• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Urukiko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba rwahanishije Paul Rusesabagina igihano cy’imyaka 25 naho CallixteNsabimana”Sankara” ahanishwa gufungwa imyaka 20, Bombi bahamwe n’ibyaha byo kuba mu mutwe w’iterabwoba wa FLN

Urukiko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba rwahanishije Paul Rusesabagina igihano cy’imyaka 25 naho CallixteNsabimana”Sankara” ahanishwa gufungwa imyaka 20, Bombi bahamwe n’ibyaha byo kuba mu mutwe w’iterabwoba wa FLN

Editorial 20 Sep 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Ibi bihano byatanzwe kuri uyu wa mbere mu isomwa ry’urubanza Paul Rusabagina aregwamo n’abandi bantu 20, bakaba bakurikiranyweho kuba mu mutwe w’iterabwoba wa FLN, cyane cyane hashingiwe ku bitero uwo mutwe wagabye mu Rwanda mu mwaka wa 2018 na 2019.

By’umwihariko Paul Rusesabagina yahamwe no kuba mu mutwe w’iterabwoba, gukora no kugira uruhare mu bikorwa by’iterabwoba, ibyaha ubundi bihanishwa igifungo cya burundu, iyo byamuhamye byahitanye ubuzima bw’abantu.

Abacamanza basobanuye ko kuba Paul Rusesabagina hari ibyaha yemeye ndetse akabisabira imbabazi ubwo yabazwaga mu bugenzacyaha no mu bushinjacyaha, kandi akaba ari ubwa mbere
akurikiranywe mu rukiko, byatumye agabanyirizwa igihano, maze ahanishwa gufungwa imyaka 25. Banavuze ko iki gihano cyashoboraga no kugabanywa kurushaho, ariko kuba Rusesabagina yarikuye mu rubanza, urukiko ntirumenye niba hari ibindi byaha yari gusabira imbabazi, byatumye ahabwa icyo gihano cy’igifungo cy’imyaka 25.

Ku birebana na Nsabimana Callixte”Sankara”, uretse kuba mu mutwe w’iterabwoba, gukora no kugira uruhare mu bikorwa by’iterabwoba, we yanahamwe n’icyaha cyo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, hashingiwe ku magambo yumvikanyemo avuga ko itateguwe, ndetse ko Leta iyikoresha nk’igikangisho. Yanahamwe kandi no
gukoresha ibyangombwa by’ibihimbano, dore ko yafatanywe akaniyemerera gukoresha impapuro z’inzira zo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo na Lesotho.

Abacamanza basobanuye ko ubundi ibi byaha byagombye guhanishwa gufungwa burundu, ariko kubera inyoroshyacyaha, “Sankara” akaba yagabanyirijwe igihano, akazafungwa imyaka 20 gusa. Mu nyoroshyacyaha zavuzwe harimo kuba yaremeye ibyaha no kuba ari ubwa mbere ukurikiranywe mu rukiko. Paul Rusesabagina afunze kuva mu mpera za Kanama 2020, bivuze ko mu gihano yahawe hagomba kuvamo umwaka amaze muri gereza, Azarangiza igifungo cye mu mwaka wa 2045, akazaba afite imyaka 92
y’amavuko.

Nsabimana Callixte”Sankara we afunze kuva muri Mata 2019, bivuze ko azarangiza igihano mu w’2039. Abasesenguzi basanga ibihano byahawe aba bagabo bombi byoroheje cyane ukurikije uburemere bw’ibyaha bibahama, nk’uko abacamanza babisobanuye ariko, ngo akamaro k’igihano ntigakwiye kureberwa mu buremere bwacyo cyangwa ubw’icyaha ubwacyo, ko ahubwo igihano
mbere na mbere ngo kigamije gufasha umunyacyaha kwihana no kutazongera gukora icyaha nasubira mu buzima busanzwe. Paul Rusesabagina yari Perezida w’ishyaka ritemewe rya PDR –Ihumure, ryaje kujya mu mpuzamashyaka ya MRCD , ari nayo yari ufite umutwe w’inyeshyamba wa FLN. Yumvikanye kenshi yiyemerera ko bafite “abasore n’inkumi” bagamije guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

Nsabimana Callixte”Sankara” wiyitaga “Majoro” kandi nta somo na rimwe rya gisirikari yigeze ahabwa, yigambye kenshi ibitero bya FLN byahitanye abaturage b’inzirakarengane, bikangiza ibyabo ibindi bikabisahura. Yigeze kuba mu wundi mutwe w’abagizi ba nabi wa RNC, aho ashwaniye na Kayumba Nyamwasa ajya gushinga ikiryabarezi cya RRM, nacyo cyaje kujya muri MRCD, akanagirwa umuvugizi wa FLN. Aho afatiwe yasimbuwe na Herman Nsengimana nawe uregwa muri uru rubanza.

2021-09-20
Editorial

IZINDI NKURU

Imikino y’icyiciro cya kabiri irakomeza hakinwa umunsi wa kabiri mu guhatanira kuzamuka mu kiciro cya mbere 2021-2022

Editorial 21 Sep 2021
Perezida Kagame yazirikanye Ubutwari bw’uwari Perezida wa Namibia witabye Imana

Perezida Kagame yazirikanye Ubutwari bw’uwari Perezida wa Namibia witabye Imana

Editorial 05 Feb 2024
Sibomana Patrick ukinira Police FC yareze muri FIFA ikipe ya Young SC yo muri Tanzaniya kubera kutishyurwa ibihumbi 4 by’amadorali y’Amerika bamurimo

Sibomana Patrick ukinira Police FC yareze muri FIFA ikipe ya Young SC yo muri Tanzaniya kubera kutishyurwa ibihumbi 4 by’amadorali y’Amerika bamurimo

Editorial 29 Mar 2021
I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

Editorial 02 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impinduka ku mikino ya Shampiyona y’u Rwanda y’umunsi wa 26, Kiyovu SC na APR FC zashyizwe ku munsi umwe
Amakuru

Impinduka ku mikino ya Shampiyona y’u Rwanda y’umunsi wa 26, Kiyovu SC na APR FC zashyizwe ku munsi umwe

Editorial 14 Apr 2023
Nikobisanzwe yagizwe ambasaderi wa mbere w’u Rwanda muri Mozambique
POLITIKI

Nikobisanzwe yagizwe ambasaderi wa mbere w’u Rwanda muri Mozambique

Editorial 15 Sep 2018
Kongere ya Amerika yatesheje agaciro ibirego Himbara na Major Higiro barega u Rwanda
Mu Mahanga

Kongere ya Amerika yatesheje agaciro ibirego Himbara na Major Higiro barega u Rwanda

Editorial 04 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru