• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ibitangazamakuru byo mu burengerazuba bw’isi byibanda ku ifungwa rya Rusesabagina Paul kuruta ibikorwa by’iterabwoba byahitanye Abanyarwanda bikozwe n’Umutwe w’ingabo ze

Ibitangazamakuru byo mu burengerazuba bw’isi byibanda ku ifungwa rya Rusesabagina Paul kuruta ibikorwa by’iterabwoba byahitanye Abanyarwanda bikozwe n’Umutwe w’ingabo ze

Editorial 02 Mar 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Ikinyamakuru New York Times giherutse gusohora inkuru ifite umutwe ugira uti, ” Rwanda Official Admits Legal Violations in ‘Hotel Rwanda’ Case” ni imwe mu nkuru nk’iyi igerageza guteza inkubi y’umuyaga urimo inkuba ugamije kuryanisha no gusiga icyasha k’ubutabera bw’u Rwanda kandi ikerekeza ibitekerezo ku bibazo nyabyo biri mu rubanza rw’iterabwoba ruregwamo Paul Rusesabagina. Iyi nkuru igamije kwerekana ko Rusesabagina yatawe muri yombi ashinjwa “ibinyoma” . Nkuko Rusesabagina yabajije ibibazo byinshi nk’umuyobozi w’umutwe wa politiki Rwanda Movement for Change Change (MRCD) wari ufite umutwe witwaje intwaro uzwi ku izina rya National Liberation Force (FLN) wahitanye abantu 9 ukomeretsa abandi benshi bategwaga mu mayira ndetse n’ibitero bya hato na hato, ibitangazamakuru byinshi byo muburengerazuba byirengagije izi nkuru nta nubwo binabigarukaho nyamara bifitiwe ibimenyetso.

Ikinyamakuru New York Times ndetse n’ibindi bitangazamakuru byo mu burengerazuba ntibishaka kumenya amakuru aturuka muri CIA no mu nzego z’ubutasi z’Ububiligi ku byo bazi kandi basangije n’abayobozi b’u Rwanda ku bikorwa bya Rusesabagina mbere gato yuko atabwa muri yombi! Bafite amakuru ku ruhare rw’iterabwoba rwa Rusesabagina ariko ntibashobora kumuhindukirira byibura ngo bagaragaze ibikorwa bye bibi.

Ibitangazamakuru byo mu burengerazuba byahisemo guceceka biraruca birarumira ku buhamya bw’abahohotewe n’ibitero bya FLN, hamwe n’ibimenyetso byose byatanzwe n’uwashinjwaga na Rusesabagina ari we nkingi ye ya mwamba Callixte Nsabimana, uzwi ku izina rya Sankara wanamushinje byinshi mubyo baziranyeho bahemukiyeho abanyarwanda, u Rwanda nk’igihugu gifite inshingano zo guta muri yombi umuntu ukekwaho iterabwoba wagize uruhare mu kwica abaturage b’inzirakarengane barwo, bisobanura ko umuntu ahohoteye abanyarwanda yarangiza ntakurikirane iyo Leta ntacyo yaba imariye abanyarwanda ishinzwe,byumvikane ko u Rwanda rwakoreye inyungu z’abenegihugu.

Abanyamakuru bo mu Burengerazuba ndetse n’abitwa ko baharanira uburenganzira bwa muntu nabo bakomeje gutsimbarara ku kubona Rusesabagina mu ndorerwamo ya Hollywood yakoze ‘imugira intwari’ nyamara ari ikibiribiri, bakamufata nk’uwahawe ibihembo byinshi birimo umudari wa Perezida wa Leta zunze Ubumwe z’Amerika; nkaho ibi bimuha ubudahangarwa bwo gukora ibyaha. Ntabwo ari we wa mbere wahawe umudari wa Perezida kabone ko utanamuha ubudahangarwa bwo kwigira akari aha kajyahe ngo ahemukire Abanyarwanda birangirire aho. Twibuke ko Bill Cosby ari umwe mu bahamwe n’icyaha muri 2018 kubera kurenga ku mategeko y’Amerika.

Hano hari ibibazo by’ingirakamaro itangazamakuru ry’iburengerazuba ryanga nkana kuganiraho kugirango riyobore urubanza rw’ukuri imbere ya Rusesabagina.

Ikibazo cya 1: Rusesabagina yaba yarashinze umutwe wa politiki witwa MRCD?
Ikibazo cya 2: Ese umutwe wa politiki wa Rusesabagina wari ufite umutwe w’iterabwoba witwaje intwaro uzwi ku izina rya FLN wibasiye kandi wica abantu mu Rwanda mu majyepfo ashyira Uburengerazuba muri 2018?

Ikibazo cya 3: Rusesabagina yaba yaratangaje k’umugaragaro ko azakoresha uburyo ubwo aribwo bwose bwarwanya leta y’u Rwanda?

Ikibazo cya 4: Ese ibikorwa bya Rusesabagina byo gushinga umutwe w’iterabwoba birenga ku mategeko y’u Rwanda n’amategeko mpuzamahanga k’uburyo ari ibyaha ndengamipaka?

Ntibikwiye ko Paul Rusesabagina yicara munsi y’umutaka wa Filime ndemekanyo ya “HOTEL RWANDA” yamara kumugira ikimenywanabose agasheyekerwa akumva ko yakora akanategura ibikorwa bihemukira Abanyarwanda bibabuza umudendezo akumva yagira amahoro, ntibibaho abayobozi barwo ntibamuha agahenge, n’ubwo yajya mu mwobo bamutuma ifuku

Kureshya abakekwaho iterabwoba bakarohwa mu mutego: Dusanishe Rusesabagina na Yunis Fawas

U Rwanda rwasobanuye inshuro nyinshi uburyo Rusesabagina yageze mu Rwanda. Yashutswe akanagwa mu kamashu nk’umutego kandi ibyo ntabwo bivuze ko habayeho kuzanwa ku gahato cyangwa gushimutwa nk’uko bivugwa n’ibihugu by’uburengerazuba bw’isi. Nta rubanza rwo guhimbahimba Rusesabagina agombe ahure n’ubutabera bumubaze ibyo yakoze.

Mu mwaka w’1987, Yunis Fawas, Umunyalibani ubwo yari mu bwato yashutswe na FBI mu mazi mpuzamahanga yo ku nkombe za Kupuro mu gikorwa cyiswe “Operation Goldenrod,” asezeranywa ko azacuruza ibiyobyabwenge. Yarafashwe ajyanwa mu kigo cy’ingabo zirwanira mu kirere cya Andrews nyuma aza gukatirwa igifungo cy’imyaka 30 azira kuba yarayoboye ishimutwa ry’indege y’umwami wa Yorodani i Beirut mu 1985. Niba gushuka ukekwaho iterabwoba mu mutego byarabaye muri Amerika, kuki byafatwa mu Rwanda nko gushimuta iyo bikozwe n’ikindi gihugu?

Tugereranye Paul Rusesabagina na Osama bin Laden

U Rwanda rwakiriye neza Paul Rusesabagina kandi ntabwo yigeze akorerwa iyicarubozo. Umuryango uvuga ko yakorewe iyicarubozo kandi ko nta miti afite ni ibihimbano bidafite ishingiro byo gukurura impuhwe no guharabika u Rwanda mu maso y’abatarurimo kuko utaragera ibwami abeshywa byinshi, kabone n’ubwo ibinyoma byavugurujwe n’umwunganira.

Twibutse neza ko ku ya 2 Gicurasi 2011, Osama bin Laden yiciwe muri Pakisitani, muri make uwari Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Barack Obama, yagejeje ijambo ku banyagihugu agira ati: “Iri joro, nshobora kugeza ku Banyamerika ndetse no ku isi ko Amerika yakoze igikorwa cy’indashyikirwa cyahitanye Osama bin Laden, umuyobozi wa Al Qaeda, n’umuterabwoba wahuzaga ibikorwa byayo byose. kubera iyicwa ry’ibihumbi by’inzirakarengane birimo abagore n’abana.

Itangazamakuru ry’iburengerazuba na babandi bavuga ko bashinzwe uburenganzira bwa muntu ntabwo bigeze bavuga ijwi rimwe mbese ngo rikopfore namba cyangwa ngo rijye impaka niba ubwo bwicanyi bunyuranyije n’amategeko mpuzamahanga, ahubwio bwakomye amashyi.

Ibyaha Bin Laden yakoze ni bimwe neza n’ibyo Rusesabagina aregwa. Ndabaza niba itandukaniro riri mu mibare y’abantu bishwe cyangwa inkomoko n’ibara ry’uruhu rw’abantu bishwe. Iyo abasenateri b’Abanyamerika cyangwa abadepite bo mu muryango w’ubumwe bw’ibihugu by’Uburayi bandikiye u Rwanda ko Rusesabagina uri imbere y’inkiko kugira ngo asubize ibirego by’iterabwoba agomba kurekurwa nta rubanza, sinabura gusobanukirwa aho amahame atandukaniye akurikizwa aturuka hehe? ikigaragara ni uko ibitero bye byasize abapfakazi n’imfubyi bakeneye ubutabera. Gusa urusaku rw’itangazamakuru n’abandi bahezanguni badashyira mu gaciro mu mahanga bagakwiye kumva ko ari nka rumwe rutabuza umuvomyi kuvoma

Ubwicanyi muri Amerika no gushimuta abakekwaho iterabwoba

Kuwa 3 Mutarama 2020, ibitero by’indege by’Amerika ku kibuga cy’indege cya Bagdad byahitanye Jenerali Irani Qasem Soleimani kandi ntibyafashwe nk’ihohoterwa ry’uburenganzira bwa muntu ntibyigeze bivugwa mu bitangazamakuru byo mu burengerazuba cyangwa ngo ryamaganwe n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu. Guceceka byasobanuraga ngo ‘Byari byiza kuko Amerika yamufataga nk’iterabwoba kandi ibangamiye umutekano w’abaturage babo ndetse n’igihugu cyabo.’

Twongere tumenye Osama Moustafa Hassan Nasr, uzwi kandi ku izina rya Abu Omar, washimuswe na CIA i Milan- Ubutaliyani mu 2003.

Muri Gashyantare 2003, Omar Moustafa Hassan yashimuswe mu mihanda ya Milan ho m’Ubutaliyani, ajyanwa ku kibuga cy’indege cya Amerika ahitwa Aviano hafi ya Venice, yimurirwa mu Budage arangiriza iubihano mu kasho azize iyicarubozo mu Misiri. Abanyamerika 23 bahamwe n’icyaha cyo gushimuta mu Butaliyani, rukaba rwari urubanza rwa mbere ku isi rurimo gahunda za CIA yo gushimuta abakekwaho iterabwoba. ‘Byari byiza gushimuta igihe cyose ukekwaho icyaha afatwa nk’iterabwoba kandi ko ari akaga ku Banyamerika ndetse n’igihugu cyabo.’ Aka ni agace gato ku bindi bitavuzwe.

2021-03-02
Editorial

IZINDI NKURU

FERWACY yatangaje urutonde rw’abamaze kumenyekana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi yo muri Mata 1994.

FERWACY yatangaje urutonde rw’abamaze kumenyekana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi yo muri Mata 1994.

Editorial 13 Apr 2021
“U Rwanda ntirukwiye guhakwa n’umugaragu n’amateka” – Senateri Destexhe

“U Rwanda ntirukwiye guhakwa n’umugaragu n’amateka” – Senateri Destexhe

Editorial 20 Feb 2025
Amavu N’amavuko Y’ibibazo U Burundi Burimo N’uruhare Rwa Museveni

Amavu N’amavuko Y’ibibazo U Burundi Burimo N’uruhare Rwa Museveni

Editorial 10 Dec 2018
Kongera imbaraga mu mubano w’u Rwanda na Côte d’Ivoire kimwe mubyaganiriweho hagati ya  Perezida Kagame na Alassane Ouattara

Kongera imbaraga mu mubano w’u Rwanda na Côte d’Ivoire kimwe mubyaganiriweho hagati ya Perezida Kagame na Alassane Ouattara

Editorial 27 Apr 2018
FERWACY yatangaje urutonde rw’abamaze kumenyekana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi yo muri Mata 1994.

FERWACY yatangaje urutonde rw’abamaze kumenyekana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi yo muri Mata 1994.

Editorial 13 Apr 2021
“U Rwanda ntirukwiye guhakwa n’umugaragu n’amateka” – Senateri Destexhe

“U Rwanda ntirukwiye guhakwa n’umugaragu n’amateka” – Senateri Destexhe

Editorial 20 Feb 2025
Amavu N’amavuko Y’ibibazo U Burundi Burimo N’uruhare Rwa Museveni

Amavu N’amavuko Y’ibibazo U Burundi Burimo N’uruhare Rwa Museveni

Editorial 10 Dec 2018
Kongera imbaraga mu mubano w’u Rwanda na Côte d’Ivoire kimwe mubyaganiriweho hagati ya  Perezida Kagame na Alassane Ouattara

Kongera imbaraga mu mubano w’u Rwanda na Côte d’Ivoire kimwe mubyaganiriweho hagati ya Perezida Kagame na Alassane Ouattara

Editorial 27 Apr 2018
FERWACY yatangaje urutonde rw’abamaze kumenyekana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi yo muri Mata 1994.

FERWACY yatangaje urutonde rw’abamaze kumenyekana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi yo muri Mata 1994.

Editorial 13 Apr 2021
“U Rwanda ntirukwiye guhakwa n’umugaragu n’amateka” – Senateri Destexhe

“U Rwanda ntirukwiye guhakwa n’umugaragu n’amateka” – Senateri Destexhe

Editorial 20 Feb 2025
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru