• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu mukino wabonetsemo ibitego 6, Police FC yatsinze Kiyovu SC naho APR FC yakinaga umukino wa mbere wa gicuti itsinda Rutsiro FC.

Mu mukino wabonetsemo ibitego 6, Police FC yatsinze Kiyovu SC naho APR FC yakinaga umukino wa mbere wa gicuti itsinda Rutsiro FC.

Ubwanditsi 23 Apr 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Mu rwego rwo kwitegura isubukurwa rya shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda mu mwaka w’imikino wa 2020-2021, amakipe atandukanye akomeje gukina imikino ya gicuti, kuri uyu wa kane tariki ya 22 Mata 2021 ikipe ya Kiyovu SC yari yakiriye ikipe ya Polic FC naho kuri Sitade Amahoro ikipe ya APR FC yakira Rutsiro FC.

Mu mukino wabereye kuri Sitade ya Mumena i Nyamirambo, ikipe ya Kiyovu SC yari yakiriye ikipe ya Police FC maze ikipe y’urucaca ihatsindirwa ibitego 4-2, ku ruhande rwa Police FC ni ibitego byatsinzwe na Sibomana Patrick Pappy, Ndayishimiye Antoine Dominique, Twizerimana Martin Fabrice na Munyakazi Youssuf Lule mu gihe ku ruhande rwa Kiyovu yo yatsindiwe na Ngendahimana Eric ndetse na Ishimwe Kevin.

Muri uyu mukino ikipe ya Police niyo yatangiye neza by’umwihariko mu gice cya mbere kuko ubwo hari ku munota wa 37 w’umukino rutahizamu Nshuti Savio yahaye umupira mwiza Sibomana Patrick, nawe ahita awushyira mu rushundura neza, iki gitego cyakurikiwe n’icyatsinzwe ku munota wa 40 aho abakinnyi ba Police FC bavuye inyuma bahererekanya neza baha Dominique ahita atsinda igitego cya kabiri.

Mbere y’uko amakipe ajya ku ruhuka Police FC yatsinze ikindi gitego cya gatatu ubwo hari ku munota wa 43 w’umukino, ni igitego cyatsinzwe n’umukinnyi wo hagati mu kibuga Twizerimana Martin Fabrice wahoze akinira Kiyovu SC ayibonera igitego cyatandukanyije impande zombi z’igice cya mbere.

Amakipe avuye ku ruhuka, ikipe ya Kiyovu SC yari yakiriye uyu mukino niyo yatangiye neza kuko ubwo hari ku munota wa 64 w’umukino nibwo abakinnyi b’inyuma ba Police FC bakoreye ikosa kuri rutahizamu Saba Robert, iri kosa ryakorewe mu rubuga rw’amahina ryahaye Penaliti Kiyovu maze Ishimwe Kevin uheruka kwinjira muri iyi kipe avuye muri APR FC atsinda iyo penaliti neza.

Nyuma y’iminota itatu gusa batsinze icyo gitego ubwo hari ku munota wa 67, umukinnyi wo hagati mu kibuga ku ruhande rwa Kiyovu Sport Ngendahimana Eric uzwi nka Gasongo wanahoze akinira ikipe ya Police FC yatsindiye Kiyovu igitego cya kabiri ubwo hari ku mupira ahawe na Serumogo Ally.

Ikipe ya Police FC yabonye igitego cya kane cyatsinzwe na Munyakazi Youssuf uzwi nka Lule, hari ku munota wa 81 w’umukino ubwo rutahizamu Mico Justin yakorewe ikosa na myugariro Mbogo Ally mu rubuga rw’amahina, umusifuzi yemeza ko ari penaliti maze Lule ayinjiza neza bityo binarangira umukino ari ibitego 4 bya Police FC kuri 2 bya Kiyovu SC.

Mu wundi mukino wabereye kuri sitade Amahoro I Remera APR FC yari yakiriye ikipe ya Rutsiro FC, ni umukino warangiye ikipe y’ingabo z’igihugu itsinze igitego kimwe ku busa.

Muri uyu umukino umutoza wa APR FC Mohammed Adil yari wahisemo gukinisha amakipe abiri atandukanye, warangiye ikipe ya APR FC itsinze igitego kimwe ku busa ni igitego cyatsinzwe ku munota wa 32′ gitsinzwe na Ruboneka Jean Bosco wari wabanje mu kibuga kuri uyu mukino.

Usibye uyu mukino, APR FC irateganya gukina indi mikino ibiri ya gicuti mbere y’uko shampiyona itangira, aho iteganya gukina na Marines FC ku cyumweru tariki ya 25 Mata 2021 ndetse bakazakina na Mukura VS mu cyumweru gitaha.

Usibye iyi mikino yaraye ibaye, mu mpera z’iki cyumweru hateganyijwe umukino uzahuza ikipe ya Kiyovu SC izakira ikipe ya Mukura Victory Sport ndetse kandi ikipe ya Rayon Sports ikazakira ikipe ya Police FC.

2021-04-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan

Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan

RUSHYASHYA 22 Jun 2026
IBUKA France yamaganye gushyingura Zigiranyirazo mu Bufaransa

IBUKA France yamaganye gushyingura Zigiranyirazo mu Bufaransa

Ubwanditsi 25 Aug 2025
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa LONI muri Sudan y’Amajyepfo zatabaye abakozi 20 ba LONI bari bari batewe n’inyeshyamba zikabacucura ibyo bafite byose

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa LONI muri Sudan y’Amajyepfo zatabaye abakozi 20 ba LONI bari bari batewe n’inyeshyamba zikabacucura ibyo bafite byose

Ubwanditsi 21 Apr 2021
Kwinjira ku mukino wa Kiyovu SC na Rayon Sports ni ibihumbi 50 Frw mu myanya y’icyubahiro n’amafaranga ibihumbi bitanu ahasanzwe

Kwinjira ku mukino wa Kiyovu SC na Rayon Sports ni ibihumbi 50 Frw mu myanya y’icyubahiro n’amafaranga ibihumbi bitanu ahasanzwe

Ubwanditsi 09 Nov 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu bahitanywe n’impanuka ya Ethiopian Airlines harimo Umunyarwanda umwe
HIRYA NO HINO

Mu bahitanywe n’impanuka ya Ethiopian Airlines harimo Umunyarwanda umwe

Ubwanditsi 10 Mar 2019
U Rwanda ni igihugu cy’icyitegererezo n’ishema by’Afurika
Mu Rwanda

U Rwanda ni igihugu cy’icyitegererezo n’ishema by’Afurika

Ubwanditsi 28 Aug 2017
AMAFOTO – APR FC idafite abakinnyi bari mu ikipe y’igihugu yasubukuye imyitozo yitegura umukino wa Musanze FC
Amakuru

AMAFOTO – APR FC idafite abakinnyi bari mu ikipe y’igihugu yasubukuye imyitozo yitegura umukino wa Musanze FC

Ubwanditsi 17 Nov 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru