• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, yamaganye umukozi mukuru muri Perezidansi ya Uganda watutse Perezida w’u Rwanda

Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, yamaganye umukozi mukuru muri Perezidansi ya Uganda watutse Perezida w’u Rwanda

Editorial 07 Sep 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Abinyujije ku rubuga rwe rwa twitter, Ambasaderi Ayebare Adonia
uhagarariye Uganda mu Muryango w’Abibumbye, yamaganye
ikinyabupfura gike cy’uwitwa Duncan ABIGABA uherutse kwifatira ku
gahanga Perezida w’uRwanda, Paul Kagame.

Uyu Duncan Abigaba ni umukozi mukuru mu biro bya Perezida Yoweri
Museveni, Ambasaderi Ayebare rero yamwibukije ko umuntu ufite
umwanya ukomeye muri Leta atagombye gutuka Perezida w’ikindi
gihugu, kuko bishobora kwitirirwa iyo Leta yose, bigatuma umubano
hagati y’ibihugu byombi urushaho kuba mubi.
Duncan Abigaba ni umuhezanguni ukunze kwikoma u Rwanda
n’abayobozi barwo. Yumvikanye kenshi mu magambo n’ibikorwa
bishyushya umutwe, aho gutanga ibitekerezo byatuma umubano hagati
y’uRwanda na Uganda uzanzamuka.

Abantu benshi cyane banyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga
bushima Ambasaderi Adonia Ayebare watinyutse kunenga bamwe mu
banyapolitiki bo mu gihugu cye barengera, bakigira intyoza mu bitutsi
bidafite icyo byakemura mu bwumvikane buke hagati ya Uganda
n’uRwanda.

Bavuze ko igikwiye ari ukubahana, abanyapolitiki ndetse
n’abaturage bagatanga inama n’ibitekerezo bigamije kubanisha neza
ibihugu byombi. Muri uwo butumwa ku mbuga nkoranyambaga
z’abantu banyuranye kandi, uwitwa Ofwono Opondo, Umuvugizi wa
Guverinoma ya Uganda, nawe yasabwe kongera ikinyabupfura
n’ubushishozi mu byo atangaza ku Rwanda, akareka gukomeza kubiba
urwango no gukwiza ibinyoma.
Mu kiganiro Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagiranye
n’abanyamakuru ndetse n’abaturage ku cyumweru gishize, yavuze ko
nta muturage wa Uganda uzahohotererwa mu Rwanda azira
imyitwarire y’abategetsi ba Uganda.

Nk’uko rero Ambasaderi Adonia
Ayebare yabigenje, Abagande bari mu Rwanda bari bakwiye
guhaguruka, bakamagana ubugizi bwa nabi bukorerwa Abanyarwanda
bari muri Uganda, kuko abo Banyarwanda nabo bifuza kwishyira
bakizana nk’uko bimeze ku Bagande bari mu Rwanda.

2021-09-07
Editorial

IZINDI NKURU

Seyoboka agezwa mu Rwanda ( VIDEO )

Seyoboka agezwa mu Rwanda ( VIDEO )

Editorial 18 Nov 2016
Perezida Kagame yagaragaje ko ntawe ugomba kunyurwa n’iterambere ricagase

Perezida Kagame yagaragaje ko ntawe ugomba kunyurwa n’iterambere ricagase

Editorial 13 Oct 2016
Amasezerano ya Luanda azerekana isura nyayo ya Museveni, hashize imyaka 34 ashyize umukono ku masezerano yise “amasezerano y’urwenya”

Amasezerano ya Luanda azerekana isura nyayo ya Museveni, hashize imyaka 34 ashyize umukono ku masezerano yise “amasezerano y’urwenya”

Editorial 27 Aug 2019
Itangira ry’urubanza rwa Turinabo na bagenzi be babangamiye imikorere y’urukiko rw’Arusha

Itangira ry’urubanza rwa Turinabo na bagenzi be babangamiye imikorere y’urukiko rw’Arusha

Editorial 22 Oct 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwegukanye umwanya wa kabiri mu irushanwa rya Davis Cup muri Tennis, APR FC yatsinzwe na Sunrise, Muhadjiri yerekeje muri Saudi Arabia
Amakuru

U Rwanda rwegukanye umwanya wa kabiri mu irushanwa rya Davis Cup muri Tennis, APR FC yatsinzwe na Sunrise, Muhadjiri yerekeje muri Saudi Arabia

Editorial 10 Jul 2022
Uganda: Umupfumu wari umaze imyaka 7 asambanya umwana we akanamutera inda, yafashwe
HIRYA NO HINO

Uganda: Umupfumu wari umaze imyaka 7 asambanya umwana we akanamutera inda, yafashwe

Editorial 13 Mar 2018
Ibinyoma bitagira epfo na ruguru bya police y’u Burundi ku Rwanda bizagarukira he?
INKURU NYAMUKURU

Ibinyoma bitagira epfo na ruguru bya police y’u Burundi ku Rwanda bizagarukira he?

Editorial 16 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru