• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Kongo, yemera ko intambara iyogoza igihugu cye ifite inkomoko ku kuba cyaracumbikiye abajenosideri imyaka 28 yose!

Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Kongo, yemera ko intambara iyogoza igihugu cye ifite inkomoko ku kuba cyaracumbikiye abajenosideri imyaka 28 yose!

Ubwanditsi 31 May 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nubwo abakongomani bashyushye umutwe bakagereka ibibazo byabo ku Rwanda, hari abazi neza intandaro y’akaga Kongo ihoramo. Umwe muri abo ni Christophe Lutundula, Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Kongo, unafite ububanyi n’amahanga mu nshingano.

Christophe Lutundula, Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Kongo, unafite ububanyi n’amahanga mu nshingano

Ubwo mu mpera z’icyumweru gishize yari mu nama y’Afrika Yunze Ubumwe yabereye i Malabo muri Guinée Equatoriale, Christophe Lutundula yareruye yemera ko kuba igihugu cye cyarakiriye abagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi, ndetse na nyuma y’imyaka 28 bakaba bagicumbikiwe, ari imwe mu mpamvu zikomeye zituma Kongo ihora mu midugararo.

Minisiri w’Intebe Wungirije wa Kongo yavuze ko kuva abo bajenosideri bagera muri Kongo bitwara nk’ibyihebe, bakica abaturage b’Abanyekongo, bakabasahura, bagasambanya abagore ku ngufu.

Uyu mutegetsi mukuru yirinze kuvuga FDLR, nyamara isi yose irabizi ko ari umutwe ugizwe n’abajenosideri, ukaba ariwo umaze iyo myaka yose yica igakiza mu burasirazuba bwa Kongo.

Nubwo Bwana Lutundula avuga ibi ariko, hari ibyegeranyo byinshi cyane birimo n’ibyakozwe na Loni ndetse n’imiryango mpuzamahanga, bikagaragaza ko FDLR ikorana bya hafi n’abategetsi ba Kongo , baba abasivili baba n’abasirikari.

Amakuru afitiwe gihamya aravuga ko mu ntambara igisirikari cya Kongo ubu cyifatanyije na FDLR mu kurwanya umutwe wa M23, ndetse na Perezida Felix Tshisekedi ubwo yahuraga n’abayobozi mu gisirikari mu mpera z’icyumweru gishize, yongeye kuvuga ko afite amakuru ko hari abarwanyi b’ imitwe y’inyeshyamba binjijwe muri FARDC, kubera inyungu bamwe mu bategetsi ba Kongo bafite muri iyo mikoranire, harimo no gusahura abaturage.

Kuba FDLR kandi imaze imyaka muri Kongo, byatumye Abanyekongo bagira ingengabitekerezo ya Jenoside. Magingo aya baratyaza imihoro ngo bice uwo bita icyitso cya M23, ni ukuvuga Umututsi n’ abandi bavuga Ikinyarwanda.

Undi usaba Abanyekongo gushyira mu gaciro bagashakira umuti urambye ibibazo byabo, ni Karidinali Firdolin Ambongo akaba Arisheveki wa Kinshasa.

Ubwo yasuraga abakristu b’ahitwa Kikwit, yagize ati:’’ Kongo nicyo gihugu cyaboze kurusha ibindi ku isi. Nta kintu na kimwe kiri mu buryo, kandi kubera imiyoborere mibi n’ imyumvire ipfuye’’. Karidinali Ambongo yasabye Abanyekongo kureka guhora baririmba ngo igihugu cyabo ni ‘’paradizo’’ kubera umutungo kamere, kandi bitababuza kuba abenshi muri bo ari abatindi nyakujya. yagize ati:’’Niba paradizo batubwira muri Bibiliya isa na Kongo, sinzayijyemo’’.

Abanyekongo b’ibihubutsi ubu baratyaza imipanga yo kwica bagenzi babo basangiye Igihugu. Baririrwa basakuza ngo bazatera u Rwanda barwomeke kuri Kongo, biyibagije ko ubugwari bwabo buzwi ku rwego mpuzamahanga.

U Rwanda rufite ubushobozi n’ubushake bwo kwirengera igihe cyose byaba ngombwa, kandi ubwo bushotoranyi nibukomeza abacanye uwo muriro bazawota.

 

2022-05-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Byahuriranye? Rayon Sports yatandukanye n’umutoza Afahmia Lofti, Paul Muvunyi atumiza inama y’intekorusange

Byahuriranye? Rayon Sports yatandukanye n’umutoza Afahmia Lofti, Paul Muvunyi atumiza inama y’intekorusange

Ubwanditsi 15 Nov 2025
U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

Ubwanditsi 16 Sep 2019
Police FC itsinze Rayon Sports 4-2, Marines irwana no kuva mu myanya mibi yihererana Musanze FC – Uko imikino y’umunsi wa 25 yagenze

Police FC itsinze Rayon Sports 4-2, Marines irwana no kuva mu myanya mibi yihererana Musanze FC – Uko imikino y’umunsi wa 25 yagenze

Ubwanditsi 01 Apr 2023
Ikipe ya Chelsea yasezereye Manchester City igera ku mukino wa nyuma wa FA Cup aho izahura na Leicester City yo yasezereye ikipe ya Southampton.

Ikipe ya Chelsea yasezereye Manchester City igera ku mukino wa nyuma wa FA Cup aho izahura na Leicester City yo yasezereye ikipe ya Southampton.

Ubwanditsi 19 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INTWAZANGABO Z’U BURUNDI ZISHIRIYE MURI CONGO, NAHO PEREZIDA NDAYISHIMIYE ATI NICYO BAREMEWE.
INKURU NYAMUKURU

INTWAZANGABO Z’U BURUNDI ZISHIRIYE MURI CONGO, NAHO PEREZIDA NDAYISHIMIYE ATI NICYO BAREMEWE.

Ubwanditsi 01 Mar 2024
Botswana yasabye amahanga kotsa Perezida Kabila igitutu akarekura ubutegetsi nta mananiza
POLITIKI

Botswana yasabye amahanga kotsa Perezida Kabila igitutu akarekura ubutegetsi nta mananiza

Ubwanditsi 01 Mar 2018
Areruya ni we Munyarwanda washoboye gusoza Tour de Vendée
IMIKINO

Areruya ni we Munyarwanda washoboye gusoza Tour de Vendée

Ubwanditsi 07 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru