• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Ubwanditsi 31 Aug 2021 Amakuru, HIRYA NO HINO, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Nyuma yo kuzenguruka inkiko zose asaba ko atashyikirizwa ubutabera ngo aburanishwe ku byaha bikomeye birimo uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuri uyu wa mbere tariki ya 30 Kanama 2021, Urukiko rw’ Ubujurire rw’I Paris mu Bufaransa narwo rwashimangiye icyemezo cyari cyarafashwe n’izindi nkiko, maze rwemeza ko urubanza rwa Agatha Kanziga wahoze ari umugore wa Yuvenali Habyarimana rugomba kubaho.

Iyi nkuru yashegeshe cyane abajenosideri n’ababashyigikiye, kuko batangiye kubona ko amaherezo ubutabera buzakora akazi kabwo, umugizi wa nabi akagaragara, umwere nawe akajya ahabona.

Ibi bije bikurikira isezerano Perezida Emmanuel Macron w’Ubufaransa yahaye isi yose ubwo yasuraga u Rwanda muri Gicurasi uyu mwaka, akavuga ko igihe kigeze ngo umuntu wese ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ashyikirizwe inkiko.

Agatha Kanziga w’imyaka 78 y’amavuko, ni umwe mu Banyarwanda bamaze imyaka bidegembya mu Bufaransa kandi Leta y’uRwanda yaramaze gutanga impapuro zisaba kubata muri yombi. Yageze mu Bufaransa mu mwaka w’1998. Nubwo Ubufaransa bwirinze kumuha ubuhungiro mu buryo bweruye, ntibwanamuburanishije cyangwa ngo bumwohereze kuburanira mu Rwanda, ahabereye ibyaha akekwaho.

Abatangabuhamya, abashakashatsi,abanyamategeko n’abandi bakurikiraniye hafi amateka y’uRwanda, bavuga ko Agatha Kanziga yari mu “kazu” kateguye kakanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi. Ibi byanatumye Impuzamashyirahamwe y’Imiryango Iharanira Inyungu z’abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, CPC itanga ikirego muw’2008, ariko Agatha Kanziga akomeza gutaratamba, asaba ko urubanza rwe rutabaho. Yakomeje gukingirwa ikibaba  cyane cyane n’abahoze mu butegetsi bw’Ubufaransa,nabo ubwabo bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Urukiko rw’Ubujurire rwanze kwakira icyifuzo cya Agatha Kanziga cyo kuvanaho urubanza rwe, ariko ntihahise hatangazwa igihe ruzabera n’aho ruzabera.

Uretse Agatha Kanziga, mu Bufaransa hariyo abandi ba ruharwa nka Laurent Bucyibaruta wamarishije Abatutsi mu yahoze ari Perefegitura ya Gikongoro yategekaga, Padiri Wenceslas Munyeshyaka wamamaye mu kwica Abatutsi no gusambanya abagore ku ngufu byakorewe kuri Kiliziya ya Sainte Famiye mu Mujyi wa Kigali, Col Laurent Serubuga nawe wari igikomerezwa mu bateguye bakanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, Gen Aloys Ntiwiragabo n’abandi benshi bari ku rutonde rw’abo Ubutabera bw’uRwanda budasiba gusaba ko bashyikirizwa inkiko.Barushya iminsi bagira, amaherezo bazasobanura iby’ubugome bwabo, kuko amaraso arasama.

2021-08-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Intwaro zafashwe n’inzego zo muri Kenya zari zigiye muri Uganda mu kurwanya abatavuga rumwe na Museveni no gufasha RNC

Intwaro zafashwe n’inzego zo muri Kenya zari zigiye muri Uganda mu kurwanya abatavuga rumwe na Museveni no gufasha RNC

Ubwanditsi 25 Nov 2020
RIB yerekanye Cpt.Nsengimana Herman wa FLN watawe muri yombi mu bitero bya FARDC

RIB yerekanye Cpt.Nsengimana Herman wa FLN watawe muri yombi mu bitero bya FARDC

Ubwanditsi 17 Jan 2020
Amafoto – Perezida Paul Kagame n’umuyobozi wa CAF mu banyacyubahiro bitabiriye isozwa rya BAL 2023

Amafoto – Perezida Paul Kagame n’umuyobozi wa CAF mu banyacyubahiro bitabiriye isozwa rya BAL 2023

Ubwanditsi 28 May 2023
Romeo Dallaire wayoboraga MINUAR mu gihe cya Jenoside yakiriwe na Gen Kabarere

Romeo Dallaire wayoboraga MINUAR mu gihe cya Jenoside yakiriwe na Gen Kabarere

Ubwanditsi 13 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Cristiano yongeye kwandika amateka mu mikino ya Euro ubwo yafashaga Portugal kugera muri 1/8, uko amakipe azahura.
Amakuru

Cristiano yongeye kwandika amateka mu mikino ya Euro ubwo yafashaga Portugal kugera muri 1/8, uko amakipe azahura.

Ubwanditsi 24 Jun 2021
Polisi y’u Rwanda yafashe abantu 10 kubera gucuruza amahembe y’inzovu
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yafashe abantu 10 kubera gucuruza amahembe y’inzovu

Ubwanditsi 20 Aug 2016
Abanyerondo bo mu karere ka Kicukiro baburijemo umugambi wo kwiba.
Mu Mahanga

Abanyerondo bo mu karere ka Kicukiro baburijemo umugambi wo kwiba.

Ubwanditsi 10 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru