ndayishimiye kuko ari mu baherwe u Burundi bufite muri iki gihe.

2020-12-16
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame azafungura ku mugaragaro Stade Amahoro hakimwa umukino uzahuza APR na Police

Perezida Kagame azafungura ku mugaragaro Stade Amahoro hakimwa umukino uzahuza APR na Police

Editorial 30 Jun 2024
Abaturage ba Ruheru muri Nyaruguru bati: Nibyo koko Imvugo ni yo ngiro

Abaturage ba Ruheru muri Nyaruguru bati: Nibyo koko Imvugo ni yo ngiro

Editorial 06 Aug 2018
Umunyamakuru Mugabe Robert yasubijwe muri gereza

Umunyamakuru Mugabe Robert yasubijwe muri gereza

Editorial 22 Nov 2018
Perezida Kagame umwe mu bakuru b’ibihugu bitabira kuri uyu wa Kabiri, irahira rya Kenyatta

Perezida Kagame umwe mu bakuru b’ibihugu bitabira kuri uyu wa Kabiri, irahira rya Kenyatta

Editorial 27 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yafashe umwanya wa kabiri nyuma yo gutsinda Espoir FC yahise inamanuka mu kiciro cya kabiri
Amakuru

Rayon Sports yafashe umwanya wa kabiri nyuma yo gutsinda Espoir FC yahise inamanuka mu kiciro cya kabiri

Editorial 01 May 2023
Kigali: Umugabo wari wambaye imyenda ya gisirikare yarashwe akekwaho kwiba imashini zizwi nk’ibiryabarezi
Mu Rwanda

Kigali: Umugabo wari wambaye imyenda ya gisirikare yarashwe akekwaho kwiba imashini zizwi nk’ibiryabarezi

Editorial 21 Mar 2019
Perezida Paul Kagame yakiriye intumwa zavuye muri Amerika, nyuma y’iminsi mike Hakiriwe Uhagarariye iki gihugu mu Rwanda
Amakuru

Perezida Paul Kagame yakiriye intumwa zavuye muri Amerika, nyuma y’iminsi mike Hakiriwe Uhagarariye iki gihugu mu Rwanda

Editorial 10 Oct 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru