• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ubucuruzi bwa Tribert Rujugiro Ayabatwa butubahirije amategeko ndetse bukoreshwa no mubikorwa by’iterabwoba bwashyizwe ku karubanda

Ubucuruzi bwa Tribert Rujugiro Ayabatwa butubahirije amategeko ndetse bukoreshwa no mubikorwa by’iterabwoba bwashyizwe ku karubanda

Ubwanditsi 17 Apr 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Tribert Rujugiro Ayabatwa, umucuruzi w’umunyarwanda wahunze akaba m’umutwe w’iterabwoba wa RNC uhora mu bikorwa bihungabanya umutekano w’u Rwanda, yagaragaye muri raporo nshya igaragaza uburyo ubucuruzi butemewe muri Afurika y’iburasirazuba butera inkunga ubuhezanguni, bugatera inkunga ibikorwa by’ubugizi bwa nabi budasize na Ruswa.

RNC iyobowe na Kayumba Nyamwasa ubarizwa muri Afurika y’Epfo, ni umutwe w’iterabwoba wari inyuma y’ibitero bya grenade byahitanye abantu mu murwa mukuru w’u Rwanda, Kigali, hagati ya 2010 na 2013. Rujugiro, umucuruzi utarishuraga imisoro uko bikwiye, yavuye mu Rwanda mu 2010 nyuma y’ibibazo bitandukanye harimo kutishyura imisoro ndetse adasize na za ruswa.

Rujugiro kandi aravugwaho mu kwihisha inyuma y’ibikorwa bitemewe birimo no gucuruza ibiyobyabwenge bidasigana n’Itabi ahinga, mu karere, “Iyi raporo ikaba yaragarutse ku iIsano riri hagati y’ubutagondwa n’ubucuruzi butemewe muri Afurika y’iburasirazuba.
Raporo ivuga ko ku isi hose, imitwe y’intagondwa zifite kandi zikomeje kungukira mu bucuruzi butemewe burimo n’ibiyobyabwenge. Raporo ivuga ko iyo shusho igaragara no muri Afurika y’Iburasirazuba no mu turere tuyikikije, aho wasangaga itabi ritemewe ritera inkunga imitwe y’inyeshyamba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC), ari nako ibikorwa bya ruswa mu karere kose ikomeje kuzamuka.

Rujugiro asanzwe azwiho icyaha cyo kunyereza imisoro akaba yaranagejejwe imbere y’urukiko rwo muri Afurika y’Epfo mu mwaka wa 2009, ashinjwa kandi “gutera inkunga imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda.” Muri Uganda, Rujugiro ni nyir’uruganda rukora itabi hamwe akaba afatanyije na murumuna wa Perezida Yoweri Museveni, Caleb Akandwanaho uzwi nka Salim Saleh, wahawe imigabane ingana na 15% muri sosiyete kandi yemera kurinda umutungo wa Rujugiro muri Uganda.
Muri Afurika y’Iburasirazuba, itabi ritemewe ritwara leta miliyoni 100 z’amadolari y’imisoro buri mwaka. Isosiyete ya Rujugiro muri Uganda igamije kwimika RNC ngo iganze mu bugande, mu ntego zabo zo guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Mu mwaka w’Ukuboza 2018 raporo y’umuryango w’abibumbye igaragaza Rujugiro na P5, RNC na FDLR ikanerekano isano rya hafi hagati ya Rujugiro n’ubutegetsi bwo muri Uganda no mu Burundi

RNC isanzwe ari umutwe w’iterabwoba ufite ibirindiro muri Kongo na Uganda, washinzwe n’abatavuga rumwe n’u Rwanda mu mwaka wa 2010 kugira ngo bahirike burundu guverinoma y’u Rwanda yashyizweho n’abaturage. Mu mwaka wa 2012, Mastermind Tobacco Kenya yatanze ikirego kirega Leaf Tobacco and Commodities (LTC), ishami rya PTG, ishinja isosiyete ya Rujugiro kuba yariganye ikirango cyayo cyamamaza Supermatch, kandi ikagurisha iryo tabi ku giciro gihendutse ku isoko rya Kenya.

Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda ukomeje kuzamba guhera 2017 nyuma yahoo bigaragariye ko Uganda ifasha imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda. Uganda ikomeje gushyigikira iyinjizwa ry’abarwanyi cyane cyane mu gufata Abanyarwanda berekeza muri Uganda no kubahatira kujya mu mitwe yitwaje intwaro ugamije guteza intambara mu Rwanda.

Iyi Raporo irasaba kandi ko hajyaho ingamba zubahiriza amategeko hagamijwe gukumira ubucuruzi butemewe no gufata ababukoze itibagiwe gushyiraho uburyo bwo kugenzura kugirango hubahirizwe amabwiriza agenga inganda n’isoko kugirango hirindwe umusaruro n’ikwirakwizwa ry’ibicuruzwa bitemewe.

2021-04-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko umukungugu mu muhanda wa Ndera uteye ubwoba cyane

Uko umukungugu mu muhanda wa Ndera uteye ubwoba cyane

Ubwanditsi 01 Jun 2016
Perezida Trump arifuza inkunga y’u Rwanda mu kuvugurura Umuryango w’Abibumbye

Perezida Trump arifuza inkunga y’u Rwanda mu kuvugurura Umuryango w’Abibumbye

Ubwanditsi 03 Sep 2017
Ku munsi wa Kabiri wa Shampiyona 2021-2022, ikipe ya AS Kigali yatsinze Kiyovu SC 4-0, yuzuza ibitego bitandatu itsinze itaratsindwa na kimwe

Ku munsi wa Kabiri wa Shampiyona 2021-2022, ikipe ya AS Kigali yatsinze Kiyovu SC 4-0, yuzuza ibitego bitandatu itsinze itaratsindwa na kimwe

Ubwanditsi 03 Nov 2021
Rayon Sports itsinze Mukura VS, APR FC igwa miswi na Kiyovu SC mu mikino ya 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro

Rayon Sports itsinze Mukura VS, APR FC igwa miswi na Kiyovu SC mu mikino ya 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 10 May 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikinyoma : Abanzi b’u Rwanda babiri ANJAN  na NATHALIE banditse Igitabo : INKURU MBI; ABANYAMAKURU BANYUMA MU GIHUGU CY’IGITUGU
ITOHOZA

Ikinyoma : Abanzi b’u Rwanda babiri ANJAN na NATHALIE banditse Igitabo : INKURU MBI; ABANYAMAKURU BANYUMA MU GIHUGU CY’IGITUGU

Ubwanditsi 05 Jan 2016
Umukuru w’Ingabo za Kongo Lt Gen. Tshiwewe yabonanye n’abayobozi b’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR ngo bategure igitero simusiga kuri M23
Amakuru

Umukuru w’Ingabo za Kongo Lt Gen. Tshiwewe yabonanye n’abayobozi b’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR ngo bategure igitero simusiga kuri M23

Ubwanditsi 16 Jan 2023
Nyagatare:Pasiteri ari mu maboko ya polisi akekwaho gutera umwana w’umukobwa inda
Mu Mahanga

Nyagatare:Pasiteri ari mu maboko ya polisi akekwaho gutera umwana w’umukobwa inda

Ubwanditsi 04 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru